Month: <span>May 2015</span>

Jules na Gaby bagiye gushyira hanze indirimbo bise ‘Nyiramariza’

Jules Sentore na Umutare Gaby ni bamwe mu bahanzi nyarwanda bamaze kumenyekana cyane mu kuririmba by’umwimerere ‘Live’ no kuba bakora injyana gakondo itari imenyerewe cyane mu bahanzi nyarwanda. Kuri ubu bahuriye mu ndirimbo bise ‘Nyiramariza’. Ni nyuma y’aho aba bahanzi bombi ngo n’ubusanzwe ari umwe mu mushinga bahoraga bifuza kuzakorana ariko kubera gahunda za hato […]Irambuye

“Inkoni iragira inka ntirinda amafaranga,” Hon Mukakarangwa

*Imirenge Sacco abadepite basanze idafite uburyo buhamye bwo gucunga amafaranga *Abajyana amafaranga kuri banki zindi bayatwara mu ntoki, *Kuba zimwe zidafite amashanyarazi bidindiza serivisi kuko nta koranabuhanga, *Abakozi ba Sacco bahembwa intica ntikize y’umushahara, barasaba ubuvugizi. Rutsiro 27/5/2015: Nyuma y’aho urwego rw’umuvunyi rugaragaje ko umrenge sacco ufite ibibazo by’icungamutungo, abadepite bo muri Komisiyo ishinzwe ubucuruzi […]Irambuye

USA: Imyuzure yugarije Texas na Oklahoma, 17 yabahitanye

Kugeza ubu abantu 17 nibo bamaze guhitanwa n’amazi yatewe n’imvura yazanywe n’inkubi y’umuyaga mu minsi itatu ishize. Imihanda yuzuye amamodoka areremba hejuru y’amazi kandi andi yasenye ibiraro n’amazu, bituma abantu bava mu byabo, abandi bitaba Imana. Ejo basanze abantu batatu bapfuye muri Dallas muri Leta ya Texas, USA. Hari abandi bagera kuri 11 baburiwe irengero […]Irambuye

Ibinyamakuru by’Uburundi bikeneye inkunga ngo bikomeze gukora

Ibi byavuzwe na Antoine Kaburahe ukuriye ikinyamakuru rukumbi kigenga kigikora mu Burundi kitwa Burundi Iwacu. Mu  kiganiro yahaye Infos Grands Lacs yavuze ko niba ibibazo bya Politike bidakemutse hakiri kare, ibinyamakuru byigenga bizahagarara gukorera muri kiriya gihugu kubera kubura amatangazo yamamaza. Ikinyamakuru Burundi Iwacu ubu nicyo cyonyine mu binyamakuru byigenga gikora kuko bimwe byaratwitse ibindi […]Irambuye

Mfunguwe nasanze umugore wanjye afitanye ubukwe n’undi mugabo

Bavandimwe basomyi ba Umuseke, ndi umugabo mbyaye rimwe, ndi kavukire i Kigali ndabagisha inama ku kibazo mfite gikomeye. Nabanye n’umugore wanjye nta sezerano dufite ariko icyo gihe byari byiza, namuteye inda tubyarana umwana w’umuhungu, ubu afite imyaka 8, kuko nafunzwe afite umwaka umwe. Mu by’ukuri ifungwa ryanjye ryatewe (n’amateka twanyizemo, abantu bambeshyeye ko nagize uruhare […]Irambuye

Madagascar: Abadepite beguje Perezida ngo NTASHOBOYE

Ku badepite 125 bagize Inteko ishinga amategeko ya Madagascar, 121 bemeje ko bakuye ikizere ku mukuru w’igihugu Hery Rajaonarimampianina ngo kuko adashoboye. Perezida Rajaonarimampianina yaramaze amezi umunani ayobora iki gihugu kiri mu kirwa cy’inyanja y’Abahinde. Abadepite bavuga ko kandi ko umukuru w’gihugu yishe nkana itegeko nshinga, bityo ko akwiye kweguzwa. Kuba adashoboye ngo babishingira ku […]Irambuye

Ikoranabuhanga rizihutisha gutanga amasoko ya Leta na ruswa igabanuke –

Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe gutunganya masoko ya Leta (RPPA) kuri uyu wa 26 Gicurasi bwagiranye bwasobanuriye abanyamakuru akamaro ikoranabuhanga rizagira mu itangwa ry’amasoko, bakaba bizeye ko rizagabanya igihe na Ruswa yajyaga ivugwa mu itangwa ry’amasoko ya Leta. Bikunze kuvugwa kenshi ko mu itangwa ry’amasoko ya Leta hagaragaramo ruswa ndetse n’ikimenyane. Ikigo gishinzwe gutunganya masoko ya Leta […]Irambuye

Kamonyi: Abaturage bemeza ko guhingisha inka byazamuye umusaruro

Kuva aho gahunda yo guhingisha inka mu gishanga cy’umuceri cya Kayumbu giherereye mu murenge wa Musambira mu karere ka Kamonyi itangiye byatumye umusaruro wiyongera, binagabanya imvune abahinzi bajyaga bagira mu gukora uyu mwuga. Mu kiganiro aba bahinzi b’umuceri mu gishanga cya Kayumbu bagiranye n’Umuseke bavuze ko mbere y’uko bahabwa ubumenyi mu bijyanye n’ubuhinzi bwa kijyambere, […]Irambuye

Umurambo wa Capt. Sankara wataburiwe nyuma y’imyaka 28

Umubiri wa Thomas Sankara, wishwe mu 1987 kuri uyu wa kabiri wataburuwe nyuma y’iminsi ibiri hatangiye ibikorwa byo kumwimura aho yari ashyinguye n’inshuti ze 12 biciwe hamwe, no kumenya ukuri ku rupfu rwabo. Kuri uyu munsi hacukuwe imva yari ishyinguwemo Capt. Thomas Sankara wabaye Perezida wa Burkina Faso, ndetse n’imva y’imwe mu nshuti ze Gouem […]Irambuye

en_USEnglish