Digiqole ad

Muhanga: Abanyamadini basabye ko Kagame yayobora indi myaka 21

 Muhanga: Abanyamadini basabye ko Kagame yayobora indi myaka 21

Past GASANA Ernest, Wasabye ko Paul Kagame ahabwa manda y’imyaka 21.

Kuri uyu wa mbere mu nama yahuje  itsinda ry’abadepite  mu Nteko Nshingamategeko,  abayobozi  b’amadini, n’ibigo by’igenga  bikorera  mu karere ka Muhanga,  bamwe muri bo basabye ivugururwa  ry’ingingo y’101  kugira ngo Perezida  Paul Kagame ahabwe manda eshatu z’imyaka irindwi.

Past  GASANA Ernest, Wasabye ko Paul Kagame ahabwa manda y'imyaka 21.
Past Ernest Gasana yasabye ko Paul Kagame ahabwa indi myaka 21.

Iyi nama yabereye mu karere ka Muhanga igamije  guha abaturage umwanya ngo basobanure impamvu zatumye bandikira Inteko Nshingamategeko bayisaba ko ibafasha kuvugurura  ingingo y’101 isanzwe ibuza Umukuru w’igihugu kongera kwiyamamariza  manda ya gatatu.

Hon Nyirasafari Espérance, umuyobozi w’itsinda  ry’abadepite bari muri iyo nama yabwiye abitabiriye inama ko bagomba gusobanura icyo bashingiyeho  bashaka ko iriya ngingo y’101 ivugururwa.

Avuga ko  n’abatarabonye uburyo bwo  kwandikira Inteko, uyu waba umwanya wo kugira icyo bavuga  kirebana n’iriya ngingo.

Pasiteri Gasana Ernest, Umushumba mu itorero rya Restoration Church mu karere ka Muhanga yabwiye abadepite ko ibyiza Perezida Paul Kagame  yakoze muri iyi myaka amaze ku buyobozi, birimo kubanisha Abanyarwanda, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avana amoko mu ndangamuntu, nta kindi akwiye usibye guhabwa manda y’imyaka 21  kugirango ibyo yasezeranyije Abanyarwanda azabisohoze nta nzitizi  ahuye na zo  zimubuza kwiyamamariza manda ya gatatu.

Pasteri Twagirimana Charles, umuyobozi w’itorero ry’Isezerano rishya yavuze ko  ikibazo cy’amacakubiri mbere ya Jenoside kitari gishingiye mu nzego za leta gusa, ko ahubwo cyari no mu madini n’amatorero  kuko ngo  hari  imyanya  Abatutsi batashoboraga  kujyamo.

Avuga ko ubu  ikibazo cy’irondakoko kitakiriho ko harebwa ubushobozi buri muntu afite bumwemerera kuba yayobora  urwego uru n’uru.

Yagize ati “Abo mbwira ibi ni Abanyarwanda babyumvaga bari hanze, abari mu Rwanda bo barabizi neza ko ikibazo  cy’ivangura cyari cyarahawe intebe, Kagame nahabwe manda y’imyaka 7 inshuro eshatu.”

Muri ibi biganiro kandi  hari abifuje ko  ingingo y’101 yo mu itegeko nshinga ivugururwa, Umukuru w’igihugu agahabwa manda y’imyaka irindwi yikubye inshuro eshanu, noneho uzamusimbura  agahabwa manda y’imyaka itanu.

Nta gitekerezo kinyuranye n’ibi kigeze gitangairwa muri ibi biganiro.

Abayobozu mu idini ya Islam mu karere ka Muhanga bari aha nabo basabye ko Perezida Paul Kagame ahabwa manda y’imyaka irindwi gatatu.

Uretse aba bihaye Imana bo mu ba Porotestanti nta wihaye Imana wo muri Kiliziya Gatolika waje muri ibi biganiro ngo avuge icyo atekereza

Hon Nyirasafari Espérance  yavuze ko  bagiye guhuza ibitekerezo  by’abaturage mu turere twose tugize igihugu  Inteko ikazemeza  ibyavuye mu baturage.

Uhereye iburyo  Hon  Nyirasafari E.  Depité Mukanyabyenda E. hagati na  Hon Nyirabagenzi Agnes baganira n'abanyamadini.
Uhereye iburyo Hon Nyirasafari E. Depité Mukanyabyenda E. na Hon Nyirabagenzi (hagati) Agnes baganira n’abanyamadini.
Past  BUTERA  Célestin, Ayobora ADEPR mukarere ka Muhanga.
Past Célestin Butera uyobora ADEPR mu karere ka Muhanga nawe avuga ko Kagame yahabwa manda y’imyaka irindwi gatatu
Benshi  muri aba Bayobozi b'amadini bifuje ko Perezida Kagame  ahabwa manda y'imyaka  21.
Ibiganiro byarimo abayobozi mu madini n’ibigo byigenga 

MUHIZI ELISEE
UM– USEKE.RW-Muhanga

5 Comments

  • Manda y’imyaka 21 ?!! Kaba ari agashya kabisa.

  • Imana ibababarire kuko mutazi icyo muri gukora, ni ryari muri abakozi ba Kayizari?

  • Ayo si amadini kuko i Gitarama ari ku gicumbi cya Kiliziya itunganye yo rero ntabwo ifatwa nk’ariya madini uvuga. yareke ariko yihakirwe kuko nabo ni abantu kandi bakeneye ibyo gushyira mu bifu byabo!!

  • Yewe uwapfuye yarihuse kabisa Imana ibabarire izo ngirwa amadini n abayobozi babo nabo si bo ni ukugira ngo bucye kabiri.

  • Turabashyigikiye natwe turi abamotari turifuza ko iriya ngingo ivugururwa Perezida wacu akongera kutuyobora, gusa azadukize abapolisi bo mu muhanda birirwa barya ruswa naho ubundi abadepite nibihutishe kamarampaka vuba.

Comments are closed.

en_USEnglish