Digiqole ad

Umuco wo guhana amata ntukwiye gucika mu Banyarwanda – UMUGANURA

 Umuco wo guhana amata ntukwiye gucika mu Banyarwanda – UMUGANURA

Mu Rwanda hose hizihijwe umunsi mukuru ngaruka mwaka w’Umuganura, umwe mu bawizihirije i Nyanza asanga nubwo hari imibare myinshi yaje mu muco nyarwanda, guhana amata ngo ntibikwiye gucika. Mu butumwa bwa Perezida Paul Kagame, Minisitiri w’Umuco na Siporo yavuze ko umuganura ari ikimenyetso cyo kunga ubumwe mu Banyarwanda.

Mu kinyarwanda iyo bahumuje inka buri wese uraho akora ku cyansi
Mu kinyarwanda iyo bahumuje inka buri wese uraho akora ku cyansi

Imbaga y’abatuye akarere ka Nyanza n’abandi Banyarwanda baturutse mu mihanda itandukanye y’igihugu, bahuriye kuri Stade ya Nyanza bizihiza umuganura ku rwego rw’igihugu bari kumwe n’abayobozi bakuru barimo Minisitiri w’Ubucuruzi Francois Kanimba, uw’Ibikorwa Remezo Musoni James na Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne wari Umushyitsi Mukuru.

Mu byino za Kinyarwanda za gakondo n’izigezweho na zimwe mu zisingiza ibyagezweho na Leta, zasimburanaga n’ababyinnyi b’Urukerereza n’Intore n’ibindi birori birimo kumurika Inka z’Inyambo n’Umuvugo wa Ntivuguruzwa Emmanuel.

Musayidire Eugenie uri mu kigero cy’imyaka 60 irengaho, avuga ko muri iyi minsi haje amasoko ku buryo umuco wo gusangira wahindutse bigoye kubona umuntu waha undi igiseke cyuzuye imyaka.

Gusa ngo ibi ntiwavuga ngo ibyiza ni ibi cyangwa biriya kuko ngo ibintu bidahindutse abantu bahora aho bahoze.

Ahereye ku mbaga yari aho, yavuze ko umuco udasigasiwe ngo ukemeze kwizihizwa abatoya abana n’abuzukuru ngo ntibazamenya uko abakuru babayeho.

Ati “Hariho guhinduka kenshi cyangwa gake ariko umuntu ntiyagereranya ngo ibi ni byiza cyangwa ni bibi, ahubwo ni ukureba ko byinshi bihinduka, mbere ntitwambara gutya twari dufite imishanana yindi, guhindukaho ni ngombwa ariko mu buryo bwiza atari uguhinduka mu mico inyuranye n’uburere twahawe.”

Musahidire avuga ko mu gihe yabayeho hari ibyahindutse ariko ngo ibijyanye no guha abana abata ni ikintu gikomeye kidakwiye guhinduka mu muco w’Abanyarwanda.

Rwakayiro Aminadabu w’imyaka 69, ni umuturage w’i Nyanza ati “Ibyo nabonye ni byiza sinabitondora ngo mbimenye ariko byandyoheye, nanezerewe nyine.”

Ibyo yabonye ngo ni ibyo yajyaga abona kera ndetse ngo abatoya bakwiye kubikomeza.

Ati “Kera ni ko byari bimeze, rwose rwose, …Pyhhhss (ni amaranga mutima), Mana ishobora byose, ibya kera n’ibyabaye uyu musi, mbega ni umuco koko.”

Guverineri w’Intara y’Amjyepfo Munyantwali Alphonse we asanga umuganura ari akanya ko kuzirikana umuco no gushimira intwari zawusigasiye, ndetse ngo ni akanya ko kwishimira ibyagezweho haba ku gihugu no mu ngo kandi abagabo bakamenya ko n’abagore babigizemo uruhare.

Ati “Ku Muganura abana baganuraga bakikijije umubyeyi wabo, kuri uyu munsi Abanyarwanda twese turaganura dukikije Perezida wa Repubulika. Umuganura ni umunsi w’ubusabane, ubufatanye no kuba umwe. Ubufatanye nibwo butuma tugera ku musaruro ni ndasimburwa.”

Minisitiri Uwacu Julienne yabwiye abari i Nyanza ko Perezida Kagame yamubwiye ko Abanyarwanda bagomba kubakira ku muco kugira ngo iterambere rigerweho ndetse ko azakomeza gufatanya n’abaturage mu iterambere.

Uwacu yasabye ko ibiranga umuco nyarwanda aho biri mu turere umunani tugize Intara y’Amajyepfo byarushaho kwitabwaho, ndetse ko umuco nyafurika ukwiye gufasha umugabane kunga ubumwe no gutera imbere.

