Digiqole ad

Guillame Boivin atsinze Etape 1 Kigali >>Ngoma. Areruya Joseph afata ‘maillot-jaune”

 Guillame Boivin atsinze Etape 1 Kigali >>Ngoma. Areruya Joseph afata ‘maillot-jaune”

Nyuma yo kuba uwa kabiri umwaka ushize, uyu mwaka afite amahirwe yo gutwara Tour du Rwanda

12h15′: Iyi etape yegukanywe na Guillaume Boivin w’ikipe yo muri Israel akoresheje 2h12’35 ibihe bimwe n’iby’abandi 17 bose bamukurikiye. Umunyarwanda Areruye Joseph w’ikipe ya Les Amis Sportif y’i Rwamagana niwe wafashe ‘Maillot Jaune’ y’uyoboye irushanwa kugeza ubu bateranyije Prologue n’iyi etape irangiye.

Nyuma yo kuba uwa kabiri umwaka ushize, uyu mwaka afite amahirwe yo gutwara Tour du Rwanda
Nyuma yo kuba uwa kabiri umwaka ushize, uyu mwaka afite amahirwe yo gutwara Tour du Rwanda

Mu bakinnyi 17 ba mbere harimo abanyarwanda batandatu; Uwizeye Jean Claude(6), Areruya Joseph(10),  Jean Bosco Nsengimana (12), Gasore Hategeka(14), Valens Ndayisenga(16) na Nathan Byukusenge(17).

 

Etape ya mbere ya Tour du Rwanda iratangiye, abasiganwa bahagurutse ku Kicukiro imbere ya IPRC-Kigali (ahahoze ETO Kicukiro) berekeje i Ngoma aho bahagarara mu kagari ka Cyasemakamba. Turamenya uwa mbere mu masaha macye ari imbere.

Kicukiro ahitwa Sonatubes, abantu bari benshi bategereje ko babareba baturuka ruguru ahitwa Centres
Kicukiro ahitwa Sonatubes, abantu bari benshi bategereje ko babareba baturuka ruguru ahitwa Centres

Bahagurutse ari abasiganwa barenga gato 70 bavuye mu mahanga anyuranye bitabiriye iri rushanwa, muri bo harimo abanyarwanda 15 ari nabo bahabwa amahirwe yo kwegukana iri rushanwa kuko mu myaka ibiri ishize baryegukanye.

Ku muhanda wa Kicukiro, Remera, gukomeza Kabuga no ku zindi centres n’ibyaro ugana Iburasirazuba abantu ni uruvunganzoka baje kwihera ijisho ibi byiza ku buntu.

Umwe mu basore b'abanyarwanda bari gusiganwa mbere gato yo guhaguruka ku Kicukiro
Umwe mu basore b’abanyarwanda bari gusiganwa mbere gato yo guhaguruka ku Kicukiro
Umusore wo mu ikipe yavuye muri Ethiopia
Umusore wo mu ikipe yavuye muri Ethiopia
Jeremy umwe mu bato bari gusiganwa muri Tour du Rwanda
Jeremy umwe mu bato bari gusiganwa muri Tour du Rwanda
Bonaventure Uwizeyimana umunyarwanda ubu ukinira ikipe ya Dimension Data muri South Africa
Bonaventure Uwizeyimana umunyarwanda ubu ukinira ikipe ya Dimension Data muri South Africa
Rugg Timothy ufite malliot jaune mbere yo guhaguruka
Rugg Timothy ufite malliot jaune mbere yo guhaguruka
Ikipe y'u Rwanda yitegura
Ikipe y’u Rwanda yitegura
Uwambaye amataratara ni Abraham Ruhumuriza umaze imyaka irenga 15 asiganwa muri Tour du Rwanda
Uwambaye amataratara ni Abraham Ruhumuriza umaze imyaka irenga 15 asiganwa muri Tour du Rwanda
Maillot Jaune araganira n'ikipe ye bavanye muri Canada
Maillot Jaune araganira n’ikipe ye bavanye muri Canada
Ku mirongo bitegura guhaguruka
Ku mirongo bitegura guhaguruka
Baribaza uko biza kurangira
Baribaza uko biza kurangira
Maillot-jaune aba ari ku murongo wa mbere
Maillot-jaune aba ari ku murongo wa mbere
Umuyobozi w'irushanwa imbere yabo
Umuyobozi w’irushanwa imbere yabo
Valens Ndayisenga wegukanye iri rushanwa 2014 ari mu bahabwa amahirwe
Valens Ndayisenga wegukanye iri rushanwa 2014 ari mu bahabwa amahirwe
Ni amahirwe ku rubyiruko ruri mu biruhuko
Ni amahirwe ku rubyiruko ruri mu biruhuko
Umuhanda bawukikije bategereje
Umuhanda bawukikije bategereje
Amatsiko ni menshi
Amatsiko ni menshi
Abanyeshuri muri Kaminuza y'iby'ubukerarugendo (yahoze yitwa RTUC) basohotse ngo barebe amagare
Abanyeshuri muri Kaminuza y’iby’ubukerarugendo (yahoze yitwa RTUC) basohotse ngo barebe amagare
Ku mihanda amatsiko ni menshi mu gihe amagare ari hafi kubageraho
Ku mihanda amatsiko ni menshi mu gihe amagare ari hafi kubageraho
Umutekano imbere yabo urarinzwe cyane
Umutekano imbere yabo urarinzwe cyane
Aba mbere baje, ntabwo mu gutangira baba bihuta cyane, imbere yabo hari umuyobozi wa course
Aba mbere baje, ntabwo mu gutangira baba bihuta cyane, imbere yabo hari umuyobozi wa course
Mu b'imbere hari Timothy umunyamerika ukina muri Canada wambaye ubu 'maillot-jaune' kuko yayegukanye ejo kuri Prologue
Mu b’imbere hari Timothy umunyamerika ukina muri Canada wambaye ubu ‘maillot-jaune’ kuko yayegukanye ejo kuri Prologue
Za moto kabuhari n'abanyamakuru benshi barimo n'abavuye mu mahanga baragenda nabo bafata amashusho
Za moto kabuhari n’abanyamakuru benshi barimo n’abavuye mu mahanga baragenda nabo bafata amashusho

