Month: <span>March 2015</span>

Ibitaramo bya Gakondo Group muri Milles Collines byahagaritswe by’agateganyo

Gakondo Group ni itsinda rizwi cyane ku mbyino gakondo ndetse n’indirimbo zibutsa abantu ibihe byo hambere riyobowe na Massamba Intore. Biravugwa ko ibitaramo bakoreraga muri Milles Collines byahagaritswe. Amakuru agera ku Umuseke aremeza ko imwe mu mpamvu yatumye ibyo bitaramo bihagarikwa ari uko byari bimaze iminsi byaramenyeshejwe ko mu gihe batagabanya urusaku rw’amajwi byazahagarikwa. Ibi […]Irambuye

Mugesera yanze kuburana kuko amataratara ye yamenetse

Kuri uyu wa kane tariki 26 Werurwe 2015 mu rubanza rwa Leaon Mugesera yagombaga kugira icyo avuga ku mutangabuhamya wa kabiri umushinja, mu ma saha ya saa 8h55 za mugitondo, urubanza ntirwabaye nk’uko byari byitezwe. Leon Mugesera yabwiye urukiko ko atabasha kuburana kuko amataratara ye yamenetse bityo asaba ko  yahabwa iminsi kugira ngo muganga we amuhe andi mashya. […]Irambuye

Tanzania, Uburundi, DRC bemeranyijwe ku mihanda ibahuza

Ejo nibwo President Jakaya Kikwete na mugenzi we w’Uburundi  Pierre Nkurunziza bafunguye ku mugaragaro ibikorwa byo kubaka imihanda ya gari ya moshi itatu izabahuza na DRC mu rwego rwo guteza imbere ubuhahirane. Uyu muhango wabereye Dar es Salaam ku kicaro cy’ikigo Tanzania Railway Limited (TRL). Biteganyijwe ko ibicuruzwa bizajya biva Tanzania bikajya ku mipaka y’Uburundi […]Irambuye

Urubanza rwa Col Byabagamba na Rusagara rwasubitswe

26 Werurwe 2015 – Kuri uyu wa kane urubanza rwari ruteganyijwe kuburanishwa ruregwamo Col Tom Byabagamba na Brig Gen (Rtd) Frank Rusagara,  Sgt Kabayiza François, rwasubitswe kubera ko abunganizi b’abaregwa batagaragaye mu Rukiko rukuru rwa gisirikare i Kanombe rwimurirwa ku italiki ya 08 Mata 2015. Impamvu yatanzwe yatumye abunganizi b’abaregwa batagaragara mu rukiko ngo ni uko batamenyeshejwe […]Irambuye

Kwitinya, imwe mu mbogamizi ku bahanzikazi nyarwanda

Mu gihe u Rwanda rugenda rutera imbere mu bijyanye n’imyidagaduro, ni nako umubare w’abakobwa uba muke ugereranyije n’umubare w’abahungu. Ngo imwe mu mpamvu itera uko kuba bake muri muzika ni ukwitinya. Kamagwera Aimee Milienne ni umwe mu bahanzikazi barimo kuzamuka muri muzika nyarwanda. Mu mwaka umwe amaze muri muzika amaze gukora indirimbo z’amajwi (Audio) zigera […]Irambuye

Nyarugenge: Abatuye mu Gitega basabye Umuvunyi ubuvugizi ngo babone aho

Abaturage batuye mu murenge wa Gitega mu karere ka Nyarugenge ubwo bahuraga n’umukozi w’urwego rw’Umuvunyi mu kubakemurira ibibazo abasanze mu mirenge yabo bamusabye kubakorera ubuvugizi bakegerezwa ikigo nderabuzima kuko aho bajya kwivuriza ubu ari kure nyuma y’aho ikigo nderabuzima cya Gitega cyari kibegereye kimuriwe mu Rwampala. Abayobozi bavuga ko ikibazo gihari ari ubutaka bwo kubakaho […]Irambuye

Athletisme: Basize umukinnyi ku munota wa nyuma kuko ari umunyamahanga

Kuwa kabiri tariki 24 Werurwe 2015 umukinnyi mpuzamahanga wasiganwaga ku maguru witwa Ndayikengurukiye Cyriaque yakuwe ku rutonde rw’abagomba guserukira u Rwanda muri shampiyona y’isi y’imikino ngororamubiri  iteganijwe kubera mu gihugu cy’Ubushinwa kuko ngo byagaragaye ko ari Umurundi. Uyu musore yari amaze ukwezi yitozanya n’abandi, yari amaze kandi imyaka umunani aserukira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga. Umuyobozi ushinzwe […]Irambuye

Byemejwe ko Mashami atakiri umutoza mukuru wa APR FC

25 Mutarama 2015- Mukiganiro  n’abanyamakuru  ubuyobozi bwa APR FC bwemeje ko Vincent Mashami atakiri umutoza mukuru w’ikipe ya APR FC  bityo ikaba izayoborwa n’umutoza Dusan Dule Suljagic w’umyaserebiya wari usanzwe ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi (Phyical Coach),Mashami akazaguma amwungirije. Nyuma y’igenda ry’umutoza Petrovic watozaga ikipe y’igisirikare cy’u Rwanda hakomeje kugaragara igisa n’akavuyo muri staff technique ya […]Irambuye

Bugarama: Inzu zabo zatangiye gushya kubera uruganda rubegereye

Rusizi – Abaturage bo mu murenge wa Bugarama mu gacentre mu kagali ka Nyange kegereye umupaka w’u Rwanda n’u Burundi mu ntangiriro z’uku kwezi bagaragarije Umuseke ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi wabatwikiraga ibikoresho byo mu nzu kubera uruganda rubegereye rufite imashini nyinshi. Ubu baravuga ko inzu zabo zatangiye gushya kubera iki kibazo. Inyubako y’umwe mu batuye muri […]Irambuye

Al-Ahly izakina na APR FC nta mufana uri muri Stade

Al Ahly yatsinze 2 – 0 APR FC i Kigali mu mukino ubanza w’amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Africa, ubu iri kwitegura umukino wo kwishyura uzabera i Cairo, uyu mukino byemejwe ko uzakinwa stade nta mufana uyirimo mu rwego rwo kwirinda urugomo ruherutse kugwamo abantu 22 ku kibuga cya Zamalek. Umunyamakuru w’ikipe ya Al […]Irambuye

en_USEnglish