Tags : Muhanga district

Amajyepfo: Abayobozi n’Abanyamakuru bitanaga bamwana bemeye kunoza imikoranire

Mu biganiro byahuje Polisi, inzego z’ubuyobozi n’Abanyamakuru kuri uyu wa gatanu bagiranye ibiganiro bigamije kuvugurura imikoranire. Muri ibi biganiro byajemo kwitana bamwana ku babangamira umwuga w’itangazamakuru, izi nzego zemeranyijwe kuvugurura uburyo bw’imikoranire ku bijyanye no kubona amakuru  no kuyatangaza. Ibi biganiro byabayemo impaka hagati y’Abanyamakuru n’Abayobozi b’Uturere zishingiye  ku nkuru zikorwa  ku nzego z’ibanze Abayobozi […]Irambuye

Muhanga: Nyobozi iranengwa kutita ku nyungu rusange z’abaturage

Hashize umwaka urenga Komite nyobozi y’Akarere ka Muhanga igiyeho, gusa bamwe mu baturage bavuga ko nta mpinduka zigeze zibaho mu buzima bw’umugi wa Muhanga ahubwo ko hari imishinga irimo imihanda, imyubakire yagiye idindira indi ntiyitabweho, abakozi b’akarere na bo batangaza ko batagihemberwa ku gihe nk’uko byahoze muri manda zabanjirije iyi nyobozi iriho. Kuva aho Komite […]Irambuye

Muhanga: Ubuyapani bwerekanye umuco wabwo, bwizeza amahirwe yo kwigayo

Kuri uyu wa Gatandatu mu kigo cya TTC-Muhanga Abayapani baba mu Rwanda bamurikiye abiga muri iri shuri bimwe mu bigize umuco wabo. Umuyobozi w’ishami rya Politiki n’ubukungu muri ambasade y’Ubuyapani  mu Rwanda, Shintaro Nakaaki  yavuze ko igihugu ke kiteguye gufasha abana b’u Rwanda bifuza kujya kwiga muri iki gihugu. Mu ishuri nderabarezi rya TTC-Muhanga riherereye […]Irambuye

Muhanga: Imitungo itimukanwa ya CAF ISONGA igiye gutezwa cyamunara

*Abo iki kigo kibereyemo umwenda wa miliyoni 26 Frw bari mu rujijo… Itangazo ry’urukiko rw’ubucuruzi rwa Huye rimanitse ku biro by’Akagari ka Gahogo mu Murenge wa Nyamabuye rivuga ko bitarenze tariki ya 30 Gicurasi 2017 umutungo utimukanwa wa CAF ISONGA uzaba watejwe cyamunara. Iri tangazo ry’urukiko rw’ubucuruzi rwa Huye rivuga ko hari bamwe mu banyamuryango […]Irambuye

Muhanga: Umurenge wa Nyamabuye usakaje amategura ngo ntukijyanye n’igihe

*Uyu murenge nta bwiherero bw’abawugana ufite Mu nama yahuje Abikorera bo mu mujyi wa Muhanga n’inzego zitandukanye z’Akarere, bamwe mu baturage beruye bavuga ko inyubako  y’umurenge wa Nyamabuye ikwiye kuvugururwa kuko ibatera ipfunwe basaba ko hubakwa ijyanye n’icyerekezo ndetse n’igishushanyombonera cy’Akarere. Muri iyi nama aba baturage bavuga ko  hari zimwe mu mpamvu bashingiraho basaba ko […]Irambuye

Muhanga: Dr Munyakazi yasohotse mu rukiko iburanisha ritarangiye

*Yavuze ko Me Evode na P. Celestin Rwigema bamushinjuye muri USA, *Ngo yarokoye abantu 52 bahigwaha muri Jenoside. Mu rubanza ruregwamo Dr Leopold Munyakazi ukekwaho gukora ibyaha bya Jenoside mu cyahoze ari komini Kayenzi (Kamonyi y’ubu) kuri uyu wa 03 Gicurasi yitabye Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga ariko aza gusohoka mu cyumba aburaniramo iburanisha ritarangiye ariko […]Irambuye

Muhanga: Ba ‘DASSO’ 3 batawe muri yombi bakekwaho kwiba ibikoresho

Abagabo batatu bakorera urwego rwa DASSO (bakunze kwitirwa uru rwego) basanzwe bacunga umutekano wo ku biro by’akarere ka Muhanga bari mu maboko ya Polisi bashinjwa kwiba mudasobwa z’ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga. Police ivuga ko aba bose biyemereye icyaha. Abakozi b’akarere ka Muhanga bamaze iminsi itatu babuze ibi bikoresho, basabye inzego z’umutekano zirimo n’urwego rwa DASSO […]Irambuye

Muhanga: Imiryango 2 y’abasigajwe n’amateka ngo izubakirwa ariko ibanje guhanwa

*Imiryango 2 y’abasigajwe inyuma n’amateka imaze imyaka irenga 2 idafite amacumbi *Umwaka ushize ubuyobozi bw’umurenge bwabwiye Umuseke ko bugiye kuyubakira *Kuri ubu Gitifu avuga ko bagiye kubakirwa babanje guhabwa ibihano mu nteko y’abaturage Nyuma y’aho Umuseke ukoreye inkuru ku baturage basigajwe inyuma n’amateka batuye mu mudugudu wa Kuwimana, akagali ka Biringaga, umurenge wa Cyeza mu […]Irambuye

Muhanga: Min. Murekezi yatanze isomo ryo guhangana n’ibura ry’imvura

Mu gikorwa cy’umuganda cyabereye mu mudugdu wa Gasovu, Akagali ka Nyarunyinya, mu murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, kuri uyu wa Gatandatu Minisiteri w’intebe, Anastase Murekezi yasabye Abanyarwanda ko kuhira imyaka no gufata amazi babigira umuco mu rwego  rwo guhangana n’imihandagurikire y’ikirere. Nyuma yo kwifatanya n’abaturage muri iki gikorwa cy’umuganda cyabereye mu gishanga gihingwamo […]Irambuye

en_USEnglish