Tags : RALC

Abahanzi bakizamuka bagiriwe inama yo kwishyira hamwe, no gukorana n’itangazamakuru

Abahanzi bakizamuka bahuguwe mu byo kwita ku mwihariko n’umuco mu bihangano bakora, guhsyira hamwe bagafashanya kwiteza imbere no gukorana n’itangazamakuru mu kumenyekanisha ibihangano byabo. Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco, RALC kuri uyu wa gatanu ifatanyije na Akeza Rwandan Heritage Foundation n’Inama Nkuru y’Abahanzi (Rwanda Arts Council) ndetse n’Inama Nkuru y’Itangazamakuru (Rwanda Media High Council) ni bo […]Irambuye

Inkwano ikwiye kuba inka imwe y’Inyarwanda mu gihugu hose-Ubushakashatsi/RALC

*Guheeza umuryango, inkwano ihanitse, ‘guhana pase’,…Byugarije ubukwe bwa none, *Rutangarwamaboko avuga ko abantu babaye ba ‘mitimanda’, *Ubwunganizi/ubupfubuzi na byo biri mu bibangamiye ubukwe muri iyi minsi,… Kubana bahutiyeho, abaranga b’iki gihe bakora icyo bise ‘guhana pase’, guheeza umuryango, gushyira imbere amafaranga, kuryamana mbere yo gushyingirana, abasore bijanditse mu mirimo y’ubwunganizi/ubupfubuzi, ba shugadadi na ba shugamami, […]Irambuye

MissRwanda 2017: Ikamba ryambitswe Iradukunda Elsa!!!!

Urugendo rwatangiye ari abakobwa 25 baturutse mu ntara enye n’umujyi wa Kigali nyuma baza gutoranywamo 15 bajyanwa mu mwiherero mu karere ka Bugesera, bari babizi neza ko uzambikwa ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2017 ari umwe. Iradukunda Elsa ni we ugize aya mahirwe yo kuzatwara urumuri rw’Abanyarwandakazi mu mwaka wa 2017. Abakobwa 15 babanje […]Irambuye

MissRwanda 2017: Abakobwa 15 bazahatanira ikamba baraye bamenyekanye…11 barasigaye

Muri Sitade nto ya Kigali i Remera, Igikorwa cyo gutoranya abakobwa bazajyanwa mu mwiherero bagatozwa umuco, indangagaciro na kirazira nyarwanda nyuma bakaza bahatanira ikamba ry’umukobwa uhiga abandi mu bwiza, mu mico, mu myifatire no mu bumenyi mu mwaka wa 2017 (Miss Rwanda 2017) kirangiye hamenyekanye abakobwa 15 bari bakenewe. Pamela Umutoni, Iradukunda Elsa, Umuhoza Simbi Fanique, Umutoniwase Belinda, Umutesi […]Irambuye

Dusobanukirwe n’amuga n’uburyo acurwamo

Amuga ni amagambo akoreshwa mu buhanga, mu bumenyi cyangwa mu mwuga runaka. Tuvuge nk’amagambo y’ubumenyi akoreshwa mu buhinzi ni amuga y’ubuhinzi, akoreshwa mu bucamanza ni amuga y’ubucamanza, akoreshwa mu buvumvu ni amuga y’ubuvumvu. Byumvikane rero ko hari amagambo asanzwe dukoresha n’amagambo kabuhariwe agenewe umwuga, akaba ari yo muga.   Ese amuga ahangwa ate ? Umukozi […]Irambuye

Isoko ryo gutora MissRwanda ryahagaritswe

Igikorwa cyo gutoranya MissRwanda ni kimwe bimaze kugira izina rikomeye mu Rwanda. Mu ntangiriro z’umwaka abakobwa bariyandikisha ngo bahatanire kamba. Ubu isoko risigaye rihabwa abikorera bategura iki gikorwa ryabaye rihagaritswe by’agateganyo. Hamaze iminsi hari ipiganwa ry’abikorera bahataniraga gutegura amatora ya Miss Rwanda 2017. Babiri bari basigaye bahatana ni; General Logistics Service na Rwanda Inspiration Back. […]Irambuye

Umuco wo guhana amata ntukwiye gucika mu Banyarwanda – UMUGANURA

Mu Rwanda hose hizihijwe umunsi mukuru ngaruka mwaka w’Umuganura, umwe mu bawizihirije i Nyanza asanga nubwo hari imibare myinshi yaje mu muco nyarwanda, guhana amata ngo ntibikwiye gucika. Mu butumwa bwa Perezida Paul Kagame, Minisitiri w’Umuco na Siporo yavuze ko umuganura ari ikimenyetso cyo kunga ubumwe mu Banyarwanda. Imbaga y’abatuye akarere ka Nyanza n’abandi Banyarwanda […]Irambuye

I Kayonza nubwo havugwaga inzara ntibyabujije Umuganura na FESPAD kuhabera

Ku munsi wa gatatu iserukiramuco nyafurika mu mbyino z’umuco wa Kinyafurika yabereye mu karere ka Kayonza, binajyanirana n’umuganura, aho Minisitiri w’Umuco Nasiporo, Uwacu Julienne yavuze ko kuba bamwe baravugaga ko umuganura utazashoboka i Kayonza ariko ukaba wabaye ari ikimenyetso koIntara y’Uburasirazuba ifite ubuzima. Akarere ka Kayonza ni kamwe mu turere twugarijwe n’amapfa mu minsi ishize […]Irambuye

i Musanze, FESPAD mu mbyino zo muri DRCongo, Senagal, Angola

Musanze – Mu Ntara y’Amajyaruguru kuri uyu wa kabiri tariki 2 Kanama 2016, iserukiramuco nyafurika ryabereye i Musanze ikinimba cyakuranwa n’imbyino zo muri Congo Kinshasa, Senegal, Angola. Abari bahari ntibishwe n’irungu. Itsinda ry’ababyinnyi gakondo bo muri Senagl, Ballet Africains Fambondy ryabanje gutemberezwa mu gace k’ubukerarugendo bushingiye ku muco, aho umwami w’u Rwanda yimikirwaga, agahabwa imitsindo […]Irambuye

Urugendo rutangiza Umuganura na FESPAD rwari urukererezabagenzi. AMAFOTO

Kuva i Nyamirambo ukamanuka ukagera i Nyarugenge hagati ukamanuka Umuhima wose na Nyabugogo ukerekeza Remera kuri Stade abantu bagiye bihera ijisho ibirori by’itorero ry’u Rwanda, igororangingo ry’abasore bo mu Gatenga n’imbyino n’ingoma z’abanyeSenagal. Byari mu rugendo rwo gutangiza icyumweru cya FESPAD n’Umuganura. Insanganyamatsiko iravuga ngo “TURWUBAKIRE KU MUCO TWITEZE IMBERE”, ni ibikorwa byateguwe ku bufatanye […]Irambuye

en_USEnglish