Ingabo z’u Rwanda zasuye umuryango w’umwana wishwe n’umusirikare

Kuri uyu wa gatatu, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwasuye umuryango wa Mbarushimana Theogene w’imyaka 18 wapfuye mu ijoro ryo ku cyumweru, yishwe n’umusirikare ufite ipeti rya Major usanzwe ari umuganga wamukubise kugeza apfuye, amushinja kumwiba. Inkuru y’urupfu ry’uyu mwana yatangajwe n’Umuseke kuwa kabiri mu gitondo, kuri uyu munsi ni nabwo yashyinguwe iwabo i Gicumbi aho […]Irambuye

Abazunguzayi b’Aba-Masai i Kigali bo bite?

Abacururiza ku mihanda bita Abazunguzayi barahagurukiwe cyane mu mujyi wa Kigali, gusa ab’abanyamahanga cyane cyane Aba-Masai bo muri Kenya bakunze kugaragara i Kigali bacuruza inkweto n’ibindi bo abirukana abasanzwe ngo barabatinya kubera ibivugwaho binyuranye. Umujyi wa Kigali ngo ugiye kubaganiriza. Abacururizaga ku mihanda I Kigali mu cyumweru gishize, Umujyi wa Kigali watashye isoko rinini rifite […]Irambuye

Jimmy Claude yakoze igitaramo cyo gukusanya amafrw yo kwishyurira Mituelle

Jimmy Claude, umuhanzi w’indirimbo ziramya n’izihimbaza Imana, akaba producer n’umunyamakuru  yakoreye igitaramo mu Karere ka Karongi, hagamijwe gukusanya amafaranga yo kwishyurira Mutuelle de santé abaturage batishoboye. Iki gitaramo cyabereye muri Salle ya TTC RUBENGERA ku mugoroba wo kuwa mbere, cyitabiriwe cyane n’abaturage ku buryo bamwe banabuze aho kwicara, biba ngombwa ko barebera mu madirishya bari hanze dore […]Irambuye

Ku Isoko ry’Imari n’Imigabane, hacurujwe ‘Treasury Bond’ za miliyoni 123

Kuri uyu wa kabiri, ku isoko ry’imari n’imigabane ry’u Rwanda hacurujwe impapuro z’agaciro mvunjwafaranga “Treasury Bond” zifite agaciro ka miliyoni zisaga 123 z’amafaranga y’u Rwanda. Impapuro z’agaciro zacurujwe ni izo ku mpapuro ziherutse gushyirwa hanze z’imyaka itanu (RW000A185V91, FXD 3/2016/5Yrs), Leta izasoza kwishyura tariki 20 Kanama 2021, zikaba zifite inyungu ya 12.25% buri mwaka. Impapuro […]Irambuye

Leta za Afurika zikwiye gukura mu kwaha kwazo inzego z’abikorera

Kigali – Lansana Kouyaté wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Guinea avuga ko mu gihe Afurika yiga ku ishoramari, Leta z’ibihugu bya Afurika zigomba no gutangira guha ubwisanzure inzego z’abikorera kuko ahenshi zikiri mu kwaha kwa Leta. Muri Kigali Convention Center haberaga inama yiga ku ishoramari muri Afurika “Global African Investment Summit” yateguwe n’umuryango […]Irambuye

Kabarondo: Umugabo yiyiciye umwana w’imyaka 10

Mu Karere ka Kayonza, Umurenge wa Kabarondo, Akagari ka Kabura, umugabo witwa Ruzima Jean de Dieu, w’imyaka 38 yiciye umwana we w’imyaka icumi, nyuma yo gushaka gukubita umugore we akiruka akamusiga. Dusingizumukiza Alfred, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabarondo yatubwiye ko aya mahano yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere nka saa kumi n’igice (16h30). […]Irambuye

Africa ikeneye abashoramari bayifasha kongerera agaciro umusaruro ifite – Museveni

Mu nama yiga ku ishoramari muri Afurika “Global African Investment Summit” yateguwe n’umuryango wa COMESA iri kubera i Kigali, Perezida Yoweri Museveni na Paul Kagame basabye abashoramari bayitabiriye kutita ku bibi bivugwa kuri Afurika, ahubwo bagatumbera ibyiza n’amahirwe y’ishoramari ifite. Nyuma yo kuvuga ijambo rifungura iyi nama, Perezida Paul Kagame, Perezida Museveni wa Uganda n’abandi […]Irambuye

Byari ibyishimo ku Banyarwanda baba Ghana, nyuma yo kunganya n’u

Kuwa gatandatu – Mu mukino wo kwishyura usoza imikino y’amatsinda, mu guhatanira itike yo kujya mu mikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika (CAN) 2017 kizabera muri Gabon, u Rwanda rwanganyirije na Ghana iwayo igitego 1-1. Byari ibyishimo ku Banyarwanda baba muri Ghana. Uyu mukino wabaye ari uwo guharanira ishema gusa kuko Ghana yamaze kubona itike […]Irambuye

Uyu mwaka Parc y’Ibirunga izasurwa n’abarenga 30 000 binjize hafi

Ubuyobozi bwa Parike y’Igihugu y’Ibirunga buratangaza ko uyu mwaka uzarangira bakiriye abakerarugendo barenga ibihumbi 30, bashobora kuzinjiza amafaranga asaga Miliyoni 16 z’Amadolari ya Amerika. Kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Nzeri, mu Kinigi mu Karere ka Musanze harabera umuhango wo kwita izina abana b’ingagi 22 bavutse muri uyu mwaka. Uyu muhango uzitabirwa n’abayobozi bakuru b’u […]Irambuye

en_USEnglish