Ashimira abanyamahanga bitabiriye Iserukiramuco ryatangiye ku wa mbere w’iki cyumweru rikaba ryaraye risojwe, Minisitiri Uwacu ati “Guhuza umuco bibe imbere mu kubaka Africa yunze ubumwe, ishingiye ku busabane n’umuco nyafurika, ubumwe, ubufatanye ni byo bizatugeza ku musaruro.”

Intore Tuyisenge iti Ahooo!
Intore Tuyisenge iti Ahooo!
Umugore ukiri muto yanejejwe n'injyana za Tuyisenge
Umugore ukiri muto yanejejwe n’injyana za Tuyisenge
Umuhanzikazi Fiona aririmbira abaje kwizihiza Umuganura
Umuhanzikazi Fiona aririmbira abaje kwizihiza Umuganura
Umuhanzikazi Fiona nyuma yo gukoresha imbaraga nyinshi ashimisha abari i Nyanza yicaye araruhuka
Umuhanzikazi Fiona nyuma yo gukoresha imbaraga nyinshi ashimisha abari i Nyanza yicaye araruhuka
Umwe mu bari muri Protocol
Umwe mu bari muri Protocol
Umunyarwandakazi muri Protocol
Umunyarwandakazi muri Protocol
Ku munsi w'Umuganura Senderi ni uko yaje yiyambariye arashyushya imbaga
Ku munsi w’Umuganura Senderi ni uko yaje yiyambariye arashyushya imbaga
Buri wese arashaka kubona Senderi
Buri wese arashaka kubona Senderi
Musayidire Eugenie ati 'umuco wo gutanga amata ntukwiye gucika mu Rwanda'
Musayidire Eugenie ati ‘umuco wo gutanga amata ntukwiye gucika mu Rwanda’
Mu Mikenyero n'imyitero ya kinyarwanda abayobozi barimo Minisitiri Uwacu Julienne, Minisitiri Francois Kanimba, Tony Nsanganira na Guverineri w'Intara y'Amajyepfo Alphonse Munyantwali baba barahageze
Mu Mikenyero n’imyitero ya kinyarwanda abayobozi barimo Minisitiri Uwacu Julienne, Minisitiri Francois Kanimba, Tony Nsanganira na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Alphonse Munyantwali baba barahageze
Hit ajya mu baturage ariyicarira
Hit ajya mu baturage ariyicarira
Bose mu bicu nk'inyoni barabyinira imbaga iri kuri Stade y'i Nyanza
Bose mu bicu nk’inyoni barabyinira imbaga iri kuri Stade y’i Nyanza
Inyambo ziba zambitswe imitako zizihiye ibirori
Inyambo ziba zambitswe imitako zizihiye ibirori
Abayobozi bakuru barimo abaminisitiri n'abakuriye ingabo na Polisi y'Igihugu
Abayobozi bakuru barimo abaminisitiri n’abakuriye ingabo na Polisi y’Igihugu
Umukecuru wakenyereye kwizihiza Umuganura
Umukecuru wakenyereye kwizihiza Umuganura
Hakurya ku ruhimbi abana bato bategereje kunywa amata
Hakurya ku ruhimbi abana bato bategereje kunywa amata
Imfizi y'Inyambo iteze neza
Imfizi y’Inyambo iteze neza
Inyambo zakereye ibirori
Inyambo zakereye ibirori
Hari abavuga ngo ni 'icyucyi' ariko yabonye amashusho atamucika arahaguruka ajya gufotora
Hari abavuga ngo ni ‘icyucyi’ ariko yabonye amashusho atamucika arahaguruka ajya gufotora
Ibirori nk'ibyo abona iwabo ni imbonekarimwe arabifata ngo ajye abireba
Ibirori nk’ibyo abona iwabo ni imbonekarimwe arabifata ngo ajye abireba
Umwe mu bayobozi mu bijyanye n'umuco gakondo
Ruranga rw’amaboko umwe mu baharanira gusigasira umuco gakondo
Ntivuguruzwa Emmanuel avuga umuvugo arata ibyagezweho
Ntivuguruzwa Emmanuel avuga umuvugo arata ibyagezweho
Bamwe mu bahawe ishimwe ryo gukora ibyiza byabahaye umusaruro
Bamwe mu bahawe ishimwe ryo gukora ibyiza byabahaye umusaruro
Minisitiri Uwacu Julienne ahemba umwe mu bakoze neza
Minisitiri Uwacu Julienne ahemba umwe mu bakoze neza
Minisitiri Uwacu atanga ubutumwa ku Banyarwanda mu izina rya Perezida Paul Kagame
Minisitiri Uwacu atanga ubutumwa ku Banyarwanda mu izina rya Perezida Paul Kagame
Televiziyo y'Igihugu mu bikoresho bigezweho irashyashyana ngo abayireba babone amashusho y'uko Umuganura ugenda
Televiziyo y’Igihugu mu bikoresho bigezweho irashyashyana ngo abayireba babone amashusho y’uko Umuganura ugenda
Itorero ry'Igihugu Urukerereza ryerekanye imikino inyuranye
Itorero ry’Igihugu Urukerereza ryerekanye imikino inyuranye
Mariya Yohana n'Umwuzukuru wa Rukara rwa Bishingwe Intahana Batatu ya Rugigana ni bamwe mu batera indirimbo z'Urukerereza
Mariya Yohana n’Umwuzukuru wa Rukara rwa Bishingwe Intahana Batatu ya Rugigana ni bamwe mu batera indirimbo z’Urukerereza
Barakurikirana ibyo babona mu muco nyarwanda
Barakurikirana ibyo babona mu muco nyarwanda
Muyango ati iyi foto ntiyanshika
Muyango ati iyi foto ntiyancika
Ararata ibyo Intara y'Uburasirazuba yagezeho n'ibyo iteganya kugeraho
Ararata ibyo Intara y’Uburasirazuba yagezeho n’ibyo iteganya kugeraho
Abo mu Majyajaruguru bumvise imbyino z'iwabo bajya gufasha ababyinnyi gucinya umudiho
Abo mu Majyajaruguru bumvise imbyino z’iwabo bajya gufasha ababyinnyi gucinya umudiho
Mu muco wa kera Inkoni n'Abashumba byari bivuze ikintu kinini
Mu muco wa kera Inkoni n’Abashumba byari bivuze ikintu kinini
Ku muganura habagaho guha abana amata
Ku muganura habagaho guha abana amata
Intore zizihiza Umuganura zinashimisha abazireba
Intore zizihiza Umuganura zinashimisha abazireba