10h30′:  Mu Kabuga ka Musha niho hantu haterera honyine hari kuri iyi etape ya mbere, isiganwa rihageze Amanuel Meron Wa BikeAid ariwe uri imbere y’abandi.

Abasiganwa bari batarasobanuka ngo bamwe basige abandi cyane
Abasiganwa bari batarasobanuka ngo bamwe basige abandi cyane
Harimo amakipe arenga atandatu yo mu mahanga yaje gusiganwa
Harimo amakipe arenga atandatu yo mu mahanga yaje gusiganwa
Police iracungira bugufi ko isiganwa rigenda mu mutekano usesuye
Police iracungira bugufi ko isiganwa rigenda mu mutekano usesuye
Bari guhatana bose hamwe ari 71 harimo abanyarwanda 15 b'amakipe yo mu Rwanda
Bari guhatana bose hamwe ari 71 harimo abanyarwanda 15 b’amakipe yo mu Rwanda
Hari n'imbangukira gutabara zihagije mu gihe haba ikibazo cy'ubuzima
Hari n’imbangukira gutabara zihagije mu gihe haba ikibazo cy’ubuzima
Ababishoboye barifatira udufoto tw'ibi byiza ng bazabyibuke
Ababishoboye barifatira udufoto tw’ibi byiza ng bazabyibuke
Nibwo bagitangira, ubu nta gihunga nta n'umususu bataregera aho irushanwa rirangirira
Nibwo bagitangira, ubu nta gihunga nta n’umususu bataregera aho irushanwa rirangirira
Imodoka z'amakipe yabo ziba zibatwaje ibikoresho
Imodoka z’amakipe yabo ziba zibatwaje ibikoresho
Umuhanda uva mu mugi winjira Sonatubes ibinyabiziga byabaye bibererekeye isiganwa
Umuhanda uva mu mugi winjira Sonatubes ibinyabiziga byabaye bibererekeye isiganwa
Uyu niwe wari uri inyuma y'abandi ugeze kuri Sonatubes
Uyu niwe wari uri inyuma y’abandi ugeze kuri Sonatubes
Amashuri yarekuye abana bajya kwihera ijisho amagare
Amashuri yarekuye abana bajya kwihera ijisho amagare
Rugg Timothy wari yambaye yellow jersey, uyu munsi ntiyorohewe
Rugg Timothy wari yambaye yellow jersey, uyu munsi ntiyorohewe
Binjira i Rwamagana Areruye Joseph yari ayoboye igikundi ariko ahita atobokesha, amara iminota asaba ubufasha
Binjira i Rwamagana Valens Ndayisenga yari ayoboye igikundi ariko ahita atobokesha, amara iminota asaba ubufasha

10h40′: Mu mujyi wa Rwamagana Valens Ndayisenga aratobokesheje, amara 2min ahabwa ubufasha, ariko asubiye muri mu gikundi bitamugoye cyane kuko ari ahatambika.

11h10’: isiganwa ryinjiye muri Kayonza,  Nathan Byukusenge na Guillome Boivin wa Cycling Academy yo muri Israel bacomotse mu gikundi.

