Month: <span>January 2017</span>

Green P ngo ntiyava muri Hip Hop kuko ariyo yamugize

Umuraperi Green P yemeza ko injyana ya Hip Hop ariyo yamuzamuye ituma yubaka izina afite ubu, bityo ngo ntiyareka kuyikora ngo ajye mu zindi. Elie Rukundo uzwi ku izina rya Green P, ni umuvandimwe wa Benjamin Mugisha “The Ben” akaba yaratangiriye ‘rap’ muri Group ya Tough Gangz, akorana na Bull Dog, Fireman na Jay Polly. […]Irambuye

FF 91 imodoka yihuta kurusha izindi ku isi yaraye imuritswe

Mu ijoro ryakeye ikigo gikora imodoka zikoresha ikoranabuhanga rihanitse kitwa Faraday Future cyaraye kimurikiye abantu mu mujyi wa Las Vegas imodoka bise FF 91 bivugwa ko ariyo yihuta kurusha izindi ku isi kandi ikaba  itwarwa n’amashanyarazi ndetse ikitwara ikoresheje ibyo bita ‘artificial intelligence’. Iyi modoka ishobora kugenda ibirometero 400 ku isaha ikoresheje umuriro muke baba bayishyizemo. […]Irambuye

Umuraperi P-Fla yajyanywe Iwawa

Umuraperi P-Fla uzwi cyane muri Rap z’amagambo akarishye cyane ubu amaze iminsi ari mu kigo ngororamuco cya Iwawa mu kiyaga cya Kivu kubera ahanini ingaruka ziva ku biyobyabwenge bikabije. Uyu muhanzi uzwi mu ndirimbo nka “Gasopo Dogg”, “Ghetto”, “Akabindi k’umurozi” yakunze kuvugwaho gukoresha ibiyobyabwenge cyane no gufungwa bya hato na hato biturutse kuri ibi cyangwa […]Irambuye

Philippine: Imfungwa 150 zatorotse uburoko icyarimwe

Nibura umuntu umwe yasize ubuzima muri iki gikorwa cyo gutoroka uburoko muri “Philippine Prison Break”. Imfungwa zibarirwa ku 150 zasimbutse gereza iri mu majyepfo y’ibirwa bya Philippines nyuma y’uko abantu bitwaje intwaro bateye iyo gerereza. Ubuyobozi bw’igihugu burakeka ko icyo gitero cyagabwe n’abantu bafitanye isano n’Umutwe wa Kiyisilamu ushaka ko ako gace kigenga. Abantu babarirwa […]Irambuye

Kayonza: 5 bayobora koperative y’abahinga umuceri barakekwaho kunyereza miliyoni 8

Abayobozi batanu ba Koperative ‘Duterimbere Murundi’ y’abahinzi b’umuceri bo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza batawe muri yombi bakekwaho kunyereza umutungo w’abanyamuryango ungana na miliyoni umunani z’amafaranga y’u Rwanda. Mu batawe muri yombi harimo Perezida w’iyi Koperative, umucungamutungo n’abandi batatu bari muri komite nyobozi y’iyi koperative Duterimbere Murundi. Umuvugizi wa Police y’u Rwanda […]Irambuye

Rubavu: Abarobyi mu ndaya bikabije, bagura kuva kuri 500Frw

* Abagore babo bavuga ko bugarijwe no kwandura SIDA * Iyo bavuye kuroba ‘feri’ ya mbere ngo no mu nzu z’indaya ziri hafi *Mu barobyi 460, abafite hagati y’imyaka 20 na 24 ni 200, ngo nibo bagura cyane Abarobyi mu Kiyaga cya Kivu hafi y’ahitwa kuri ‘Brasserie’ ni mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka […]Irambuye

Abarenga 70 bamaze kwiyandikisha mu irushanwa rya Miss Rwanda 2017

Uko imyaka igenda ishira, ni nako irushanwa ryo gutoranya nyampinga w’u Rwanda rigenda rirushaho kumvikana cyane. Ibi bigaragarira mu bwitabire bw’abakobwa bibonaho uburanga n’ubuhanga. Mu minsi itanu ishije bishyizwe ku mugaragaro na Rwanda Inspiration Back Up ko abakobwa bashobora gutangira kwiyandikishiriza aho baherereye, abamaze kwiyandikisha mu ntara zose barasaga 70. Nk’uko bitangazwa na Ishimwe Dieudonne […]Irambuye

Episode 88: Eddy urukundo ruramunaniye, yiyemeje guta akazi akajya kwibera

Nongeye kugarura ubwenge nisanze mu rugo mbona James na Kadogo  bicaye iruhande rwanjye maze gutuza neza James ambwira ukuntu nataye ubwenge maze kumva ibya Jane yabona bikomeye akantegera taxi voiture ikanzana mu rugo. Ubwo byabaye ngombwa ko James aguma iwanjye iminsi ibiri ngenda ngarura imbaraga ndetse nza no gusubira mu kazi, uwakunze kandi nkanakundwa Eddy ntangira ubuzima […]Irambuye

Lisansi imaze kuzamukaho 82Frw mu mezi 4 ashize

Ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye igihugu akamaro cyatangaje guhera kuri uyu wa gatatu litiro imwe ya lisansi igura amafaranga 970 naho mazutu ikagura 932 kuri Litiro.   Igiciro cya Lisansi cyari kuri 948/L guhera mu kwezi kwa 11 umwaka ushize, nabwo kikaba cyari kimaze iminsi kizamutseho amafaranga 60 aho mu ntangiriro […]Irambuye

Q3: GDP y’u Rwanda yazamutseho 5.2%, ubukungu buri kuzamuka kuri

Raporo nshya, Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare cyashyize hanze kuri kuri uyu wa gatatu, iragaragaza ko umusaruro mbumbe (GDP) w’u Rwanda  wazamutseho 5.2%. Inzego zose z’ubukungu bw’igihugu zarazamutse. Imibare y’igihembwe cya gatatu cy’umwaka wa 2016, iragaragaza ko umusaruro mbumbe w’igihugu muri icyo gihembwe wazamutse, ukigereranyije n’igihembwe cya gatatu cy’umwaka wa 2015, n’igihembwe cya kabiri cya 2016. Umusaruro […]Irambuye

en_USEnglish