Tags : RCA

Abamotari ntibabona kimwe inyungu zo gutanga umusanzu wa Koperative rimwe

*Hari ababona ko amafaranga azarushaho gucungwa neza. *Ku batizera abayobozi ba Koperative ngo bizaborohereza kujya barya atubutse. *Amafaranga umumotari asabwa gutanga ku mwaka asaga 264 600. Nyuma y’amabwiriza mashya agenga itangwa ry’umusanzu wakwaga abamotari, aya akaba aheruka gushyirwaho n’Ikigo cy’Igihugu gishizwe iterambere ry’Amakoperative, abamotari ngo banyuzwe no kutazongera gusabwa umusanzu wa Koperative wa buri munsi. […]Irambuye

RCA yasabye ko umusanzu w’Abamotari utangwa rimwe mu kwezi aho

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative (RCA) kiratangaza ko cyashyizeho amabwiriza mashya yo guhangana n’ibibazo bivugwa mu makoperative y’abakora umwuga wo gutwara abantu kuri moto. Muri aya mabwiriza harimo ko umusanzu w’abanyamuryango uzajya utangwa rimwe mu kwezi aho kuba buri munsi ndetse ukanyuzwa kuri konti aho guhabwa umuntu mu ntoki. Amakoperative y’abakora umwuga wo gutwara […]Irambuye

Minisitiri w’Uburezi yasabye igenzura ry’ibyo ‘Umwalimu SACCO’ yagezweho mu myaka

Umuyobozi mushya wa Koperative y’Abarimu, Umwalimu SACCO yaraye ashyikirijwe ububasha n’uwari umuyobozi w’agateganyo, Minisitiri w’Uburezi, Dr Papias Malimba wayoboye uwo muhango, yasabye impinduka mu mitangirwe ya serivisi, gukora igenzura ry’ibyagezweho mu myaka umunani ishize, no kumenya ko Leta hari igihe izahagarika inkunga yayo kuri iki kigo. Umuyobozi mushya w’Umwalimu SACCO, ni Laurence Uwambaje, yahererekanyije ububasha […]Irambuye

Amafaranga y’Umurenge SACCO ntakwiye gucungwa nk’umurima w’ibirayi – RCA

Kuri uyu wa kane abayobozi ba Koperative zo kubitsa no kuguriza Imirenge SACCO mu Rwanda hose, bahuye n’ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Amakoperative (RCA) baganira ku mutekano w’amafaranga abikwa muri za SACCO. Umuyobozi wa RCA, Appolo Munanura yabwiye abayobozi ba SACCOs ko umutekano wazo ari ngombwa kuko ari ahantu habikwa amafaranga y’Abanyarwanda kandi menshi […]Irambuye

Gitwe: Abambuwe n’ikigo CAF Isonga, itariki yo kwishyurwa bahawe yararenze

Amezi amaze kuba atandatu abanyamuryango b’ikigo cy’imari CAF Isonga (Caisse des affaires Financieres Isonga) bambuwe amafaranga yabo, bitewe n’uko ikigo cyafunze imiryango, mu minsi ishize bakaba barijejwe ko bazishyurwa bitarenze tariki 5 Nzeri 2016 n’ubu baracyategereje, CAF Isongo aho ikorera haracyafunze. CAF Isonga ni ikigo cyo kubitsa no kuguriza cyemewe n’amategeko agenga ibigo by’imari mu […]Irambuye

Kudakoresha ikoronabuhanga mu gucunga iby’amakoperative bituma ahomba

*Mu makoperative 41, hanyerejwe asaga miliyoni 120 Mu gihe u Rwanda rwitegura kwifatanya n’abatuye isi kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’amakoperative uzaba kuri uyu wa Gatanu, amakoperative yo mu Rwanda aranengwa kudakoresha ikoranabuhanga mu gucunga umutungo wayo bigatuma agwa mu gihombo cyugarije amwe muri yo. Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Froncois Kanimba avuga ko amakoperative abereyeho kunganira Leta mu […]Irambuye

Gitwe: Abaturage babitsaga muri CAF Isonga bararira ayo kwarika

*Umuturage yatsinze CAF Isonga ikigo gitegekwa kumwishyura miliyoni 25, *Abaturage baravuga ko batazasangira igihombo n’ikigo bari bizeye. Muri iki gitondo i Gitwe abaturage benshi bazindukiye ku ishami ry’ikigo cy’imari iciriritse cya CAF Isonga, aho basanze ku rugo rwacyo hariho ingufuri bitewe n’ikibazo CAF imazemo iminsi, abaturage bari gutabaza inzego zose za Leta ngo zibatabare. Hashize […]Irambuye

Karongi: Abayobozi babiri ku bitaro bya Kibuye barafunze

Kuwa kabiri w’iki cyumweru tariki 13 Ukwakira, Inzego zishinzwe umutekano mu Karere ka Karongi zataye muri yombi abakozi babiri ba Koperative yo kubitsa no kugurizanya Umurenge SACCO ya Rubengera bakiraga bakanatanga amafaranga (cashier); Aba batawe muri yombi biyongera ku bakozi bakuru babiri b’Ibitaro bikuru bya Kibuye bakekwaho imikoreshereze mibi y’Amafaranga ya Leta, n’umuyobozi w’Akagari ka […]Irambuye

Bugesera: Umuturage arashinja ubuyobozi kutita ku bibera mu gishanga cya

Umwe mu baturage bafite imishinga mu gishanga cya Rurambi uvuga ko imicungire y’icyo gishanga kinini (ha 1000 zitunganyijwe) ituma kidatanga umusaruro cyakagombye gutanga bitewe n’uko abashoramari bashoboye ngo bananizwa n’ushinzwe gukurikirana abahinzi ari na we utanga ubutaka, gusa we ahakana aya makuru. Uyu muturage witwa Mugabo Francois ni umwe mu banyamuryango ba Koperative CORIMARU ishinzwe […]Irambuye

Abamugariye ku rugerero bazahabwa miliyoni 400 ku munsi w’amakoperative

Ayo mafaranga azatangwa n’Urugaga rw’amakoperative mu Rwanda (National Cooperatives Confederation of Rwanda), akazahabwa amakoperative atandukanye yashinzwe n’abari ingabo bamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu, ibi ngo bizaba ari ukwesa umuhigo bahize mu mwaka ushize imbere ya Perezida Paul Kagame. Mu kiganiro n’abanyamakuru cyari kiyobowe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, yavuze ko umunsi mpuzamahanga wahariwe […]Irambuye

en_USEnglish