Mahama: Impunzi z’Abarundi zihangayikishijwe n’ikibazo cy’inkwi

Mu nkambi y’impunzi z’Abarundi iherereye mu Murenge wa Mahama, mu Karere ka Kirehe ho mu Ntara y’Iburasirazuba, haravugwa ikibazo cy’inzara iterwa no kuba bahabwa ibyo kurya ariko ntibahabwe inkwi zihagije zo kubitekesha; ubuyobozi bw’iyi nkambi bwo bwemeza ko buba bwaraguze inkwi zihagije, ahubwo bugakemanga uburyo umuryango wa ADRA ufite munshingano gukwirakwiza inkwi, ibiribwa ndetse n’ibindi […]Irambuye

Ntituzadohoka gufasha u Rwanda kuvumbura abahunga ubutabera – INTERPOL

Polisi mpuzamahanga ihiga abanyabyaha ‘Interpol’ yasoje Inteko Rusange yayo ya 84 yari imaze iminsi ine ibera mu Rwanda, yizeje u Rwanda kuzakomeza kurufasha guhiga no guta muri yombi Abanyarwanda bakekwaho ibyaha n’ubutabera bw’imbere mu gihugu cyangwa ubwashyiriweho u Rwanda cyane cyane abakekwaho Jenoside. Kuri uyu wa kane, Inteko Rusange ya Interpol ya 84 yasoje imirimo […]Irambuye

Geneva: U Rwanda rwisobanuye aho rugeze mu by’uburenganzira bwa muntu

Kuri uyu wa gatatu itsinda ry’u Rwanda riyobowe na Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda akaba n’intumwa nkuru ya Leta Busingye Johnston na Shyaka Anastase uyobora ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) bari i Geneva mu Busuwisi mu kugaragaza intambwe u Rwanda rugezeho mu kubaka uburenganzira bwa muntu bushingiye ku mahame mpuzamahanga ngenderwaho ku Isi. Iri genzura “Universal Periodic […]Irambuye

Guverinoma igiye gucuruza impapuro z’agaciro ka Miliyali 15 z’Amafrw

Banki Nkuru y’igihugu (BNR) yamaze gutangaza gahunda yayo yo kugurisha impapuro z’agaciro mpeshwamwenda za Leta z’imyaka itatu zifite agaciro ka Miliyari 15 z’Amafaranga y’u Rwanda, ari nayo gahunda ya nyuma muri uyu mwaka mu byerekeranye no kugurisha izi mpapuro. BNR yatangaje ko izatangira kwakira ubusabe bw’abifuza kuguriza Leta binyuze mu kugura impapuro z’agaciro z’iki gihembwe […]Irambuye

TPIR izakatira Nyiramasuhuko, umuhunguwe n’abandi 4 mu kwezi gutaha

Mu gihe rwitegura gufunga imiryango burundu, urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rukorera Arusha muri Tanzania rwamaze gutangaza ko tariki 14 Ukuboza aribwo ruzasomera rimwe imyanzuro ku bujurire mu manza z’abantu batandatu rwari rusigaranye. Muri abo batandatu bategereje imyanzuro ya nyuma y’ubujurire harimo umugore wa mbere waburanishijwe na TPIR Pauline Nyiramasuhuko w’imyaka 69 wigeze kuba […]Irambuye

Imyiteguro y’Amatora tuyigeze kure- Komisiyo y’Amatora

Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’amatora Prof. KALISA MBANDA yatangaje ko imyiteguro y’amatora azamara imyaka ine u Rwanda rugiye kwinjiramo bayigeze kure, ndetse ko yizeye ko azagenda neza nk’uko bisanzwe ku matora yo mu Rwanda. Ibi yabigarutseho kuri uyu wa kabiri, mu muhango wo gusinya amasezerano hagati ya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora n’izindi nzego zinyuranye zirimo Komisiyo […]Irambuye

Kuba hari abakekwaho Jenoside batarafatwa ntabwo ari uko bakize-Interpol

Kigali – Ubuyobozi bwa Polisi Mpuzamahanga ifasha mu gushakisha abakekwaho ibyaha hirya no hino ku Isi ‘Interpol’ bwatangaje ko kuba hari abakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi bataratabwa muri yombi bidaterwa nuko bakize, ahubwo ngo ari ikibazo cy’ihererekanyamakuru. Ubutabera bw’u Rwanda bufite ku rutonde abakekwaho ibyaha benshi bihishe mu mahanga, abazwi cyane muri ni umuherwe Felicien Kabuga […]Irambuye

Indege y’Uburusiya yaguye muri Sinai yahitanye 224 bari bayirimo bose

Kuri uyu wa gatandatu tariki 31 Ukwakira, indege y’ikigo cy’ingendo cy’Uburusiya KGL9268 yakoreye impanuka muri Sinai mu Misiri ihitana abantu 224 bari bayirimo nta n’umwe urokotse. Imitwe yitwaje intwaro ikorana n’umutwe w’iterabwoba uzwi nka ‘Leta ya cy’Islam’ yigambye ko ariyo yayimanuye amakuru ariko yamaganwe na Leta ya Misiri n’Uburusiya. Amakuru yatanzwe na Leta ya Misiri […]Irambuye

Kanyinya: BNR yahaye abirukanywe Tanzania Frw 150 000 buri muryango

Mu muganda wo kuri uyu wa gatandatu tariki 31 Ukwakira, Abakozi ba Banki Nkuru y’igihugu (BNR) bashyikirije imiryango 10 y’abirukanywe muri Tanzania yatujwe mu Murenge wa Kanyinya, mu Karere ka Nyarugenge inkunga y’ibikoresho bifite agaciro ka Miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda, ndetse n’amafaranga ibihumbi 150 kuri buri muryango. Mu bikoresho iyo miryango yagenewe harimo ibikoresho […]Irambuye

AS Kigali ku mwanya wa 1, Rayon, APR, Kiyovu nazo

Imikino ya Shampiyona y’icyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru yabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 31 Ukwakira, isize nta kinini gihindutse ku rutonde rw’agateganyo kuko amakipe makuru yose yabonye amanota atatu. Mu mikino yabaye kuri uyu wa gatandatu, Rayon Sports yatsindiye Rwamagana City FC iwayo igitego kimwe ku busa (0-1), cyatsinzwe na Kwizera Pierrot. Ni umukino wabereye […]Irambuye

en_USEnglish