Month: <span>August 2015</span>

Ese MUGESERA yaba atinza nkana urubanza? Ni mpamvu ki?

*Ni we munyarwanda wa mbere woherejwe na Canada ku byaha bya Jenoside *Akigezwa mu Rwanda yavuze ko aje guhangana n’Inkiko zaho *Yatangiye kuburanishirizwa mu Rwanda mu ntangiro za 2012 *Ubushinjacyaha bwakunze kumutunga agatoki ko “atinza urubanza nkana.” “Naje ntafashe ifunguro rya mu gitondo; ndumva mu nda ntakirimo; ndakubwe (ndashaka kujya mu bwiherero); mfite rendez-vous ya […]Irambuye

U Rwanda mu bihugu 10 bikurura abashoramari muri Africa

Icyegeranyo gishya kigaragaza uko ibihugu 54 bya Africa bikurikirana mu gukurura abashoramari, u Rwanda ruyoboye ibihugu byo muri Africa y’Uburasirazuba, muri Africa igihugu cya Africa y’Epfo kiyoboye ibindi. Iki cyegeranyo cyakozwe n’ikigo, Rand Merchant Bank, kizobereye mu kugaragaza uko ibigo bihagaze mu mitungo, kigaragaza ko Africa y’Epfo iyoboye ibindi bihugu byose muri Africa mu gukurura […]Irambuye

Abakina umupira, ba Miss, n’abakina Cinema bashyigikiye nde muri PGGSS

Irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ya gatanu hasigaye igitaramo kimwe (Final) tukamenya umunyamuzika ukunzwe cyane kurusha abandi ubu mu Rwanda. Abanyarwanda bakunda muzika bamwe bagenda bagaragaza uwo baha amahirwe. Mu bazwi cyane bakina umupira, ba Nyampinga cyangwa abakina Cinema bamwe babwiye Umuseke abahanzi baha amahirwe. Abantu ibihumbi byinshi bakurikiranye iri rushanwa ku mbuga […]Irambuye

Ban Ki-moon yahamagaye Museveni bavugana ku kibazo cy’i Burundi

Itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa kabiri mu gitondo rivuga ko Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye Ban Ki-moon yahamagaye kuwa mbere Perezida Kaguta Museveni, uyoboye ibiganiro byo guhuza abatumvikana i Burundi, akamubwira ko amushyigikiye muri uwo muhate. Perezida Museveni yamaze iminsi ibiri (14-16/07/2015) i Bujumbura agerahegeza guhuza impande zishyamiranye maze asigaho umuhagararira Minisitiri w’Ingabo Dr Crispus […]Irambuye

Karongi: Umuturage arashinja umuyobozi kumukubita akamuvuna ivi

Faustin Hakizineza wo mu kagari ka Nzaratsi mu murenge wa Murundi i Karongi arashinja umuyobozi wungirije w’Akagali ushinzwe iterambere kumufunga akanamukubita akamuvuna mu ivi amuziza ko inka ze zafatiwe ku gasozi ndetse ntabashe gutanga amande yasabwaga. Uyu muyobozi ahakana ibi. Hakizineza yakubiswe mu mpera z’ukwezi gushize kwa karindwi, n’ubu ntarabasha kugenda kuko yavunitse bikomeye mu […]Irambuye

Musanze: Hatangimfura Emerita avura ibihingwa mu buryo gakondo

*Emerita avura imfpunyarazi, kirabiranya, uburima izo zikaba ari indwara z’ibinyomoro *Avura indwara zifata ibishyimbo, inyanya n’ibindi bihingwa, akomeje ubushakashatsi no ku ndwara zifata insina *Uyu murimo yihangiye afite icyizere ko uzamukiza, ubu ashobora kwinjiza hagati ya Frw 20 000 na 40 000 ku kwezi *Yavuye inyanya z’Umuzungo utuye i Kigali, yari agiye kugwa mu gihombo […]Irambuye

Kageyo: Umworozi yatangije gahunda ya “Gira ihene muturanyi”

Jean Claude Shirimpumpu umworozi wa kijyambere wo mu karere ka Gicumbi kuri uyu wa mbere mu murenge wa Kageyo aho akorera yatangije igikorwa cyo kuziturira ihene bamwe mu baturanyi be biganjemo abakozi be, bibumbiye mu matsinda 26, kugira ngo bibafashe kubona ifumbire y’imborera. Aba ni abahinzi bo mu tugali twa Muhondo na Nyamiyaga, iyi gahunda […]Irambuye

Kayonza: Abahinzi barataka igihombo ku musaruro w’ibigori wabuze isoko

Bamwe mu bahinzi b’ibigori bo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza mu Ntara y’Uburasirazuba barinubira ko bahinga bakeza ariko umusaruro wabo ukabura abawugura kugeza n’aho wangirikira mu buhunikiro, ubu ngo ingemeri (igipimo kirenga kg 1) igura amafaranga y’u Rwanda 100, ibi bibaca intege kuko bibatera igihombo gikomeye. Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza ntibwemeranya n’aba […]Irambuye

Muhanga: Abanyamadini basabye ko Kagame yayobora indi myaka 21

Kuri uyu wa mbere mu nama yahuje  itsinda ry’abadepite  mu Nteko Nshingamategeko,  abayobozi  b’amadini, n’ibigo by’igenga  bikorera  mu karere ka Muhanga,  bamwe muri bo basabye ivugururwa  ry’ingingo y’101  kugira ngo Perezida  Paul Kagame ahabwe manda eshatu z’imyaka irindwi. Iyi nama yabereye mu karere ka Muhanga igamije  guha abaturage umwanya ngo basobanure impamvu zatumye bandikira Inteko Nshingamategeko […]Irambuye

Burundi: Pierre Claver Mbonimpa yarashwe mu gisa no kwihoora

Ahagana saa kumi n’ebyiri ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere i Bujumbura umuntu witwaje intwaro uri kuri moto yarashe Pierre Claver Mbonimpa umuyobozi wa Sosiyete Sivile mu Burundi ufatwa nk’urwanya ubutegetsi nubwo we avuga ko aharanira uburenganzira bwa muntu. Mbonimpa w’imyaka 67, yarashwe atashye iwe mu gace ka Kinama muri Bujumbura. Ntabwo yaguye aho […]Irambuye

en_USEnglish