Valens NDAYISENGA yegukanye Etape 2 Kigali>>>Karongi

Etape ya kabiri yo kuri uyu wa kabiri, Kigali>>>Karongi(124Km)  yegukanywe na Valens Ndayisenga w’ikipe ya Dimension Data yo muri South Africa akoreshe 3h16’46’. Yakurikiwe na Kangagi Suleiman w’ikipe ya Kenya wakoresheje 3h17’52”. Ku mwanya wa gatatu haje Areruya Joseph wakoresheje 3h18’13”. Mu 10 baje imbere uyu munsi batanu ni abanyarwanda. Uko isiganwa ryagenze LIVE: Abasiganwa […]Irambuye

Nathan Byukusenge arifuza gukora agashya muri iyi Tour du Rwanda

Kapiteni wa Team Rwanda, Nathan Byukusenge ari mu bakinnyi bake bamaze gukina Tour du Rwanda zose kuva yaba mpuzamahanga. Uyu mwaka Nathan uri gukina iya nyuma avuga ko yifuza gukora icyo azibukirwaho. Hagati ya tariki 13 – 20 Ugushyingo 2016, mu Rwanda hari Tour du Rwanda 2016. Iri siganwa riri kuba kunshuro ya munani (8) […]Irambuye

Ruhango: Imodoka yishe umugore n’umugabo n’abana babo babiri

Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, mu mudugudu wa Ntenyo kagari ka Ntenyo mu murenge wa Byimana hafi y’ahitwa ku Ntenyo imodoka yagonze abaturage bagendaga ku muhanda yica umugore n’umugabo we n’abana babo babiri. Enock Nkurayija n’umugore we Musabyimana Rachel n’abana babo uw’umuhungu witwa Emile Mfitumukiza, na mushiki we Dukundimana Alice bari bavuye ku isoko rya […]Irambuye

DRCongo: Radio na TV mpuzamahanga zabujijwe gukora zisanzuye

Muri Congo Kinshasa, kuri uyu wa mbere Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’itumanaho akaba n’umuvugizi wa Leta Lambert Mende yavuze ko kubera uburyo itangazamakuru mpuzamahanga rikora ibyo AbanyeCongo badashaka guhera tariki 12 Ukuboza 2016 nta gitangazamakuru mpuzamahanga kizongera gukora kidakorana mu buryo butaziguye n’igitangazamakuru cy’imbere mu gihugu. Mu nama yari yatumiwemo itangazamakuru, Lambert Mende yanenze cyane uburyo […]Irambuye

Ku bitaro bya Kibuye nta mazi kuko Abashinwa baciye impombo

Mu gukora umuhanda Karongi – Nyamasheke  – Rusizi kompanyi y’abashinwa yawukoze hari ibikorwa remezo yangije bimwe irabisana ibindi ntiyabisana. Amatiyo (tuyau) ajyana amazi ku bitaro bya Kibuye yaciwe muri uwo murimo ariko ntibayasana byatumye amazi aba macye mu bitaro kugeza ubu. Umwe mu bashinwa bakuriye abandi bubatse uyu muhanda witwa Mr Ji yabwiye Umuseke ko […]Irambuye

Min. Kanimba ati “izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa ni ikibazo kidukomereye”

Kuri uyu wa mbere tariki 14 ugushyingo 2016 mu kiganiro n’abanyamakuru  Minisitiri w’Ubucuruzi, Inganda n’umuryango wa Africa y’Iburasirazuba Francois Kanimba yavuze ko ikibazo cy’izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa ku masoko mu Rwanda kibakomereye. Umunyamakuru yabajije Minisitiri ibijyanye n’izamuka ry’ibiciro ritegeze ribaho mu Rwanda aho ubu ibiribwa by’ibanze nk’ikilo cy’ibishyimbo kigeze kuri 700frw,  igitoki kigura 350frw ku kiro […]Irambuye

Umuvunyi Mukuru arasaba abanyarwanda kuba maso ku biyitirira uru rwego

Mu cyumweru gishize Police y’u Rwanda yerekanye abasore babiri n’umukobwa umwe bakoranaga bakiyitirira ko bakorana n’Urwego rw’Umuvunyi basaba ruswa abaturage ngo babahuze n’urwo rwego. Kuri uyu wa 14 Ugushyingo Urwego rw’Umuvunyi rwasohoye itangazo rihamagarira abaturarwanda kwima amatwi abiyitirira Urwego rw’Umuvunyi  babasaba gutanga ruswa. Iri tangazo rigira riti “Bitewe n’abamaze iminsi biyitirira Urwego rw’Umuvunyi basaba amafaranga abaturage, […]Irambuye

Guillame Boivin atsinze Etape 1 Kigali >>Ngoma. Areruya Joseph afata

12h15′: Iyi etape yegukanywe na Guillaume Boivin w’ikipe yo muri Israel akoresheje 2h12’35 ibihe bimwe n’iby’abandi 17 bose bamukurikiye. Umunyarwanda Areruye Joseph w’ikipe ya Les Amis Sportif y’i Rwamagana niwe wafashe ‘Maillot Jaune’ y’uyoboye irushanwa kugeza ubu bateranyije Prologue n’iyi etape irangiye. Mu bakinnyi 17 ba mbere harimo abanyarwanda batandatu; Uwizeye Jean Claude(6), Areruya Joseph(10),  Jean Bosco […]Irambuye

Diabète: Miliyoni 500 barayirwaye, buri masegonda 6 yica umuntu ku

Kuri miliyoni hafi 500 z’abarwayi ba Diabète ku isi, hafi miliyoni eshanu bahitanwa n’iyi ndwara ikomeje kwibasira isi dutuyeho buri mwaka. Muri iki gihe umuntu umwe urwaye Diabète aba apfuye nyuma y’amasegonda atandatu (6 sec), ku isi yose. Ni ukuvuga ko miliyoni 4,6 ziba zimaze guhitanwa na Diabète mu mwaka umwe. Uyu munsi tariki 14 Ugushyingo […]Irambuye

Ni nde uzishyura ibyo ubwishingizi bugenera umugore uri mu kiruhuko

Umugore uri mu kiruhuko cyo kubyara azajya yishyurwa n’umukoresha we 100% by’ amafaranga y’ikiruhuko cyo kubyara cyose (ibyumweru 12) hanyuma nawe (umukoresha) agasigare asaba RSSB gusubizwa angana n’ayo umugore agenerwa n’ubwishingizi bw’ikiruhuko cyo kubyara (80% y’umushahara w’ibyumweru 6 bya nyuma by’ikiruhuko cyo kubyara). Ibi ni bimwe mu bikubiye mu Iteka rya Minisitiri Nº 007/16/10/TC ryo […]Irambuye

en_USEnglish