Rusizi: Hari abo bisaba 8 000 Frw cyangwa ukagenda KM

Mu gihe usanga igihugu kigenda gitera imbere ndetse n’ubwikorezi bw’abantu n’ibintu burushaho kugera henshi, mu Tugari twa Rwambogo na Nyamihanda ho mu Murenge wa Butare, mu Karere ka Rusizi, kugira ngo bagere ku Murenge ngo bibasaba kugenda urugendo rw’ibilometero 32, mu gihe udafite amafaranga y’u Rwanda 8 000 yo gutega za moto. Iyi mvune abaturage […]Irambuye

Rayon yanze gukina umukino ufungura Shampiyona kubera FERWAFA

Mu gihe habura iminsi ibiri ngo Shampiyona itangire, Rayon Sports yamaze gutangaza ko itazakina umukino ufungura kuko FERWAFA yatinze gutanga ibyangombwa by’abakinnyi. Kuri uyu wa gatatu tariki 12 Ukwakira, nibwo Rayon Sports itangaje ku mugaragaro ko ititeguye gutangira imikino ya Shampiyona, kubera ko ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “FERWAFA” butubahirije ibyo bumvikanye mu nama y’inteko […]Irambuye

Rusumo: Umupaka n’ikiraro bishya bimaze kuzana impinduka nziza

*Tariki 06 Mata 2016, nibwo hatashye iki kiraro n’ibiro by’umupaka uhuriweho bishya *Ibi bikorwaremezo byubakiwe rimwe ku ruhande rw’u Rwanda na Tanzania ku nkunga y’Ubuyapani *Byatashwe ku mugaragaro na Paul Kagame na Perezida Dr. John Pombe Magufuli. Nyuma y’amezi macye ibi biro by’umupaka uhuriweho “One stop Border Post” wa Rusumo ndetse n’ikiraro mpuzamahanga gihuza ibihugu […]Irambuye

Nigeria: Igisasu cyaturikiye muri Parking y’imodoka gihitana 18

Igisasu cyaturikiye muri parking y’imodoka, mu mujyi wa Maiduguri uherereye mu Majyaruguru ya Nigeria cyahitanye abantu kugeza ubu babarirwa muri 18. Imodoka yari irimo iki gisasu cyaturitse, yasanzwemo ikindi gisasu cya kabiri cyo cyateguwe kitaraturika. Iki gitero cy’ubwiyahuzi cyabereye ngo kuri “Muna garage” mu nzira ijya ahitwa Gamboru Ngala, cyatunguye benshi kuko imodoka zaturikanywe n’igisasu […]Irambuye

Uburusiya bwitambitse embargo y’intwaro kuri Sudani y’Epfo

Uburusiya bwatangaje ko buzifashisha ijambo bufite bugahagarika umwanzuro uwo ariwo wose w’Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye (UN Security Council) ugamije gufatira ibihano “embargo” Sudani y’Epfo biyibuza gutumiza kugura intwaro. Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye uri gucyura igihe, Ban Ki-moon yabwiye UN Security Council ko Guverinoma ya Sudani y’Epfo idashyira imbaraga zikwiye muri gahunda yo kohereza ingabo mpuzamahanga […]Irambuye

PAC yasabye ubushinjacyaha gusuzima icyihishe inyuma yo kwimana amakuru ku

Nyuma yo kugaragaza ibibazo mu micungire y’imari no kumva ibisobanuro by’abayobozi b’Akarere ka Nyamagabe, Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta wungirije Habimana Patrick, yabwiye Abadepite ko aka Karere kagora abakozi b’uru rwego mu gutanga amakuru, avuga ko bishobora kuba ari nayo ntandaro y’amakosa bakora. PAC ihita isaba ubushinjacyaha kujya gusuzuma icyihishe inyuma yo kwimana amakuru ku […]Irambuye

Police mu iperereza ku rupfu rwa Rwabukamba yemeza ko yiyahuye

Police y’u Rwanda iremeza ko Umunyemari Vénuste Rwabukamba uzwi cyane mu mujyi wa Rwamagana witabye Imana kuri uyu wa mbere yiyahuye. Ndetse ngo yatangiye iperereza ku rupfu rwe. Ejo twabagejejeho inkuru ku rupfu rw’umunyemari Vénuste Rwabukamba uzwi cyane mu mujyi wa Rwamagana, wasanzwe murugo iwe yapfuye. Bikimara kuba Police y’u Rwanda ntiyahise itanga amakuru ku […]Irambuye

APR FC yagaruye umunyamahanga ku rutonde izakoresha uyu mwaka

Ngando Omar ukinira ikipe y’igihugu y’u Burundi yagaragaye ku rutonde rw’abakinnyi 29 APR FC izakoresha muri uyu mwaka w’imikino. N’ubwo ubusanzwe ifite Politiki yo kudakinisha abakinnyi b’abanyamahanga. Kuri uyu wa kabiri tariki 11 Ukwakira 2016, nibwo APR FC yatangaje urutonde rw’abakinnyi izakoresha uyu mwaka w’imikino 2016-2017. Kuri uru rutonde, hagaragayeho umukinnyi wakiniye ikipe y’igihugu y’u […]Irambuye

APR FC yatangaje urutonde rw’abakinnyi izakoresha

APR FC yamaze gushyira ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 29 izakoresha muri uyu mwaka w’imikino wa 2016-2017. Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa internet rwa APR FC, aba bakinnyi ngo nibo izakoresha mu marushanwa yose ifite igomba kuzakina, yaba ayo mu Rwanda ndetse n’amarushanwa mpuzamahanga. Kuri uru rutonde hagaragayeho myugariro w’ibumoso Imanishimwe Emmanuel ibye bitarasobanuka neza kuko Rayon […]Irambuye

en_USEnglish