Tags : Nyanza

Sinshaka ko Rayon ikina umupira nk’uw’Amavubi – Jacky Minaert

Mu myitozo yo kuri uyu wa kane nimugoroba i Nyanza, umutoza mushya wa Rayon Sports Jacky Ivan Minaert yaganiriye n’Umuseke, avuga ko ubu ari kubaka Rayon Sports ikina umukino mwiza utandukanye n’uwo aherutse kubona ikipe y’igihugu Amavubi ubwo yatsindwaga ibitego bitatu kuri kimwe mu rugo. Uyu mutoza wavuye mu ikipe ya Sporting Club Djoliba yo […]Irambuye

Rayon Sports iguye miswi na APR FC 0 – 0

Mu mikino ya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda kuri uyu wa gatandatu amakipe yose yanganyije, umukino wari utegerejwe cyane ni uwa Rayon Sports nazo zanganyije n0-0 kimwe na Police FC inganya na Sunrise 1-1. Rayon Sports yakinaga idafite umutoza David Donadei wahagaritswe icyumweru ashinjwa kugumura abakinnyi, ariko uyu mugabo yagaragaye yicaye mu bafana, ikipe itozwa […]Irambuye

Nyanza: ILPD yatangije amasomo yigwa muri week-end ku banyeshuri 40

Kuri uyu wa gatanu tariki 02 Ukwakira 2015, Umuyobozi w’urugaga rw’abavoka mu Rwanda yatangije ku mugaragaro icyiciro cy’abanyamategeko 40 biga amasomo y’ubumenyingiro mu by’amategeko (Legal Practice) azajya atangwa muri week-end. Aba banyeshuri bazajya baza kwiga muri week-end baturuka mu karere ka Muhanga, Nyamagabe, Huye, Rusizi na Nyanza. Aya masomo amara amezi icyenda hakiyongeraho amezi atatu […]Irambuye

Ubuzima bwiza bushingira ku majyambere, abantu bose ku Isi nicyo

Perezida wa Repubulika Paul Kagame ubwo yatahaga urugomero rw’amazi ruzafasha abaturage kuhira imyaka mu karere ka Nyanza, yasabye abaturage gukora bakiteza imbere, ubafasha akagira aho ahera, ndetse yavuze ko kuba u Rwanda rufite abaturage banshi bakiri bato ari igisubizo aho kuba ikibazo. Urugomero rw’amazi rwatashywe rwubatse mu murenge wa Rwabicuma, rwatwaye amafaranga y’u Rwanda miliyari […]Irambuye

Ubu Rayon Sports iyobowe na Gacinya Denis nyuma yo kwegura

Nyuma yo kwegura kwa Ntampaka Theogene, Ikipe ya Rayon Sports kuri iki cyumweru mu nama rusange yashyizeho ubuyobozi bushya bukuriwe na Perezida mushya Gacinya Denis. Olivier Gakwaya wari warasezeye yongeye kugaruka aba umunyamabanga w’iyi kipe y’i Nyanza. Azaba yungirijwe na Visi Perezida wa mbere Martin Rutagambwa, Visi Perezida wa kabiri Fredy Muhirwa naho Umunyamabanga Mukuru […]Irambuye

Hamiss Cedric ‘yumvikanye’ na Rayon Sports ko ayigarukamo

Hamiss Cedric rutahizamu ukomoka i Burundi amakuru agera k’Umuseke aremeza ko yamaze kumvikana n’ikipe ya Rayon Sports kuyigarukamo. Hamiss Cedric wakiniraga ikipe ya Chibuto muri Mozambique biteganyijwe ko ashobora kugera i Kigali mu minsi iri imbere aje gusinya amasezerano n’iyi kipe y’i Nyanza. Ntabwo Umuseke urabasha kumenya ibikubiye mu bwumvikane bwagaruye Hamiss Cedric muri Rayon […]Irambuye

Rayon Sports igiye guha akazi urubyiruko rurenga 14 000

19 Gicurasi 2015 – Rayon Sports binyuze mu isosiyeti ya Rwanda Sport Promoters igiye gutanga akazi ku rubyiruko rurenga ibihumbi 14 000 mu gikorwa cyo kubarura abakunzi bayo. Rayon sport FC n’umufatanya bikorwa wayo Rwanda Sports Promoters  ngo bagiye kubarura abafana b’iyi kipe mu gihugu hose hagamijwe gushaka uko abo bafana bagira uruhare mu kubaka […]Irambuye

Mbusa Kombi Billy yareze Rayon muri FERWAFA ko yamwambuye

Mbusa Kombi Billy wahoze ari umukinnyi wa Rayon Sports hambere n’umutoza wayo wungirije umwaka ushize yatanze ikirego muri FERWAFA kuri iyi kipe ayirega ko yamwambuye umushahara we w’amezi atatu ungana na miliyoni 1,2. Billy yirukanwe muri Rayon Sports mu kwezi kwa munani umwaka ushize nyuma ya CECAFA Kagame Cup aho Rayon yasezerewe na APR FC […]Irambuye

Gatsibo: Rucagu yasabye Urubyiruko kurushaho kunga ubumwe

Mu muhango wo gusoza itorero ry’urubyiruko rwo mu Ntara y’Amajyepfo rugera ku 1114, Umuyobozi w’Itorero ku rwego rw’Igihugu Rucagu Boniface yabasabye kurushaho kunga ubumwe. Uyu muhango wabaye ku wa gatandatu tariki ya 28 Werurwe 2015, mu kigo cya Gisirikare i Gabiro mu karere ka Gatsibo. Urubyiruko ruhagarariye urundi mu tugari no mu mirenge igize Uturere […]Irambuye

Rayon Sports yaba igiye kugaruka kuba i Kigali

*i Nyanza yahakiriwe neza ariko ntihayimaze ibibazo *Ubuyobozi bw’Akarere n’ubuyozi bw’ikipe barasigana *Umwenda wa Raoul ni nk’umwaku ukurikirana Rayon *Uruganda rukomeye mu Rwanda rurifuza kuyifata ikagaruka i Kigali Abafana bayo ni benshi baherutse kubabazwa n’amafoto y’uburyo abakinnyi bayo bakubitikiye mu Misiri, babazwa kandi n’umusaruro iyi kipe iri gutanga kuva mu mpera z’umwaka ushize, babazwa nanone […]Irambuye

en_USEnglish