Tags : Western Province

Nyamasheke: Ishyamba si ryeru mu bitaro bya Bushenge…Abakozi 8 barasezeye

Mu bitaro bya Bushenge byo Mu karere ka Nyamasheke haratutumba umwuka mubi nyuma y’aho ubuyobozi bw’ibi bitaro bukuriyeho agahimbazamusyi kahabwaga abakozi ndetse hakabaho n’impinduka mu guhembwa kuko bari guhabwa 1/2 cy’umushahara andi ngo bakazaba bayahabwa. Uyu mwuka mubi watumye abakozi umunani barimo abaganga batandatu n’ababyaza babiri basezera ku kazi. Abazi umuzi w’iki kibazo bavuga ko […]Irambuye

Uburengerazuba: Ba Gitifu 7 ngo beguye kubera ‘gutinya umuvuduko w’iterambere’

Kuri uyu wa 13, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge irindwi yo mu karere ka Nyamasheke na Rusizi baraye beguye. Benshi muri bo bavuga ko bumvaga badafite imbaraga zihagije zo kugendana n’umuvuduko w’Iterambere u Rwanda rufite. Aba banyamabanga Nshingwabikorwa, barimo batanu bo mu mirenge yo mu karere ka Nyamasheke n’abandi babiri bo mu mirenge ya Rusizi. Bose banditse […]Irambuye

Abahanzi 10 barahatanira Frw 500 000 yo muri Kinyaga Award2016

Kinyaga Award 2016 ni irushanwa riba ku nshuro ya gatatu mu rwego rwo kuzamura impano z’abahanzi mu muziki mu Ntara y’Iburengerazuba, abahanzi 10 bo mu turere dutatu, Nyamasheke, Rusizi na Karongi barahatanira Frw 500 000 azatangwa nk’igihembo cya mbere ku muhanzi uzahiga abandi. Irushanwa ryatangijwe ku gitekerezo cy’uko abahanzi bakomoka mu Ntara y’Iburengerazuba, abenshi batavugwa […]Irambuye

Nyamasheke: Barataka inzara, baratunga agatoki abahashyi baturuka kure

*Imyaka ngo basigaye bayigurishiriza mu murima itarera, uguze akazisarurira, *Ubuyobozi ntibwemera uburemere bw’ikibazo nk’uko kivugwa n’abaturage, *Mayor wa Nyamasheke ku wa kane yatabaje ku bari muri Sena ko imyaka mu karere ke igiye gushira. Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyamasheke baravuga ko inzara iturutse ku bahashyi baza kugura ibiribwa nk’ibijumba n’ibitoki bavuye i […]Irambuye

Munyantwali na Mukandasira bahererekanyije ububasha

Mu Ntara y’Iburengerazuba habayeho guhererekanya ububasha hagati ya Guverineri mushya w’iyi Ntara Alphonse Munyantwali na Caritas Mukandasira wakuwe kuri uwo mwanya n’Inama y’Abaminisitiri iheruka. Mu bitegereje Guverineri mushya harimo kukora ibishoboka uruganda rw’imyumbati rwa Ngororero rukongera gukora, ndetse no gutuza abantu hagendewe ku gishushanyo mbenera. Ubwo yatangaga amadosiye, uwari Guverineri Caritas Mukandasira, yavuze ko muri […]Irambuye

Ngororero: Yagabiwe inka n’abo basengana ubuyobozi buyimwaka kuko ngo afite

*Iyi nka yayihawe kubera ko yabyaye impanga z’abana batatu *Uyu muturage ikibazo cye yakigaragaje mu nama Umuvunyi Mukuru yagiranye n’abaturage ba Ngororero mu nta ngiriro z’iki cyumweru Mukandori Marie Solange umubyeyi ufite imyaka 42, atuye mu karere nka Ngororero mu kagali ka Rugendabari, umudugudu wa Mituga, wabyaye abana batatu b’impanga, ubu ngo barwaye bwaki kubera […]Irambuye

I Burengerazuba: Buri rugo rurasabwa gutunga ubwiherero bitarenze uku kwezi

Mu rwego rwo gukumira indwara ziterwa n’umwanda zirimo ‘Chorela’ zikomeje kwibasira abatuye mu duce two mu nkengero z’ikiyaga cya Kivu, inama y’Umutekano yaguye y’ubuyobozi bw’Intara y’Uburengerazuba yafashe icyemezo cy’uko uku kwezi kugomba gushira buri rugo rwo muri iyi ntara rufite ubwiherero. Igenzurwa riherutse gukorwa n’abajyanama b’ubuzima mu ntara y’Uburengerazuba, ryagaragaje ko hari umubare munini w’abaturage […]Irambuye

I Burasirazuba: Bavuga ko batanze ‘Mutuelle’ ariko abaganga banze kubavura

*Guverineri w’Intara ntiyumva ukuntu batavurwa kandi baratanze umusanzu… Bamwe mu baturage bo mu ntara y’Uburasirazuba bavuga ko bamaze iminsi baratanze umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza bwa ‘Mutuelle de Santé’ wa 2016-2017 ariko bakaba batemerwa kuvurwa kuko batarahabwa amakarita y’uyu mwaka. Guverinei w’iyi ntara we avuga ko ibi bidakwiye kuko ikarita y’umwaka ushize ikomeza kugira agaciro mu […]Irambuye

Unity Club Ivuga ko ntawe uzashimirwa kuba ‘Umurinzi w’Igihango’ atabikwiye

Mu biganiro byaraye bihuje Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge, abayobozi b’Intara y’Uburengerazuba n’umuryango Unity Club, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu muryango yavuze ko nta mpungenge ko hari umuntu washyirwa mu barinzi b’igihango atabikwiye kuko bazatoranywa n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze bahorana n’abaturage umunsi ku wundi. Ni mu biganiro byo gusobanurira abayobozi bo ntara y’Uburengerazuba uko gahunda yo gutoranya Abarinzi b’Igihando […]Irambuye

Rusizi: Ishyamba riteye mu mudugudu ryateje amakimbirane mu baturage

Ishyamba ryatemwe mu murenge wa Nyakarenzo, mu dugudu wa Gataramo mu kagari ka Rusambu, ni iry’umuturage witwa  Mukashema Odette, abaturage baryegereye bavuga ko ishyamba ryababangamiye kuva mu 1995, kuko ngo ryatewe ahagenewe guturwa, rimaze gukura rikajya ribangiriza inzu, bigeraho riteza amakimbirane hagati ya nyiraryo n’abaturage bifuzaga ko ritemwa. Ngendahimana Sipiriyani umuturage uhatuye yagize ati: “Iri […]Irambuye

en_USEnglish