Digiqole ad

Kanombe: Urubyiruko rwatekereje gukoresha amaboko rufasha mugenzi wabo warokotse Jenoside

 Kanombe: Urubyiruko rwatekereje gukoresha amaboko rufasha mugenzi wabo warokotse Jenoside

Uyu musore yakoraga nk’uwikorera

Kuri uyu wa gatandatu mu gikorwa cy’urukundo cyo gufasha umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, urubyiruko rugize komite mu midugudu 10 yo mu kagari ka Karama, mu murenge wa Kanombe ahazwi nko mu Busanza, rwahuriye hamwe mu kubumbira amatafari mugenzi wabo Iradukunda Philomene.

Urubyiruko rwakora byinshi rucunzwe neza
Urubyiruko rwakora byinshi rucunzwe neza

Iradukunda Philomene ni umukobwa w’imyaka 24 warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi atuye mu mudugudu wa Gakorokombe. Jenoside yabaye afite imyaka ibiri aba i Karongi mu murenge wa Bwishyura mu Ntara y’Iburengerazuba, ni we wakorewe iki gikorwa cyo kumufasha kubona amatafari.

Uyu mukobwa yiga muri Kaminuza, mu mwaka wa mbere muri ULK Gisenyi, arihirwa n’Ikigega FARG, ubu abana na musaza we. Mu kibanza cye yubatsemo akazu gatoya bitewe n’ubushobozi bwe.

Ni akazu gatoya kadafite idirisha na rimwe imbere, gafite idirishya rimwe riri ku ruhande inyuma. Imbere ntihakoze, ndetse nta sima irimo, urubyiruko rwishyize hamwe ngo rumufashe kubona amatafari akongere.

Muri iyi nzu y’uyu mukobwa, uretse kuba idakoze, nta ntebe yo kwicaraho wahabona, ndetse nta gikoni afite.

Mu murava mwinshi n’ishyaka ryo gufasha uyu mukobwa, urubyiruko rugera kuri 50, rubarirwa hagati y’imyaka 13 na 20, babashije kuvuma, bakata icyondo, babumba amatafari 500, Iradukunda azifashiasha yongera inzu ye.

Nyuma y’iki gikorwa, Ndishimye cyane uburyo twabitekerezaga n’umusaruro uvuyemo birarenze, turishimye cyane igikorwa cyagenze neza cyane mu buryo na twe tutabitekerezaga.

Iradukunda yagize ati “Sinareka kubashimira igikorwa cyabo ni icy’urukundo, ntibirangirire kuri jyewe, bigere no ku bandi bafite ibibazo bajye babegera, iki gikorwa ni ingirakamaro.”

Avuga ko nubwo ntaho aragera afite icyizere cy’ubuzima ati “Ntahantu nari nagera ariko mfite icyizere cyo kugera ahantu hashimishije. Numva iyi nzu yanjye mbonye amazi, amashanyarazi, n’inka wenda byaba  ari byiza.”

Agendeye ku bufasha bw’urubyiruko yahawe, avuga ko urw’ubu rwahindutse bitewe n’ubuyobozi buriho bwiza. Avuga ko urubyiruko rw’ubu rufite intumbero n’ubushake bwo gukora ibibateza imbere.

Ange Boudalla ukuriye urubyiruko rwo mu kagari ka Karama rwakoze iki gikorwa, avuga ko bagiteguye mu rwego rw’ubufasha nk’inkunga ijyanye n’igihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, no gufasha abayirokotse.

Ati “Twabitekereje kubera ko urubyiruko rugenzi rwacu rungana natwe bakoresheje amaboko yabo bica abantu, natwe dutekereza ko amaboko yacu twayakoresha tuyabyaza umusaruro dusana ba bandi bagizwe imfubyi n’urubyiruko rugenzi rwacu tunazamura igihugu muri rusange.”

Ange Boudalla avuga ko ubutumwa yaha urubyiruko ari ukumenya amateka nyayo bayisomeye mu bitabo aho kuyabwirwa, cyane ajyanye na Jenoside, bakamenya ko yateguwe ishyirwa mu bikorwa.

Ati “Ibyo nibamenya ko ariko byagenze bizabaha imbaraga zo kuyirwanya no kumenya ingaruka zayo kugira ngo twubake igihugu kizira Jenoside.”

Celestin Kanyarwanda, umwarimu akaba n’umubyeyi utuye mu kagari ka Karama ahabereye iki gikorwa, yasabye urubyiruko kwirinda ingengabitekerezo yo kurebera bagenzi babo mu ndorerwamo y’ubwoko.

Ati “Kwibwira ngo kanaka afite amazuru manini, cyangwa mato bivuze iki? Izuru ni iki? Buri wese afite umwuka uhagije, izuru rimufasha guhumeka.”

Yasabye urubyiruko kugira icyinyabupfura, gutekereza neza no kuba abambere mu gushyira mu bikorwa ibyo batekereje, no gufatanya mu byo bakora.

Ati “Mugomba gukora ibyiza, iby’amateka mukabisiga inyuma, muri mwe hari abafite ingengabitekerezo bakura mu rugo, uyifite izamuhekenya arinde arunduka.”

Muneza de Grace ukuriye, Umuhuzabikorwa w’urubyiruko wungirije ku rwego rw’umurenge wa Kanombe, yabwiye urubyiruko ko ubu hari igisebo n’ikimwaro rugomba kugira kubera uruhare rwa bagenzi babo mu kwica Abatutsi muri Jenoside, abasaba kubikosoza imbaraga bafite bubaka igihugu.

