Digiqole ad

Amajyepfo: Abayobozi n’Abanyamakuru bitanaga bamwana bemeye kunoza imikoranire

 Amajyepfo: Abayobozi n’Abanyamakuru bitanaga bamwana bemeye kunoza imikoranire

Abayobozi b’Uturere two mu Ntara y’Amajyepfo bavuze ko hari ibyo bagiye gukosora

Mu biganiro byahuje Polisi, inzego z’ubuyobozi n’Abanyamakuru kuri uyu wa gatanu bagiranye ibiganiro bigamije kuvugurura imikoranire. Muri ibi biganiro byajemo kwitana bamwana ku babangamira umwuga w’itangazamakuru, izi nzego zemeranyijwe kuvugurura uburyo bw’imikoranire ku bijyanye no kubona amakuru  no kuyatangaza.

Abayobozi b'Uturere two mu Ntara y'Amajyepfo bavuze ko hari ibyo bagiye gukosora
Abayobozi b’Uturere two mu Ntara y’Amajyepfo bavuze ko hari ibyo bagiye gukosora

Ibi biganiro byabayemo impaka hagati y’Abanyamakuru n’Abayobozi b’Uturere zishingiye  ku nkuru zikorwa  ku nzego z’ibanze Abayobozi bakavuga ko  hari igihe zibavugwaho batarabajijwe ngo bagire icyo bazivugaho.

Abanyamakuru nabo bakaba bavugaga ko abenshi muri abo Bayobozi batajya bafata telefoni ngo basubize ndetse n’uyifashe asubiza ko ari mu nama  ko aza kugira icyo avuga inama irangiye ariko bikarangirira aho ndetse  ngo hari n’abakuraho telefoni.

Abanyamakuru  bakavuga ko bahitamo gutangaza aya makuru n’ubwo ataba yuzuye neza kuko ngo nta yandi mahitamo kandi bagomba gutangaza amakuru  ku gihe.

Ibibazo nk’ibi bimaze igihe bivugwa byo kwimana amakuru  cyane muri izi nzego z’ibanze Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo n’Urwego rw’Abanyamakuru b’igenzura  bavuze ko uzajya akora amakosa nk’aya yo kwimana amakuru azajya abihanirwa hakurikijwe itegeko.

Muri iki kiganiro kandi hanavuzwe Ibinyamakuru birimo kuvuka ku bwinshi kandi nta musaruro bitanga  ko inzego zibishinzwe zikwiye gusuzuma ubushobozi bw’abashinga ibi bitangazamakuru hakagenzurwa  impamvu hari ibihita bizimira bikoze igihe gito.

Cyakora  ku mikorere ya Polisi n’Abanyamkuru  hashimwe ko hari ibigenda bikosorwa bitandukanye n’uko  byari bimeze mu myaka yashize ubwo izi nzego zombi zakoraga nk’izihanganye  bikabangamira ubwisanzure bw’itangazamakuru.

Abanyamakuru baboneyeho kunenga icyo bita ingeso isigaye yaradutse yo kubasohora mu nama kandi baba bayitumiwemo, Ubuyobozi bw’Intara bwavuze ko bugiye gukosora iki kibazo ku buryo ngo kitazongera kumvikana.

Ibi biganiro nk’ibi byarangiye hemeranyijwe uburyo bw’imikoranire mu by’itangazamakuru hagati y’inzego za Leta n’Abanyamakuru bagamije gusenyera umugozi umwe kuko ngo bose bakora ku nyungu rusange z’abaturage.

Inzego za Polisi zashimiwe imikorere n'imikoranire n'Abanyamakuru
Inzego za Polisi zashimiwe imikorere n’imikoranire n’Abanyamakuru
Emmanuel MUGISHA Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa RMC yibukije inzego ko zifite inshingano yo gutanga amakuru
Emmanuel MUGISHA Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa RMC yibukije inzego ko zifite inshingano yo gutanga amakuru
RPC GUMIRA Gilbert na Guverineri MURESHYANKWANO Marie Rose.
RPC GUMIRA Gilbert na Guverineri MURESHYANKWANO Marie Rose

MUHIZI ELISEE
UM– USEKE.RW/Nyanza

en_USEnglish