Digiqole ad

Gakenke: Mukanjishi, umukobwa wahisemo korora inkoko agejeje kuri 330

 Gakenke: Mukanjishi, umukobwa wahisemo korora inkoko agejeje kuri 330

Abonye ko kwiga Kaminuza bigoye yasanze korora inkoko kijyambere byamuteza imbere aratinyuka

Nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye, ntabone amahirwe yo gukomeza  kwiga Kaminuza, Mukanjishi Petronile umukobwa uri mu myaka y’urubyiruko utuye mu Kagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke, aratangaza ko kwihangira umurimo ari ugutinyuka ukanga ubunebwe.

Abonye ko kwiga Kaminuza bigoye yasanze korora inkoko kijyambere byamuteza imbere aratinyuka
Abonye ko kwiga Kaminuza bigoye yasanze korora inkoko kijyambere byamuteza imbere aratinyuka

Mukanjishi yasuwe n’inzego z’urubyiruko muri iki cyumweru dusoje, avuga ko yize amashuri yisumbuye mu buhinzi n’ubworozi abona gukomeza Kaminuza bitoroshye ashakisha akazi ntiyagira amahirwe, bityo ahitamo korora inkoko za kijyambere.

Yaherehe  ku buhizi bw’imboga agenda azigama  amafaranga make nyuma y’amezi atandatu, amaze kugira inkoko 330 agurisha inkoko, amagi n’ifumbire kandi ngo isoko rirahari.

Uretse gutinyuka ngo nta rindi banga yakoresheje, agira ati “Kwihangira umurimo ni ugutinyuka, ntabwo wakunguka utashoye. Ntacyo wageraho udakora.”

Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko mu Karere ka Gakenke Twahirwa Jean de Dieu avuga ko bakora ubukangurambaga no kwigisha urubyiruko kwihangira  imirimo, bakabasaba ko  bagira umuco wo kuzigama.

RUBWIRIZA Jean d’Amour  umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu  y’Urubyiruko wungirije muri Komite nyobozi ku rwego rw’Igihugu, na we wari mu basuye Mukanjishi n’urubyiruko rwa Gakenke muri rusange, yavuze ko ubukangurambaga  bugamije guteza imbere urubyiruko buzakomeza mu rwego rwo guhashya umushomeri.

Ikigo gishinzwe ibarurishamibare (NISR) mu bushakashatsi EICV4 cyerekana ko abarenga  13% barangiza amashuri makuru na Kaminuza  ari abashomeri, bisa n’aho kwaka akazi bikwiye gusimburwa no kugahanga.

Mukanjishi arita ku matungo ye kuko azi akamaro amafitiye
Mukanjishi arita ku matungo ye kuko azi akamaro amafitiye
Inkoko za Mukanjishi zimaze kumugeza ku rwego rwiza
Inkoko za Mukanjishi zimaze kumugeza ku rwego rwiza
Abayobozi b'Urubyiruko bari basuye Mukanjishi n'urubyiruko rwa Gakenke
Abayobozi b’Urubyiruko bari basuye Mukanjishi n’urubyiruko rwa Gakenke

Habineza Paul/NYC

UM– USEKE.RW

2 Comments

  • Courage mukobwa!! Ndakwemeye pee!! Nzaza umpugure, kuko nanjye hari undi mushinga ujya kumera nk’uwo natekereje!!!

  • Telephone ye ni kangahe kubamukeneyeho inama?

Comments are closed.

en_USEnglish