Digiqole ad

K.Pierrot ntiyakoze imyitozo ariko azakina umukino wa Police FC- Masudi

 K.Pierrot ntiyakoze imyitozo ariko azakina umukino wa Police FC- Masudi

Masudi Djuma aremeza ko azakoresha Kwizera Pierrot nubwo nta myitozo yakoze.

Kuri uyu wa gatatu, Rayon Sports yakoze imyitozo ya nyuma yitegura igikombe kibanziriza Shampiyona cyateguwe n’Umujyi wa Kigali. Kwizera Pierrot uri i Burundi ntiyakoranye imyotozo na bagenzi be, ariko azakina umukino wa Police FC.

Masudi Djuma aremeza ko azakoresha Kwizera Pierrot nubwo nta myitozo yakoze.
Masudi Djuma aremeza ko azakoresha Kwizera Pierrot nubwo nta myitozo yakoze.

Kuri uyu wa kane tariki 08 Nzeri 2016, mu Rwanda aharatangira igikombe gihuza  amakipe umunani, yo mu Rwanda no muri DR Congo.

Iki gikombe kibanziriza shampiyona z’ibihugu byombi cyateguwe n’umujyi wa Kigali, ‘AS Kigali Pre-Season Tournament 2016’.

Ku munsi wa mbere w’iri rushanwa, hazakinwa imikino ibiri izabera kuri Stade ya Kigali. AS Kigali izakina na AS Vita Club saa 15:30. Nyuma Rayon Sports ikine na Police FC saa 18h00.

Imyitozo ya nyuma Rayon Sports yakoze mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, ntiyagaragayemo abakinnyi b’Abarundi Kwizera Pierrot na Nahimana Shasir bari barahamagawe n’ikipe y’igihugu.

Nyuma y’imyitozo umutoza wa Rayon Sports Masudi Djuma yabwiye Umuseke ko aba basore bombi bagera mu Rwanda uyu munsi kuwa gatatu. Kandi umwe muri bo azakina na Police FC.

Bakoze imyitozo ya nyuma bitegura Police FC.
Bakoze imyitozo ya nyuma bitegura Police FC.

Masudi yagize ati “Ku cyumweru bakiniye Intamba (ikipe y’igihugu y’u Burundi) umukino wo gushaka itike ya CAN. Bakiniye muri Niger. Bava yo baciye mu Rwanda, ariko bagombaga gusubira i Burundi kuzana ibintu byabo, bakaza gutangira akazi ka Rayon Sports.”

Yongeraho ati “Kwizera Pierrot kuko amenyeranye na bagenzi be, azagaragara no mu mukino w’ejo tuzakina na Police FC. Ariko Shasir we biragoye kuko nta myitozo ihagije yakoze ku buryo yakoreshwa. Gusa nawe mu mikino itaha nzatangira kumukoresha. Gusa abandi mfite aha ni beza, abakinnyi babiri ntibateza ikibazo cyane.”

Biteganyijwe ko aba Barundi basanga abandi bakinnyi ba Rayon Sports mu mwiherero wo kwitegura ‘AS Kigali Pre-Season Tournament 2016’ ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu.

Abanyezamu Rayon Sports izakoresha uyu mwaka ni, Evarist Mutuyimana, Ndayishimiye Eric Bakame na Bashunga Abouba.
Abanyezamu Rayon Sports izakoresha uyu mwaka ni, Evarist Mutuyimana, Ndayishimiye Eric Bakame na Bashunga Abouba.
Uyu mwaka Ndayishimiye Eric Bakame azakomeza kuba Kapiteni wa Rayon Sports, yungirizwe na Kwizera Pierrot utaragera mu Rwanda.
Uyu mwaka Ndayishimiye Eric Bakame azakomeza kuba Kapiteni wa Rayon Sports, yungirizwe na Kwizera Pierrot utaragera mu Rwanda.
Umukinnyi wa Rayon Sports n'Amavubi Munezero Fiston uvuye muri Ghana, yasubiye mu ikipe ye.
Umukinnyi wa Rayon Sports n’Amavubi Munezero Fiston uvuye muri Ghana, yasubiye mu ikipe ye.
Kuri uyu wa kane Moussa Camara azakina umukino wa mbere w'irushanwa muri Rayon Sports.
Kuri uyu wa kane Moussa Camara azakina umukino wa mbere w’irushanwa muri Rayon Sports.
Eric Irambona na Mugisha Francois Master mu myitozo ya nyuma bitegura Police FC.
Eric Irambona na Mugisha Francois Master mu myitozo ya nyuma bitegura Police FC.
Nyuma y'imyitozo, abatoza bayobowe na Masudi Djuma, babwiye Perezida wa Rayon Gacinya Dennis ko abakinnyi bari i Burundi bagera mu kazi uyu munsi.
Nyuma y’imyitozo, abatoza bayobowe na Masudi Djuma, babwiye Perezida wa Rayon Gacinya Dennis ko abakinnyi bari i Burundi bagera mu kazi uyu munsi.

Roben NGABO
UM– USEKE.RW

5 Comments

  • Oya na Shasir azamukinishe ho gatoya twirebere!

  • Rayon sport Oyeeeeeeeeee.
    Banyamakuru beza mujye mukomeza mutugezeho amakuru meza agezweho muri rayon buri munsi,biraturyohera.
    Mukora akazi keza.

  • Nta pression ihari mukinishe abahari iyi ni pré season si championnat.

  • tuzagitwara ndabivuze nzabisubiramo

  • Kuki adaginisha gusa abo yakoranye nabo imyitozo ntazi ko ari pre season ariko abatoza bacirirtse niko bakora wabona yarategereje amarozi azamuzanira yiwabo

Comments are closed.

en_USEnglish