Tags : Jean Uwinkindi

Pastor Jean Uwinkindi akatiwe n’Urukiko gufungwa BURUNDU

Kimihurura – Urukiko Rukuru, urugereko rwihariye rwashyiririweho kuburanisha ibyaha by’aboherejwe n’amahanga, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu ruhamije Pasitoro Jean Uwinkindi icyaha cya Jenoside, kwica n’ibyaha byibasiye inyoko muntu maze rumukatira gufungwa burundu. Umucamanza yavuze ko nk’uko byemejwe n’Abatangabuhamya batandukanye, Pasitori Uwinkindi yagiye ajya mu bitero bitandukanye byahitanye Abatutsi benshi mu cyahoze ari komini […]Irambuye

Pastor Uwinkindi yasabiwe gufungwa burundu, we arasaba ingororano y’ibyiza

*Umushinjacyaha yavuze ko agendeye ku buhamya bw’abashinje Uwinkindi, ibikorwa yakoze bituma ahamwa n’ibyaha aregwa, icya Jenoside n’icyo Gutsemba. *Yamusabiye igifungo cya burundi kuri buri cyaha, kandi Urukiko arusaba kutazamugabanyiriza ibihano kuko yaburanye ahakana, ntasabe imbabazi. *Uwinkindi yise ibyavuzwe n’abatangabuhamya, ibinyoma bidafite agaciro imbere y’urukiko. *Uwinkindi yavuze ko atahawe umwanya wo kuvuguruzanya n’ubwo buhamya, ndetse ngo […]Irambuye

Uwinkindi yavuze ko ataburana arwaye ibicurane. Urukiko rubitesha agaciro

Mu rubanza Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda buregamo Pasitoro Jean Uwinkindi ibyaha bya Jenoside birimo kuba yaratanze impunzi zari zahungiye ku rusengero yari abereye Umushumba zikicwa; kuri uyu wa 20 Ukwakira; uyu yasabye Urukiko kuba rwasubika urubanza kuko arwaye Ibicurane ariko biteshwa agaciro. Uyu mugabo yahise azamura indi nzitizi avuga ko atunganiwe. Inteko y’Urukiko ikinjira mu […]Irambuye

Umutangabuhamya yavuze ko pastor Uwinkindi ari mu bishe Paul Kamanzi

*Urukiko rwongeye kumva bundi bushya Abatangabuhamya; *Uwinkindi avuga ko Avoka uri kumuburanira ari kumuroha ahantu habi; *Ngo abagera mu 100 ni bo bashobora kuba barapfiriye kuri ADEPR Kayenzi; *Undi avuga ko yiboneye uwinkindi mu bitero; …hari aho yamubonye afite icumu. Mu rubanza Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buregamo Uwinkindi Jean ibyaha bya Jenoside birimo kuba yaratanze impunzi […]Irambuye

Urukiko rwatesheje agaciro ibyo Ubushinjacyaha bwasabiye Uwinkindi

Mu rubanza Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda buregamo Pasitoro Jean Uwinkindi ibyaha bya Jenoside; Kuri uyu wa 29 Nzeri Urugereko rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imbibi rwanzuye ko ibyasabwe n’Ubushinjacyaha ko uregwa yakongera guhabwa urutonde rw’Abavoka akihitiramo abamwunganira nta shingiro bifite kuko byafashweho umwanzuro ndakuka. Ni imyanzuro yasomwe Ubushinjacyaha budahagarariwe (biremewe mu buryo bw’amategeko); […]Irambuye

Uburwayi bw’Umucamanza bwatumye Uwinkindi ataha ataburanye

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 10 Nzeri, mu rubanza Urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imbibi rw’Urukiko Rukuru, Pasitoro Uwinkindi Jean ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, birimo kugira uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi bari bahungiye kuri Paruwasi ya ADEPR-Kayenzi ahahoze ari muri Komini Kanzenze (Bugesera) yatashye ataburanye, cyangwa ngo agire ikindi avuga kuko umwe mu bacamanza […]Irambuye

Urukiko rwategetse ko Uwinkindi yunganirwa n’Abavoka yanze

Urukiko rwemeje ko: *Me Hishamunda Isacar na Ngabonziza Joseph bunganira Uwinkindi *Bakwiye guhabwa amezi atatu yo gutegura dosiye Mu isomwa ry’icyemezo ku busabe bwa Uwinkindi Jean; Abavoka yagenewe n’Ubushinjacyaha; kuri uyu wa 09 Kamena Urukiko rwatesheje agaciro ubusabe bw’Uregwa bityo rwemeza ko yunganirwa n’Abavoka yagenewe. Nyuma yo kumva iki cyemezo Uwinkindi yahise asaba ko Dosiye […]Irambuye

Uwinkindi yanze Abavoka bari iruhande rwe avuga ko bamwononeye urubanza

 “Nta mwunganizi mfite,..ntawe uhari”; “Aba bagabo banyicaye iruhande ntabwo ari Abavoka bajye… nta n’ubwo mbazi”; “Aho binjiriye mu rubanza rwanjye bararwononnye bikabije”; “Ntabo nahisemo ahubwo bemejwe n’Ubushinjacyaha”; Byatangajwe na Uwinkindi Jean ukurikiranyweho n’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi; aho kuri uyu wa 02 Kamena yakomeje kwamagana Abunganizi yagenewe ngo kuko atabihitiyemo akavuga […]Irambuye

Uwinkindi yabwiye urw’Ikirenga ko ibyamukorewe byateguwe

 “ Byakozwe huti huti  hategurwa abatangabumya bazanshinja,”; “ Hategurwa kwirukana abavoka banjye bazi dosiye yose”; “ Hategurwa gushyiraho Abavoka ntazi ”; “ Hahita hakurikiraho icyokere cyo kunshinja, …mbuzwa kwiregura”. Ni ibyatangajwe na Uwinkindi Jean mu rubanza rw’ubujurire yatangiye kuburana n’Ubushinjacyaha kuri uyu wa 06 Mata 2015 aho yabwiye Urukiko rw’Ikirenga ko ibyakozwe byose birimo guhagarika […]Irambuye

Imyanzuro y’Ubushinjacyaha kuri Uwinkindi nanone ntiyasomwe

Byari biteganyijwe ko kuri uyu wa 31 Weurwe Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwari kugeza ku rukiko Rukuru; imyanzuro y’urubanza buregamo (Ubushinjacyaha) Uwinkindi Jean ukurikiranyweho ibyaha birimo ibya Jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu ariko ntibyakozwe kubera inama y’Abacamanza iteganyijwe kuri uyu wa kabiri. Ni ku nshuro ya kabiri umwanya wo gutanga iyi myanzuro uburizwamo n’impamvu zinyuranye, kuwa 16 […]Irambuye

en_USEnglish