Tags : REB

Rutsiro: Abanyeshuri ‘bateranye inda’ batowe mu Kivu bapfuye

*Aba bana bigaga kuri Groupe Scolaire de Ruyenzi muri Kamonyi, *Ngo babuze ku wa mbere nimugoroba bimenyeshwa ababyeyi babo, *Umurambo w’umukobwa watoraguwe ejo mu gitondo, uw’umuhungu watoraguwe kuri uyu wa gatanu, *Birakekwa ko abo banyeshuri bakundanaga ndetse umukobwa yari atwite inda y’umuhungu, *Aho babarohamiye, abasare bahasanze ibisigazwa by’imigati na jus. Umurambo umwe watowe ku isaha […]Irambuye

Karongi: Abarimu bamaze imyaka 3 bishyuza ishuri bigishagaho

Abarimu bigisha mu Ishuri ryisumbuye rizwi ku izina rya IPESAL riherereye mu murenge wa Rubengera bavuga ko nyuma y’aho icyo kigo gihinduriye ishami rya HEG (History, Economy, Geography) hagashyirwa ibijyanye n’Ubwubatsi (Construction), abahigishaga muri iryo shami bambuwe amafaranga bari barahakoreye nyuma y’imyaka itatu bishyuza n’uyu munsi ntibarayabona. Ishuri ryaje gufata umwanzuro wo guhindura ishami rya […]Irambuye

Muhanga: Uwari Mayor Mutakwasuku yasibishije amanota y’ibizamini ngo batabona akazi

*Ababyeyi ari nabo ba nyiri ikigo basabye ko Akarere ka Muhanga gashyira ku buyobozi BISANGABAGABO Youssouf; *Uwari Mayor MUTAKWASUKU Yvonne ababwira ko afite umuntu we azahashyira; *Ababyeyi barabyanze, maze abakoze ibizamini kuri uwo mwanya bose baratsindishwa; *Urwego rw’Umuvunyi rwinjiye muri iki kibazo kugira ngo Leta itajya mu manza, ariko n’ubu ntikirakemuka. BISANGABAGABO Youssouf, Umuyobozi w’agateganyo […]Irambuye

Uburezi: Integanyanyigisho nshya ije gukemura ikibazo cy’ubushobozi ku isoko ry’umurimo

*Umwaka w’amashuri 2016 utangira kuri uyu wa kabiri tariki 02 Gashyantare; *Mu mashuri abanza, ay’incuke n’ayisumbuye baratangirana n’integanyanyigisho nshya ivuguruye ishingiye ku bumenyi n’ubushobozi; *Iyi nteganyanyigisho nshya ngo ije kuba umuti w’ikibazo cy’ubushobozi buke bw’abarangiza amashuri iyo bageze ku isoko ry’umurimo. Minisiteri y’uburezi ikavuga ko kugira ngo intego z’iyi nteganyanyigisho nshya zigerweho, bisaba ko abarimu […]Irambuye

Hagiye kujyaho Sitati yihariye y’abarimu izatuma imishahara yabo izamurwa

*Guverinoma yiteguye gushyigikira amaduka yihariye azagurisha abarimu ku giciro gito; *Ababyeyi n’umuryango nyarwanda nabo bakwiye kujya bashimira abarimu; *Umwaka w’amashuri wa 2016 uratangirana ingamba zigamije kurandura ibibazo by’abarimu. Minisiteri y’uburezi iratangaza ko uyu mwaka wa 2016 udasanzwe ku barezi, kuko Leta igiye gutangira gushyira mu bikorwa ingamba nshya zigamije gukemura ibibazo by’imishahara n’imibereho y’abarimu, hakazashyirwaho […]Irambuye

Ubushakashatsi bwagaragaje ko Komite z’ababyeyi ahenshi mu bigo by’amashuri ari

Ubushakashatsi bwakozwe n’umuryango urwanya ubujiji mu rubyiruko “Fight Illiteracy Youth Organization (FIYO)” ku bufatanye n’umuryango witwa “Norwegian People’s Aid” ku ruhare rwa za Komite z’ababyeyi mu miyoborere y’ibigo abana babo bigamo bwagaragaje ko izo Komite nta ruhare runini zigira mu micungire n’imiyoborere y’ibigo cyane cyane mu bigo byigenga. Ubu bushakashatsi bwakorewe mu Turere 5 two […]Irambuye

‘Bourse’ y’amezi 2 abanyeshuri barayibona vuba aha izatangwa mu buryo

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa kane tariki 15 Ukwakira 2015, ubwo Minisitiri y’Uburezi na Banki y’u Rwanda itsura Amajyambere (BRD) basinyanaga amasezerano agamije guhindura uburyo inguzanyo yatangwaga ku banyeshuri ba kaminuza, Minisitiri w’Uburezi Dr Papias Musafiri yavuze ko ‘Bourse’ y’amezi abiri yamaze gutegurwa, ikazatangwa vuba aha mu buryo bwari busanzwe. Aya masezerano aje mu […]Irambuye

MINEDUC yasohoye ingengabihe y’ibizamini bya Leta

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) binyuze mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi (REB) yasohoye gahunda n’ingengabihe bizakurikizwa mu bizamini bya Leta by’umwaka wa 2015, kuva mu mashuri abanza, kugera mu byiciro byombi by’amashuri yisumbuye yose, arimo n’ay’imyuga. Mu mashuri abanza, ibizamini bizatangira kuwa kabiri tariki 03 Ugushyingo, bisozwe tariki 05 Ugushyingo. Abanyeshuri bakazatangirira ku kizamini cy’imibare. […]Irambuye

Nyuma y’ibyabaye St André, Umutekano mu mashuri ugiye gukazwa-REB

Nyuma y’uko umwana w’umukobwa w’imyaka 17 yinjiranye umuhoro mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya St André giherereye i Nyamirambo agatema umwarimu we, ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi mu Rwanda ‘REB’ buratangaza ko hagiye gukazwa ingamba z’umutekano kugira ngo hatagira umunyeshuri cyangwa umurezi wakora amahano nk’ayabaye. Kuwa kabiri, Umunyeshuri w’umukobwa wigaga mu mwaka wa kane […]Irambuye

Muri CST (ex KIST) icyongereza kigiye gusibiza abanyeshuri 127 

Muri Kaminuza y’u Rwanda, Koleji y’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga (CST) bamwe mu banyeshuri barangije umwaka wa gatatu, baravuga ko amashuri bize agiye kubapfira ubusa kuko babona ngo batazarangiza ayo bari basigaje kubera isomo ry’Icyongereza rigiye gutuma basibira kandi ngo bakaba nta bushobozi bwo kuziyishyurira undi mwaka. Abanyeshuri basaga 127 bo mu mashami atandukanye y’Ikoranabuhanga nko mu Bwubatsi […]Irambuye

en_USEnglish