Umuyobozi wa Njyanama y’akagari ka Karama yasabye urubyiruko guhananira kgera ku nstinzi, kuko ngo nta kindi gihe, uretse icyo barimo. Yabasabye kwiga amahirwe akiriho kuko ngo ishuri ni yo mahirwe y’ubuzima.

Yemeye ko umuganda w’akari uzakomeza gufasha Iradukunda Philomene kubona inzu iruta iyo afite.

Batwara icyondo abandi bakata
Batwara icyondo abandi bakata
short event dresses shop
Abakobwa na bo bari bitabiriye uyu muganda
Uyu musore yakoraga nk'uwikorera
Uyu musore yakoraga nk’uwikorera
Uyu na we yasanze umusanzu we ukeneye mu kubaka igihugu
Uyu na we yasanze umusanzu we ukeneye mu kubaka igihugu
Philomene wakorewe igikorwa cy'urukundo
Philomene wakorewe igikorwa cy’urukundo
Iradukunda Philomene na we yashyizeho ake mu muganda yakorerwaga
Iradukunda Philomene na we yashyizeho ake mu muganda yakorerwaga
Ku murimo atwaye icyondo atitaye ko yandura
Ku murimo atwaye icyondo atitaye ko yandura
Ku murongo bahererekanya icyondo
Ku murongo bahererekanya icyondo
Imbaraga z'urubyiruko bazikoresha mu kubaka igihugu
Imbaraga z’urubyiruko bazikoresha mu kubaka igihugu
Ange Budara abumba itafari
Ange Budara abumba itafari
Bahererekanya icyondo
Bahererekanya icyondo
Atwaye icyondo
Atwaye icyondo
Arafasha bagenzi be gukata icyondo
Arafasha bagenzi be gukata icyondo
Igikorwa nk'iki cy'urukundo gituma abantu basabana
Igikorwa nk’iki cy’urukundo gituma abantu basabana
Na morale nyinshi barahererekanya icyondo
Na morale nyinshi barahererekanya icyondo
Mu kazi ko kubumba
Mu kazi ko kubumba
Mu muganda bafatanya guhererekanya icyondo
Mu muganda bafatanya guhererekanya icyondo
Mu muganda barahererekanya urwondo
Mu muganda barahererekanya urwondo
Ubwitange bw'uyu mukobwa bwashimishije benshi
Ubwitange bw’uyu mukobwa bwashimishije benshi
Umuganda ntibisaba kuba uri umugore cyangwa umugabo bisaba ubwitange no gukora
Umuganda ntibisaba kuba uri umugore cyangwa umugabo bisaba ubwitange no gukora
Imbere y'akazi gatoya ka iradukunda niho bakoreraga igikorwa cyo kubumba amatafari
Imbere y’akazi gatoya ka iradukunda niho bakoreraga igikorwa cyo kubumba amatafari
Imabaraga z'urubyiruko zigomba gukoreshwa ibyiza
Imabaraga z’urubyiruko zigomba gukoreshwa ibyiza
Bari bahuye ari benshi
Bari bahuye ari benshi
Buru wese aba akora icyo ashoboye mu muganda
Buru wese aba akora icyo ashoboye mu muganda
Babumbye amatafari agera kuri 500
Babumbye amatafari agera kuri 500
Bamwe barima igitaka, abandi bavoma, abandi bavanga ibyatsi ngo babumbe amatafari
Bamwe barima igitaka, abandi bavoma, abandi bavanga ibyatsi ngo babumbe amatafari
Inzu ya Iradukunda ifite idirishya rimwe ariryo iryo
Inzu ya Iradukunda ifite idirishya rimwe ariryo iryo
Iradukunda afite icyizere cy'ubuzima buzaza
Iradukunda afite icyizere cy’ubuzima buzaza
Imbaraga z'urubyiruko mbere zakoreshejwe mu gusenya igihugu no kwica abantu, ubu zikoreshwa mu kubaka igihugu
Imbaraga z’urubyiruko mbere zakoreshejwe mu gusenya igihugu no kwica abantu, ubu zikoreshwa mu kubaka igihugu
Ange Budara ni umwe mu bateguye iki gikorwa
Ange Budara ni umwe mu bateguye iki gikorwa
Uru rubyiruko rwemeye kwitanga ngo mugenzi wabo abe ahantu heza
Uru rubyiruko rwemeye kwitanga ngo mugenzi wabo abe ahantu heza
Gatete Gilbert agira inama urubyiruko abereye umwe mu bayobozi
Gatete Gilbert agira inama urubyiruko abereye umwe mu bayobozi
Mwarimu Kanyarwanda yasabye urubyiruko kuba umwe aho kureba ubwoko bwa kanaka n'ingano y'amazuru ye
Mwarimu Kanyarwanda yasabye urubyiruko kuba umwe aho kureba ubwoko bwa kanaka n’ingano y’amazuru ye
Umuyobozi wa njyanama y'Akagari ka Karama agira inama urubyiruko yo gukora rukagera ku nstinzi
Umuyobozi wa njyanama y’Akagari ka Karama agira inama urubyiruko yo gukora rukagera ku nstinzi
Urubyiruko rwakoze umuganda nyuma yo kuganirizwa
Urubyiruko rwakoze umuganda nyuma yo kuganirizwa

Amafoto/HATANGIMANA/UM– USEKE

HATANGIMANA Ange Eric
UM– USEKE.RW

2 Comments

  • Rubyiruko, courage!
    Nitwe maboko y’u Rwanda, nitwe twarushenye kubera politiki mbi, nimureke turwubake kuko hariho politiki nziza.

    Mukomereze ahoo

  • mwakoze igikorwa cy’urukundo kandi mubigire umuco mwiza musige nabandi muturanye.Imana ibahe umugisha

Comments are closed.

en_USEnglish