Areruya Joseph, Jean Bosco Nsengimana na JClaude Uwizeye barabakurikiye, bamaze gusiga igikundi 40sec

11h45′: Habura 10Km abasiganwa barindwi bari bari imbere basize abandi ho amasegonda 14. Abo barimo Valens Ndayisenga na J.Claude Uwizeye.

11h50′: Hasigaye 8Km Areruya Joseph nawe aje mu b’imbere mu gikundi ariko baregeranye cyane.

11h58 : Guillome Boivin wa Cycling Academy yo muri Israel wari mu gikundi kiri imbere asize abandi ho gato cyane yegukana Etape ya mbere ya Tour du Rwanda.

 

Mu bakinnyi 23 babaye abanyuma uyu munsi harimo abanyarwanda batatu; Samuel Mugisha (47), Mathieu Twizerane(61) na Jean Ruberwa (64) bose bakoresheje 2h14’30’’.

Uwa nyuma uyu munsi yabaye Hodari Zohar wo muri Cycling Academy yo muri Israel.

Ku rutonde rusange rw’isiganwa kugeza ubu Areruya Joseph ari imbere, amaze gukoresha 2h16’38’’ akurikiwe na Boivin Guillaume umaze gukoresha 2h16’39’’

Class. etape :  2

  1. Guillaume Boivin – Cycling Academy Team  (Canada)
  2. Solomon Semenfes – Eritrea Team
  3. Okubamariam Tesfom – Eritrea Team
  4. Buru Temesgen – Ethiopia Team
  5. Eyob Metkel – Dimension Data for Qubeka
  6. Uwizeye Jean Claude – Amis Sportif Rwamagana
  7. Fournet Fayard Sebastien – Haute Savoie Rhones Alpes (France)
  8. Afewerki Elyas – Eritrea
  9. Bussard Dimitri – Suisse Meubles Descartes
  10. Areruya Joseph – Amis Sportif Rwamagana

Aba bose bakoresheje 2h12’35”.

Classement General :
1. ARERUYA J. – Amis Sportif
2.  AMANUEL M. – Bike Aid

general

Ibihembo:
Maillot Jeunes- 61 – ARERUYA J. – AMI
Umunyafrica wa mbere   – ARERUYA J. – AMI
Umunyarwanda wa mbere – ARERUYA J. – AMI

Areruya Joseph amaze kwambikwa maillot jaune
Areruya Joseph amaze kwambikwa maillot jaune
Areruya yahembwe na RDB nk'umunyarwanda wahize abandi
Areruya yahembwe na RDB nk’umunyarwanda wahize abandi
Areruya Joseph w'imyaka 20 gusa, yanahize abandi bakiri bato
Areruya Joseph w’imyaka 20 gusa, yanahize abandi bakiri bato
Yanahembwe nk'umunya-Afurika uri imbere ku rutonde rusange
Yanahembwe nk’umunya-Afurika uri imbere ku rutonde rusange
Avuga ko nubwo hakiri kare bagenzi be bamufashije ashobora gutwara Tour du Rwanda
Areruya avuga ko nubwo hakiri kare bagenzi be bamufashije ashobora gutwara Tour du Rwanda yose
Boivin Guillaume ukomoka muri CANADA niwe watsinze etape y'uyu munsi
Boivin Guillaume ukomoka muri CANADA niwe watsinze etape y’uyu munsi
Amanuel Meron wageze mu Kabuga ka Musha ari imbere niwe wahembwe nk'uwarushije abandi kuzamuka
Amanuel Meron wageze mu Kabuga ka Musha ari imbere niwe wahembwe nk’uwarushije abandi kuzamuka

Photos © Roben Ngabo, Innocent ISHIMWE & D S Rubangura/UM– USEKE

Roben NGABO
UM– USEKE.RW

8 Comments

  • Nibyiza cyane nange umuhanda nawubyukiyeho.
    ndikwihera amaso abana bacu uko banyonga.
    ariko mwitubeshya Ngo Moto kabuhariwe! Ndabona
    utu tumoto turutwa nabagore beza

  • Umuseke muri serieux

  • Rwanda oyeee!!!!!!!!!!!!!

  • abahungu bacu tubari inyuma rwose

  • Well done Umuseke kuri update. Ni byiza kabisa uko mubikora

  • ALLELUA ALLELUA! KOMEREZA AHO RWOSE TURAGUSHYIGIKYE. IGIKOMBE KIZATAHE IWACU

  • Wawouu; congz abahungu bacu,tubari inyuma!

  • Turiya tujipo twuduce two two se turi mu mamaki? Apuuu!!!

Comments are closed.

en_USEnglish