Digiqole ad

Urubyiruko rwa Kicukiro rwinjiye mu gikorwa cyo kubakira imfubyi yasizwe na Jenoside

 Urubyiruko rwa Kicukiro rwinjiye mu gikorwa cyo kubakira imfubyi yasizwe na Jenoside

Urubyiruko rutandukanye rurimo abascout, abanyonzi n’abandi bari baje muri iki gikorwa

Urubyiruko rw’akarere ka Kicukiro mu mirenge yose, rwinjiye mu gikorwa cyo kubakira Iradukunda Pliomene, imfubyi yibana yasizwe na Jenoside, kuri uyu wa gatandatu uru rubyiruko rwabashije kubumba amatafari 520 asanga ay’abandi babumbye mbere, intego ngo ni ukumwubakira inzu iberanye n’umwari w’u Rwanda.

Urubyiruko rutandukanye rurimo abascout, abanyonzi n'abandi bari baje muri iki gikorwa
Urubyiruko rutandukanye rurimo abascout, abanyonzi n’abandi bari baje muri iki gikorwa

Mutabazi Alain Nicolas umuhuzabikorwa w’Urubyiruko mu Murenge wa Gatenga, wari witabiriye iki gikorwa cy’urukundo, bagitekereje nk’urubyiruko muri gahunda yo gufashanya, kungurana inama no kuzamurana, aho ngo niho bahurije kuri Iradukunda Philomene n’ubwo bizakomereza ahandi kuko ngo uyu ni we wari ubabaje kurusha abandi.

Avuga ko urubyiruko rushyize hamwe iterambere rivugwa ryagerwaho, ati “Ryagerwaho vuba cyane, urubyiruko muri iyi minsi rufite ibirurangaza, ruri mu mipira, mu mafilimi, mu miziki, turi mu bintu bitandukanye, ariko iyo duhuriye mu gakorwa nk’aka usibye no kuremera mugenzi wacu, niyo twashinga kompany cyangwa agashyirahamwe twazamurana kubera gushyira hamwe imbaraga zacu.”

Avuga ko inama ku rubyiruko ari uguhuza rukagabanya ibirurangaza, ibiyobyabwenge, uburaya n’indi myitwarire mibi bityo ngo guhura ntabwo ibyo bibi byabona umwanya.

Ati “Inama ni uguhura tugatekereza hamwe, tukazamura igihugu cyacu nk’Abanyarwanda.”

Muhongayire Ancile ahagarariye urubyiruko mu murenge wa Kagarama, avuga ko igikorwa cy’urukundo nk’icyo bakoze yabonye ari byiza bitewe n’uko abantu bitabiriye.

Ati “Nkanjye ndumva nanezerewe cyane, akenshi urubyiruko ntirukunda kwitabira ariko urabona ko baje.”

Muhongayire avuga ko kuba urubyiruko rwakwitabira ibikorwa by’umuganda byateza imbere igihugu kuko ngo ni rwo mbaraga z’igihugu kandi zubaka.

Niyitanga Irene, Umujyanama mu Karere ka Kicukiro akaba n’Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko, muri ako karere, yabwiye Umuseke ko babumbye amatafari 520, bityo ngo ni ibintu bishimishije nk’urubyiruko gufata mu mugongo umwana w’imfubyi yasizwe na Jenoside muri iki gihe cy’iminsi 100 yo kwibuka.

Ati “Icyo dushinzwe ni ugukora ubuvugizi tugendeye ku bikorwa, twaje gukoresha amaboko, cyane ko urubyiruko ari imbaraga z’igihugu kandi zubaka, amatafari ntahagije tuzagaruka tubumbe andi, ibisaba imbaraga tubikore tunakora ubuvugizi kugira ngo ahasabwa izindi mbaraga zijyanye n’amafaranga n’ibindi bikoresho bigomba kugurwa, akarere na ko kadufashe,  maze iyi nzu izuzure.”

Niyitanga yavuze ko bifuza kubakira Iradukunda Philomene, bakongera inzu ye ntoya igizwe n’icyumba kimwe na salon, bagashyiraho ibindi byumba bibiri bikaba bitatu na salon, na coridor, inzu ye kandi ntifite igikoni ngo bazacyongeraho, nihaboneka ubushobozi bashyireho n’urugo.

Urubyiruko ngo rukoze ibikorwa nk'ibi iterambere bavuga ryagerwaho
Urubyiruko ngo rukoze ibikorwa nk’ibi iterambere bavuga ryagerwaho
Irene afatanya n'abo ayobora gushaka itaka ryo kubumbamo amatafari
Irene afatanya n’abo ayobora gushaka itaka ryo kubumbamo amatafari
Batunda urwondo
Batunda urwondo
Bagiye gushaka amazi mu gishanga yo kubumbisha amatafari
Bagiye gushaka amazi mu gishanga yo kubumbisha amatafari
Baravoma mu gishanga cya Nyabarongo
Baravoma mu gishanga cya Nyabarongo
Urubyiruko ngo rukoze ibikorwa nk'ibi iterambere bavuga ryagerwaho
Urubyiruko ngo rukoze ibikorwa nk’ibi iterambere bavuga ryagerwaho
Bavuye kuvoma
Bavuye kuvoma
Babumbye amatafari 520
Babumbye amatafari 520
Bakora imirimo itandukanye abavoma, abakata icyondo n'abandi babumba
Bakora imirimo itandukanye abavoma, abakata icyondo n’abandi babumba
Icyo ni igikorwa bakoze ngo bazakomeza kugeza amatafari agwiriye bubake
Icyo ni igikorwa bakoze ngo bazakomeza kugeza amatafari agwiriye bubake
Uyu ni Iradukunda Philomene bakoreye igikorwa cy'urukundo
Uyu ni Iradukunda Philomene bakoreye igikorwa cy’urukundo
Irene agira inama urubyiruko nyuma y'igikorwa
Irene agira inama urubyiruko nyuma y’igikorwa
Abanyeshuri bo mu Ishuri rya Tekinike rya S.I.CO bari baje muri iki gikorwa
Abanyeshuri bo mu Ishuri rya Tekinike rya S.I.CO bari baje muri iki gikorwa
Urubyiruko rurangije igikorwa cy'urukundo cyo kubakira Iradukunda Philomene
Urubyiruko rurangije igikorwa cy’urukundo cyo kubakira Iradukunda Philomene

HATANGIMANA Ange Eric
UM– USEKE.RW

1 Comment

  • Big up Guys

Comments are closed.

en_USEnglish