Amafoto @HATANGIMANA/UM– USEKE

HATANGIMANA Ange Eric
UM– USEKE.RW

6 Comments

  • Ese kwaba arumunsi wubusabane nibirori nkuyu mupolisi uhagaze imbere yabaturage abareba mumaso nabyo biri mubirori?

    • Arabaragiye kuko nabo ni inka !

  • Byari kuba byiza kurushaho iyo batoranya abana bo guhabwa amata ariko bakibanda ku bana bayakeneye by’ukuri. Kuko urebye abana batoranijwe urasanga ari ibiduhagire gusa gusa; buriya wasanga ari abana ba Meya cyangwa Gitifu cyangwa Dogiteri nubusanzwe bava iwabo bayahaze andi bayabogoye (bayamennye). Kuko witegereje neza mu bantu baje muri ibi birori ntiwaburamo abana 134 bashonje cyane kandi bifuza byibuze gusoma intama imwe gusa kuri ariya mata. Keretse niba muri uyu muhango hubahirijwe ibyo Yesu yasize ategetse ati: “Kuko ufite wese azahabwa akarushirizwaho, ariko udafite azakwa n’icyo yari afite? (Mat25:29”

  • Ibi bintu ni byiza ariko muri 2016 ntabwo byahinduka gahunga leta igomba gushyiramo ifaranga.Abifite bafite ibyo bikingi ninzuri, abashumba ariko nabo bashumba bagomba guhembwa neza ibyabaja byo ntibikibaho.Turi miliyoni 12 kuri metero kare 26,338 kereka niba nibeshya harahandi twabohoje nahubundi biragoye cyane.

  • ohhh byari byiza cyane rwose ubona ko Leta yacu hari ukuntu igenda igaruka kukubakira ku muco wacu kdi rwose nibyo bizadufasha. Ubundi nyabuna niba wandika inkuru z’umuco ntiwabura nokumenya neza abawuharanira buri munsi. (mwakosora niba atari urukwibeshya mu nyandiko izina rya Docteur ni RUTANGARWAMABOKO si Ruranga rw’amaboko.) turamukunda cyane mu nyigisho zishingiye ku muco n’ejo nahoze mwumva kuri Radio Rwanda. Murakoze umuseke wacu turabakunda mukomereze aho, u Rwanda rwacu nirukomeze rutere imbere rushingiye ku Muco wacu.

  • @Manyenzi, none se mu birori umutekano n’ituze ku babbyitabiriye byakwirengegizwa umupolisi ari ku kazi

Comments are closed.

en_USEnglish