Tags : Ruhango

Byimana: Gaston arakekwaho kwica atemaguye abana 5 na nyina

Mu mudugudu wa Gahama Akagari ka Kamusenyi Umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango mu Majyepfo kuri uyu wa 02 Kanama nibwo abaturage basanze mu rugo rumwe imirambo y’umubyeyi n’abana be batanu bishwe batemaguwe. Ukekwaho ubu bwicanyi ni umuvandimwe wa nyiri urugo witwa Gaston, ubu ushakishwa uruhindu. Umusaza witabye Imana Nteziryayo Tito wari utuye muri […]Irambuye

Gitwe: ba ‘nyamweru’ Ellen na Eliphaz basezeranye kubana

Murekeyisoni Ellen, umukobwa w’imyaka 22 y’amavuko kuri uyu wa 30 Nyakanga 2014 yasinye kuzabana akaramata na Bikorimana Eliphaz, umuhango wo gusinya mu rukiko kw’aba bombi ukaba wishimiwe n’abantu benshi i Gitwe mu karere ka Ruhango, aba bombi bafite uruhu rw’abo bakunze kwita ba Nyamweru. Benshi mu bafite uruhu rumeze gutya bakunze guhezwa, kunenwa no kutitabwaho […]Irambuye

Kanimba yashimye uruganda rwa Gafunzo Rice anenga urwa Kinazi Cassava

Kuri uyu wa 16 Nyakanga, asoza uruzinduko yari yagiriye mu karere ka Ruhango mu rwego rwo gusuzuma uko gahunda ya “Hanga umurimo” ihagaze muri aka karere; Minisitiri w’ Inganda n’Ubucuruzi  Francois Kanimba yashimiye uruganda rutonora umuceri rwa Gafunzo Rice Mill kubera imikorere inoze, ariko anenga uruganda rwa Kinazi Cassava Plant imikoranire mibi n’abahinzi. Gushima no […]Irambuye

Ruhango: Rwiyemezamirimo yahaye Abaturage sheki itazigamiye

Mbonimpa  Slyvestre wahawe  isoko   ryo kubaka   ikimoteri cy’Akarere ka Ruhango,  yabeshye abaturage  ko Akarere ka Ruhango  kanze kumwishyura  bituma  atanga Sheki itazigamiye  iriho miliyoni  ebyiri zirenga z’amafaranga y’u Rwanda.  Bamwe muri aba baturage  bahawe sheki itazigamiye bavuganye n’Umuseke,  batangaje ko rwiyemezamirimo  Mbonimpa Slyvetre  yatsindiye  isoko  ryo kubaka ikimoteri (ahashyirwa imyanda) cy’Akarere ka Ruhango,  ariko aza  […]Irambuye

Ikigo nderabuzima cya Munanira: Igisubizo cyiza ariko kituzuye, mu cyaro

Ikigo Nderabuzima cya Munanira cyafunguye imiryango mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2014, cyaje ari igisubizo cyiza cyane ku buzima bw’abana, ababyeyi n’abandi bose bakenera ubuvuzi mu cyaro cyo mu burengerazuba bw’Akarere ka Ruhango. Ni ibyishimo bikomeye kuri bo kutongera gukora urugendo rwa kilometero 20 berekeza ku bitaro bya Kirinda cyangwa ku bitaro bya Gitwe. Ariko […]Irambuye

Muzehe Rutayisire yaba ari kwitegura umushyitsi ukomeye!

Umunyamakuru w’Umuseke mu karere ka Ruhango yitambukira mu murenge wa Bweramana yabonye impinduka zikomeye ku rugo rwo kwa muzehe Rutayisire wamenyakanye ubwo yifuzaga ndetse akaza kubasha kwibonanira n’umukuru w’igihugu Paul Kagame. Inzu yo mu cyaro itaririmo isima (ciment) y’amadirishya n’inzugi by’imbaho niyo umusaza Rutayisire Gerivasi yabanagamo n’umugore we wa kabiri, umukobwa we muto na bamwe […]Irambuye

Ruhango-Buhanda: Abaturage babangamiwe n’iteme ryacitse mu gishanga cya Base.

Nyuma y’uko mu cyumweru gishize iteme ryo Murenge wa Bweramana mu gishanga cya Base ricitse, abaturage barasaba ubuyobozi kurisana hakiri kare kugira ngo ubuzima bukomeze kuko ryari rifite  akamaro kenshi mu bucuruzi n’ubwikorezi bwahuzaga imirenge n’utugari tuhaturiye. Mu   muhanda warimo iri teme uherereye i Bweramana wahuzaga uyu umurenge n’indi mirenge y’Akarere ka Ruhango kandi wanyurwagamo […]Irambuye

Ikigo nderabuzima cya Mbuye kibutse jenoside ku nshuro ya gatatu

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 25 Mata 2014, nibwo Ikigo nderabuzima cya Mbuye, giherereye mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, kibutse abaganga, abarwayi, abarwaza, ndetse n’abandi bakozi bakoreraga icyo kigo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994. Icyo gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 20, kikaba gikozwe niki Kigo nderabuzima […]Irambuye

en_USEnglish