USA: Imyuzure yugarije Texas na Oklahoma, 17 yabahitanye
Kugeza ubu abantu 17 nibo bamaze guhitanwa n’amazi yatewe n’imvura yazanywe n’inkubi y’umuyaga mu minsi itatu ishize.
Imihanda yuzuye amamodoka areremba hejuru y’amazi kandi andi yasenye ibiraro n’amazu, bituma abantu bava mu byabo, abandi bitaba Imana.
Ejo basanze abantu batatu bapfuye muri Dallas muri Leta ya Texas, USA.
Hari abandi bagera kuri 11 baburiwe irengero ubwo bari mu biruhuko ahantu bashima hanyuma amazi menshi arabatungura abatsindagira munsi y’ikiraro.
Ahitwa Ciudad Acuna, muri Mexico abantu 13 bitabye Imana bazira amazu yabaguyeho ndetse n’ibiti byarimbutse bikagwira abantu.
Mu Buhinde izuba rikaze rimaze guhitana abagera 1,100
Amakuru atangwa na CNN aravuga ko mu Buhinde ho ubushyuhe bukabije bumaze guhitana abagera ki 1000. Mu gihe kingana n’icyumweru kimwe ngo mu Ntara ya Andhra Pradesh, hamaze gupfa abantu barenga 852 mu cyumweru kimwe naho mu Ntara ya Telangana ho hapfuye abagera ku 266.
Ikigo cy’Ubuhinde kiga imiterere y’ikirere, India Meteorological Department kivuga ko ubushyuhe bwageze kuri degree celisius 47 ni ukuvuga degree 117 za Fahrenheit.
Ubushyuhe bw’umuntu muzima buba ari degree 35 za celisius.
Umuhanga witwa Yadav avuga ko ubu bushyuhe bwongerwa n’imiyaga ishyushye ituruka mu butayu no mu bitwa(plateaux)byo muri Pakistan.
Ubushyuhe bwiganje mu Majyepfo ndetse no mu murwa mukuru New Delhi naho ngo ubushyuhe bwatangiye kuhumvikana.
Abahanga bavuga ko kuba ikirere gisigaye gihinduka cyane biterwa no kwangira ibidukikije binyuze mu bikorwa bya muntu harimo gutema amashyamba, kohereza ibyuka bihumanya ikirere, kwangiza no kwanduza inyanja n’ibindi.
Mailonline
UM– USEKE.RW
6 Comments
Genda Africa uzi Nziza pe!
Mba nkuroga ibi ntibishobora kugera ino. Dore rero icyo ya misozi yacu imaze abatari bakizi.
Burundi mutima wafrica. Nkurunziza oyee! nkurunziza akwiye kuba umwami wabarundi kuko arabikwiye.
egoko twe ntituzagere aho batuvomerera amazi nkimboga ziri muri jardin kuriya
Mwamenyera niba abantu bari bagiye muri Rwanda youth forum baba baravuyeyo amahoro ko wumva hariyo imyuzure.
Abo bantu bose bagarutse amahoro, bageze mu Rwanda mu ijoro ryo kuwa kabiri w’iki cyumweru
Comments are closed.