Rebero: Abanyapolitiki bagomba gukunda igihugu n’abo bayobora- Hon.Makuza (Amafoto)

Kuri uyu wa gatatu tariki 13 Mata, mu muhango gusoza icyumweru cy’icyunamo wabereye ku rwibutso rw’abanyapolitiki bazize Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku musozi wa Rebero, mu Karere ka Kicukiro, Perezida wa Sena Bernard Makuza yasabye abanyapolitiki kugira indangagaciro zo gukunda igihugu, ndetse n’abo bayobora. Kuri uru rwibutso rwa Rebero hashyinguwe imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi […]Irambuye

Hakenewe imbaraga nyinshi mu kurwanya ingengabitekerezo n’ingaruka zayo,…Ikiganiro na Perezida

*Abapfobya Jenoside barashora cyane, natwe dukwiye gushora mu guhangana nabo; *Amasomo yo kurwanya ingengabitekerezo akwiye kwigishwa abana bose kimwe; *Abana barokotse baracyakeneye gufashwa kwiga kugira ngo babashe guhangana ku isoko ry’umurimo *Abarokotse baracyafite ibikomere kandi bizakomeza kubaho imyaka yose; *Gusa nyuma y’imyaka 22, abarokotse bageze kure biyubaka. Mu kiganiro na Dr Dusingizemungu Jean Pierre uyobora […]Irambuye

Karongi : Umudugudu w’abacitse ku icumu rya Jenoside watangiye gusenyuka

Abatuye mu mudugudu wa Bupfune w’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi baratabaza kuko bamwe inzu zatangiye kubagwaho, abandi zamaze guhirima. Nyiransengimana Scholastique utuye muri uyu mudugudu avuga ko amazi ava mu misozi ya Nyabugwagwa na Josi   aza akinjira munzu zabo akabasenyera, ku buryo inzu zimwe zatangiye kugwa, ndetse bamwe bagiye no gucumbika kuko inzu […]Irambuye

Tuyisenge Jacques urimo kwitwara neza muri Kenya azirikana abazize Jenoside

Tuyisenge Jacques ukomeje kwitwara neza aho akina muri Kenya, yadutangarije ko azirikana cyane abasaga miliyoni bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda 1994. Uyu rutahizamu wa Gor Mahia ifite igikombe cya Shampiyona muri Kenya, avuga ko Jenoside yabaye afite imyaka ibiri gusa. Ntabwo yibuka byinshi byayibayemo kuko yari muto, ariko yayitakarijemo abe, kandi ababazwa cyane n’aya […]Irambuye

Abunganira Munyagishari basabye ko agirwa umwere, n’ubufasha bwa 12 000

*Abunganira Munyagishari (atemera) bareguuye umukiliya wabo adahari; *Ku cyaha cy’Ubufatanyacyaha mu gukora icyaha cya Jenoside, Me Bikotwa ati “uwo bafatanyije ari he?” *Me Bikotwa ngo Ubushinjacyaha bwatubuye ibyaha,Ati “Ubushinjacyaha buvuga ibyo butazi;” *Abavoka barasaba ko umukiliya wabo akagirwa umwere, n’ubufasha bwa Miliyoni 12 Frw. Mu rubanza Ubushinjacyaha bukuru bukurikiranyemo Munyagishari Bernard ibyaha birimo gusambanya ku […]Irambuye

Kwibuka 22: Abanyarwanda baba Abidjan bibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 09 Mata 2016, Abanyarwanda bagize Diaspora yo muri Côte d’Ivoire bafatanije n’inshuti zabo bahuriye mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Uyu muhango wabereye Abidjan mu cyumba mberabyombi cya Latrille Event, ukaba witabiriwe n’abantu b’ingeri nyinshi, harimo Abanyarwanda bakorera umuryango w’abibumbye, abakorera Banki […]Irambuye

Imikino yo Kwibuka izafasha Amavubi kwitegura Mozambique – FERWAFA

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “FERWAFA” ryatumiye ibihugu bitandatu birimo bine byo mu karere, mu irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rigiye kuba ku nshuro ya kabiri. Iyi mikino, ngo izanafasha Amavubi kwitegura umukino wa Mozambique mu gushaka itike ya AFCON 2017. Haruna Niyonzima mu mukino wo kwibuka Amavubi yahuye na Kenya mu […]Irambuye

Umubano mwiza na Tanzania uzakemura ibibazo byose hagati y’ibihugu byombi–

*Umubano mwiza dufitanye na Tanzania uzakemura ibibazo byose byaba bihari; *Ibibazo by’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzania nabyo bizaganirwaho; *Uko dukangurira Abanyarwanda kugura ibyakorewe iwabo, n’inganda zikangurirwe gukora ibyiza kandi byinshi; *Abarokotse tuzakomeza kubafasha bishoboka. Kuri uyu wa gatandatu, mu kiganiro n’abanyamakuru Perezida wa Repubulika Paul Kagame yizeje ko kubera ubushake Perezida wa Tanzania Dr John Magufuli […]Irambuye

Kabgayi: Ubuhutu, ubututsi n’ubutwa byazanywe n’abanyapolitiki -Msgr S.Mbonyintege

Muhanga – Mu gikorwa cyo Kwibuka ku ncuro ya 22 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, Musenyeri MBONYINTEGE Smaragde akaba n’umushumba wa Diyozese ya Kabgayi yatangaje ko ikibazo cy’ubwoko bw’abahutu, abatutsi n’abatwa cyazanywe n’Abanyapolitiki bashaka kugera ku nyungu zabo. Ibi Musenyeri  Mbonyintege Smaragde, yabigarutseho mu ijambo yavugiye mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 22  bitaro […]Irambuye

en_USEnglish