Digiqole ad

Kamonyi: Gutunganya  igishanga cya Mukunguli bigeze kuri 35%. Ngo hasigaye amezi 7

 Kamonyi: Gutunganya  igishanga cya Mukunguli bigeze kuri 35%. Ngo hasigaye amezi 7

Imirimo yo gukora izi ngomero ngo iragenda neza

Binyuze mu mushinga wo guteza imbere imishinga y’ubuhinzi bwo mucyaro uzwi nka RSSP (Rural Sector Support Project), Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) irimo kubaka ingomero zo gukwirakwiza amazi mu gishanga cya Mukunguli giherereye mu karere ka Kamonyi. Abakurikirana iyi mirimo bavuga ko igeze kuri 35%.

Imirimo yo gukora izi ngomero ngo iragenda neza
Imirimo yo gukora izi ngomero ngo iragenda neza

Izi ngomero ziri kubakwa muri iki gishanga gihingwamo umuceri, zitezweho gukwirakwiza amazi ku butaka bungana na Hegitari 400 bugomba guhingwaho umuceri.

Abahinzi bo muri iki gishanga bakunze gutakambira Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi kugira ngo ibatunganyirize iki gishanga kuko bahingaga hegitare 250 gusa mu gihe bagahinze ku butaka bunini ariko bakazitirwa no kuba nta mazi menshi ari muri iki gishanga.

Aba bahinzi bavuga ko nta buryo bari bafite bwo gukwirakwiza amazi menshi y’umugezi wa Mukunguli mu mirima y’umuceri ari na byo byakunze gutuma ubutaka bunini bw’iki gishanga butabyazwa umusaruro.

Nyandwi Diogène avuga ko bageragezaga kwirwanaho bagomera amazi mu buryo bwa gakondo bifashishije imifuka ariko ko bitarambaga kandi babitayeho umwanya munini dore ko babikoraga mu minsi 50.

Umukozi ushinzwe gukurikirana imirimo yo gukora uru rugemero ruri kubakwa mu gishanga cya Mukunguli, Hodari Jean Pierre avuga ko kubaka  uru rugomero bizatwara amezi arindwi kandi ko mu mezi ane bamaze batangiye imirimo yo kubaka igeze kuri 35%.

Ati « Gutangira ni byo byabanje kugorana aho bigeze turumva ko imirimo igiye kwihuta kandi turakorera ku masezerano.»

Umuyobozi mukuru w’uruganda rw’umuceri ‘Mukunguli Rice and Investment Company Ltd’ Uzziel Niyongira avuga ko ubusanzwe iyo uyu mugezi wuzuye nta bushobozi bagiraga bwo kugabanya amazi cyangwa ngo babe bayongera mu gihe cy’izuba.

Niyongira avuga ko ubu buryo bwa kijyambere bugiye gufasha abahinzi kongera umusaruro ndetse ngo bikaba bikuyeho imvune bakoreshaga mu kuyobora amazi.

Ati « Uretse korohereza abahinzi, bigiye no kugabanya ikiguzi batangaga, rwose turashimira Leta y’uRwanda.»

Miliyari imwe irenga ni yo mafaranga MINAGRI  yashoye mu gutunganya ingomero 4 z’amazi n’imihanda mito  igana kuri ibi bikorwaremezo, muri yo agera kuri miliyoni 400 zikaba ari zo zatangiye gukoreshwa mu cyiciro cya mbere cyo kubaka urugomero.

Imirimo yo kubaka izi ngomero ngo igeze kuri 35%. Harabura amezi arindwi igatangira kubyazwa umusaruro
Imirimo yo kubaka izi ngomero ngo igeze kuri 35%. Harabura amezi arindwi igatangira kubyazwa umusaruro
Uyu mugezi usanzwe ubamo amazi ariko ngo ntiyayoborwaga neza
Uyu mugezi usanzwe ubamo amazi ariko ngo ntiyayoborwaga neza
Ngo bahingaga ubutaka buto kubera ikibazo cy'amazi
Ngo bahingaga ubutaka buto kubera ikibazo cy’amazi
Niyongira Uzziel Umuyobozi w'uruganda rw'umuceri MRIC ltd ngo izi ngomero zizagira byinshi zihindura
Niyongira Uzziel Umuyobozi w’uruganda rw’umuceri MRIC ltd ngo izi ngomero zizagira byinshi zihindura

MUHIZI ELISEE
UM– USEKE.RW/Kamonyi

en_USEnglish