Tags : NYC

Ku nshuro ya mbere i Gicumbi habereye imyiyereko yo kumurika

Urubryiruko rwo mu karere ka Gicumbi rurasaba ko impano rwifitemo mu kubyina no kumurika imideli zitabwaho n’ababishinzwe barufasha kuziteza imbere, nk’uko babigaragaje mu mwiyereko wa mbere wo kugaragaza imideli no gushaka impano mu buhanzi bakoze. Mu gitaramo kigamije kureba  impano bafite haba mu kwerekana uko babyina, kumirika imideli (fashion), no mu buhanzi, urubyiruko rwasabye ko […]Irambuye

Urubyiruko rwahuje imbaraga mu bikorwa by’urukundo bubakiye umukecuru utishoboye

Uyu muganda, urubyiruko rwahuje imbaraga mu gukora ibikorwa by’Urukundo ruri mu muryango “Pride for Humanism foundation”, rwawukoze ku wa gatandatu tariki 3 Ukuboza 2016. Uwubakiwe ni umukecuru Carolina, utuye mu murenge wa Bumbogo, mu kagari ka Musave, mu karere ka Gasabo. Uru rubyiruko rwishyize hamwe mu guhuza imbaraga mu bikorwa by’urukundo, uretse iki gikorwa, bakora […]Irambuye

N’amapine ayakoramo intebe nziza…Mutesi mu rugendo rw’ubugeni n’ishoramari

Sandra Mutesi yiga mu mwaka wa gatatu ibijyanye na ‘Environmental Design’ muri Kaminuza y’u Rwanda Koleji ya Science n’ikoranabuhanga, ibyo yiga yabibyajemo ibyo akora ubu. Yatangije ikigo Inzovu African Village kigamije ubucuruzi no guteza imbere umuryango nyarwanda cyane cyane abagore n’abakobwa bakora iby’ubugeni. Muri iki kigo uhasanga ibintu bibereye ijisho. Iyo winjiye mu Inzovu African […]Irambuye

Gakenke: Mukanjishi, umukobwa wahisemo korora inkoko agejeje kuri 330

Nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye, ntabone amahirwe yo gukomeza  kwiga Kaminuza, Mukanjishi Petronile umukobwa uri mu myaka y’urubyiruko utuye mu Kagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke, aratangaza ko kwihangira umurimo ari ugutinyuka ukanga ubunebwe. Mukanjishi yasuwe n’inzego z’urubyiruko muri iki cyumweru dusoje, avuga ko yize amashuri yisumbuye mu buhinzi n’ubworozi abona […]Irambuye

Inshuti zinyumvisha ko umugore udakubitwa agira agasuzuguro

Bavandimwe b’Umuseke mumfashe kungira inama, ikibazo cya bamwe mu nshuti zanjye bambwira ko kubabana n’umugore utamwakura (utamukubita) bituma agusuzugura. Iki kibazo nafashe umwanya uhagije ngitekerezaho nyuma yo kugisha inama bamwe mu nshuti zanjye mbabaza uko nakemura ikibazo nari nagiranye n’umugore, bambwira ko umugore iyo utamukubise agusuzugura. Aba ni abavandimw enari niyambaje, bazi ubwenge ndetse bize […]Irambuye

Muhanga/Kamonyi: DUHAMIC ADRI yatanze miliyoni 200 zo gufasha urubyiruko

Urubyiruko  rugera ku bihumbi  1 200  rwarangije amashuri  yisumbuye rugahitamo kwiga imyuga n’ubumenyingiro  rutangaza ko rugiye guhangana n’ikibazo cy’ubushomeri binyuze mu guhanga imirimo mito yinjiza amafaranga menshi, nyuma yo kurangiza kwiga binyuze mu nkunga y’umushinga DUHAMIC ADRI watanze amafaranga miliyoni 200 yo gufasha muri icyo gikorwa. Mu muhango wo guha bamwe mu rubyiruko  barangije amashuri  […]Irambuye

Urubyiruko rwa Kicukiro rwinjiye mu gikorwa cyo kubakira imfubyi yasizwe

Urubyiruko rw’akarere ka Kicukiro mu mirenge yose, rwinjiye mu gikorwa cyo kubakira Iradukunda Pliomene, imfubyi yibana yasizwe na Jenoside, kuri uyu wa gatandatu uru rubyiruko rwabashije kubumba amatafari 520 asanga ay’abandi babumbye mbere, intego ngo ni ukumwubakira inzu iberanye n’umwari w’u Rwanda. Mutabazi Alain Nicolas umuhuzabikorwa w’Urubyiruko mu Murenge wa Gatenga, wari witabiriye iki gikorwa […]Irambuye

Umunyarwandakazi yakoze progaramu izibutsa muganga ko serumu ishize mu murwayi

Ku wa gatatu tariki 25/5/2016  mu muhango ngarukamwaka wo kugaragaza udushya twagezweho mu Ishuri rikuru ry’Ikoranabuhanga rya Tumba (Tumba College of Technology), umunyeshuri Ange Uwambajimana w’imyaka 22 yamuritse porogaramu izafasha abaganga kwita ku barwayi cyane cyane abafite serumu. Ni kenshi usanga mu bitaro no mu bigo by’ubuvuzi ababagana bashinja uburangare abaganga bwo kutita ku barwayi […]Irambuye

Ngoma: gupima igituntu mu mashuri yisumbuye ngo si uko ari

Mu karere ka Ngoma mu Burasirazuba bw’u Rwanda hari igikorwa cyo gupima igituntu ku bana biga mu mashuri yisumbuye banakangurirwa kukirinda, iyi gahunda imaze icyumweru igamije gusobanura indwara y’igituntu ku banyeshuri, abayitangije bavuga ko atari uko cyabaye icyorezo ahubwo ari ukongera abantu ubumenyi kuri iyi ndwara. Ibi birigukorwa n’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko n’abafatanyabikorwa bayo aho barimo […]Irambuye

Kanombe: Urubyiruko rwatekereje gukoresha amaboko rufasha mugenzi wabo warokotse Jenoside

Kuri uyu wa gatandatu mu gikorwa cy’urukundo cyo gufasha umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, urubyiruko rugize komite mu midugudu 10 yo mu kagari ka Karama, mu murenge wa Kanombe ahazwi nko mu Busanza, rwahuriye hamwe mu kubumbira amatafari mugenzi wabo Iradukunda Philomene. Iradukunda Philomene ni umukobwa w’imyaka 24 warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi atuye mu […]Irambuye

en_USEnglish