Tags : RSSB

RSSB imbere ya PAC yabajijwe iby’abakozi bajya muri “Pansiyo” bagasanga

*Miliyari 16 Frw abakozi bizigamira abakoresha ntibayagejeje muri RSSB, 45% by’aya ni aya Kaminuza Abadepite bashinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo wa Leta (PAC) bababajwe no kuba hari abakozi bakatwa amafaranga y’ubwiteganirize ku mishahara, ariko ntagezwe mu kigo cy’ubwiteganyirize (RSSB). Gatera Jonathan yavuze ko n’ubu hari abakozi bajya mu kiruhuko k’izabukuru bajya kubaza “Pansiyo” bagasanga nta […]Irambuye

Bamwe ntibishyura Mutuelle ngo kuko badakunda kurwara – Dr.Mukabaramba

*Hatangijwe ubukangurambaga bwo gutanga mutuelle de santé mu mwaka 2017/18, *Amafaranga yakiriwe na RSSB y’imisanzu mu mwaka ushize yiyongereyeho miliyari 7 Rwf, *Mu kwezi kw’ubukangurambaga RSSB izakoresha ‘mobile banking’ mu kwishyura mutuelle. Mu kiganiro n’abanyamakuru ku bijyanye n’ubukangurambaga bwo gushishikariza abaturage gutanga mutuelle de santé mu mwaka 2017/18, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, […]Irambuye

RSSB mu ihurizo ryo gucunga neza imitungo ya miliyari 700

Kuri uyu wa gatatu tariki 28 Nzeri, abayobozi ba RSSB bisobanuye imbere y’abadepite bagize Komisiyo yo gukurikirana imari ya Leta, ku makosa yagaragajwe n’Umugenzi w’Imari ya Leta ajyanye no gucunga nabi imwe mu mitungo y’iki kigo ubu ibarirwa kuri miliyari 700 z’amafaranga y’u Rwanda. Ibibazo bikomeye cyane byagaragajwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, ni uburyo […]Irambuye

Kirehe: Bafunzwe bazira ko bataratanga “mutuelle de santé”

Mu murenge wa Kigina akarere ka Kirehe haravugwa ikibazo cya bamwe mu baturage bafungwa bazira ko babuze ubushobozi bwo gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé), bamwe muri aba baturage bafungiwe ku nzu yahoze ari ibiro by’umurenge wa Kigina bavuga ko bemeye gufungwa kubera ko atabona ayo mafaranga nyuma y’uko batangirwaga ayo mafaranga na […]Irambuye

Kwishyura amashanyarazi hagendewe ku byiciro by’ubudehe bigeze kure bitegurwa

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa gatatu, ikigo cy’Ikigihugu gishinzwe kugurisha umuriro w’amashanyarazi EUCL (Energy Utility Corporation Limited) kimwe mu bigize Ikigo cy’Igihugu gishunzwe ingufu z’Amashanyarazi, REG, bavuze ko gahunda yo kwishyura umuriro w’amashanyarazi hagendewe ku bushobozi bw’umuturage bigeze kure. Iki kiganiro cyari kigamije gusobanura gahunda yo kuvugurura system ya Cash Power iki kigo cya […]Irambuye

Kantengwa wayoboraga RSSB yagizwe umwere, Ubushinjacyaha buri kubisesengura

Angelique Kantengwa wahoze ari umuyobozi mukuru w’ikigo cy’ubwiteganyirize bw’abakozi, RSSB, umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda yabwiye Umuseke ko ubucamanza bwamugize umwere ariko Ubushinjacyaha buri gusesengura iki cyemezo byaba ngombwa bakazakijuririra. Kantengwa yatawe muri yombi muri Nzeri 2014 akekwaho kugira uruhare mu inyerezwa ry’amafaranga y’u Rwanda miliyari 1,6 no gutanga amadolari ya Amerika ibihumbi 30 ($30 000) […]Irambuye

I Burasirazuba: Bavuga ko batanze ‘Mutuelle’ ariko abaganga banze kubavura

*Guverineri w’Intara ntiyumva ukuntu batavurwa kandi baratanze umusanzu… Bamwe mu baturage bo mu ntara y’Uburasirazuba bavuga ko bamaze iminsi baratanze umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza bwa ‘Mutuelle de Santé’ wa 2016-2017 ariko bakaba batemerwa kuvurwa kuko batarahabwa amakarita y’uyu mwaka. Guverinei w’iyi ntara we avuga ko ibi bidakwiye kuko ikarita y’umwaka ushize ikomeza kugira agaciro mu […]Irambuye

Ibigo by’ubwishingizi bw’indwara birasaba Leta gushyiraho ikigega gifasha abakene

Mu biganiro bigamije gushakira igisubizo ubwiyongere bw’indwara zitandura bukomeje kuzamuka mu Rwanda, ibigo bitanga ubwishingizi bw’indwara basabye Leta gushyiraho ikigega cyihariye cyafasha abaturage batabasha kwivuza indwara nka Kanseri, Diyabete n’izindi kubera ubukene no kuba ubwishingizi batanga budashobora gukemura byose. Muri iki cyumweru, Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda umutwe wa Sena yatangiye ibiganiro n’abaturage, ibigo bitanga […]Irambuye

Mu myaka 3 Leta izaba yatuje neza imiryango ibihumbi 370

Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyubakire mu Rwanda kivuga ko mu cyaro cy’u Rwanda hari ingo ibihumbi 360 zituye nabi, n’izindi ibihumbi 10 zituye ku manegeka, aba bose kandi ngo bagomba kuba batujwe neza bitarenze umwaka wa 2018. Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa kane cyibanze cyane cyane ku myubakire n’imiturire mu mijyi n’ibyaro by’u […]Irambuye

Muhanga: Ikibanza RSSB imaranye imyaka 5 cyamezemo ikigunda

*Hashize imyaka itanu Akarere ka Muhanga gahaye RSSB ikibanza cyagombaga kubakwamo inyubako igezweho; *Iki kibanza ubu cyamezemo ikigunda, ibihuru, n’ibitovu; *Ubuyobozi bwa RSSB buvuga ko imirimo yo kubaka igiye gutangira. Iki kibanza ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buvuga ko bwahaye Ikigo cy’ubwiteganyirize mu Rwanda (Rwanda Social Security Board) mu mwaka w’2010 giherereye mu Murenge wa Nyamabuye, ngo […]Irambuye

en_USEnglish