Tags : US

Korea ya Ruguru yasabwe guhagarika igeragezwa ry’intwaro kirimbuzi

U Burusiya n’U Bushinwa byasabye Korea ya Ruguru guhagarika imigambi yayo y’intwaro kirimbuzi nyuma y’uko iki gihugu gitangaje ko cyahiriwe no kugerageza igisasu cya missile cyambukiranya imigabane, yise Hwasong-14 intercontinental ballistic missile (ICBM). Ibi bihugu bifitanye ubucuti bukomeye na Korea ya Ruguru, byasabye America na Korea y’Epfo guhagarika imyitozo ya gisirikare bikorana. Korea ya Ruguru […]Irambuye

S.Korea: Perezida mushya ngo azasura Korea ya Ruguru

Perezida mushya watorewe kuyobora Korea y’Epfo, Moon Jae-in yarahiriye kuyobora igihugu yiyemeza kuzavugurura ubukungu bw’igihugu no kunoza umubano na Korea ya Ruguru. Moon Jae yavuze ko ashobora gusura Kiea ya Ruguru bitewe n’impamvu zumvikana.  Uyu mugabo yarahiriye kuyobora Korea y’Epfo mu ngoro y’Inteko iri mu mujyi wa Seoul. Uyu mugabo waharaniraga uburenganzira bwa muntu nk’umunyamategeko […]Irambuye

Libye: Ingabo za US zahitanye abarwanyi 80 ba IS

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kiratangaza ko ibitero by’indege byagabwe ku barwanyi b’umutwe wiyita Leta ya Kisilamu (IS) muri Libye byahitanye abarwanyi basaga 80 b’uyu mutwe uvuga ko ugendera ku mahame akarishye ya Kisilamu. Ni mu bitero byagabwe nyuma y’inkunga y’ibisasu 100 byatanzwe ku mabwiriza ya Perezida Barack Obama washyize umukono ku mwanzuro […]Irambuye

Kigeli amaze gutabarizwa i Mwima ya Nyanza….

Mu muhango ukomeye wo gusezera bwa nyuma Umugogo w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa, Umugogo we wageze i Nyanza mu Rukari uherekejwe n’abantu benshi bari mu modoka zisaga 100, harimo abo mu muryango we n’inshuti n’abavandimwe baje kumusezeraho bwa nyuma bwere yo kumushyingura. I Nyanza ubuzima busa n’ubwakomeje uko bisanzwe, gusa bamwe muri rubanda rusanzwe baje kwifatanya n’umuryango […]Irambuye

Gambia: Yahya Jammeh ntaremera ibyavuye mu matora, yaburiye ingabo za

Perezida Yahya Jammeh yavuze ko icyemezo cy’Umuryango w’Ibihugu bya Africa y’Iburengerazuba cyo kohereza ingabo muri Gambia ngo zimukure ku butegetsi ku mbaraga igihe azaba yanze kuburekura, ari ‘ugutangaza intambara ku magaragaro’. Abayobozi b’ibihugu mu muryango uhuza ibihugu bya Africa y’Iburengerazuba (ECOWAS), bafashe icyemezo cyo kohereza ingabo z’uwo muryango ku wa kane w’icyumweru gishize, ni nyuma […]Irambuye

Abahanga bariga uko abantu baganira n’ibiremwa bidasanzwe byitwa ‘Aliens’

*Ngo bishobora kuba intandaro y’irimbuka Abahanga mu by’ubumenyi bagiye gushyira hanze porogaramu yo kugerageza kujya bavugana n’ibiremwa bitazwi (bizwi nka Aliens). Gusa abandi bahanga bamagana uyu mushinga bakavuga ko kuvugana n’ibi biremwa bishobora kuzaba intandaro y’irimbuka ry’ibiremwamuntu. Aba bahanga bibumbiye mu itsinda METI bavuga ko uyu mushinga witezwemo porogaramu izafasha abatuye Isi gukurikirana ‘Aliens’ no […]Irambuye

Kanye West yaganiriye na Donald Trump ku rugomo rukorwa muri

Ibiganiro hagati ya DonaldTrump uzatangira kuyobora USA tariki ya 20 Mutarama 2017 n’umuraperi ukomeye ku Isi Kanye West, umugabo wa Kim Kardashian byabaye kuri uyu wa Kabiri muri Trump Tower. Ngo baganiriye ku bibazo bitandukanye byerekeye imyitwarire y’Abanyamerika harimo n’urugomo rumaze igihe rugaragara mu duce dutandukanye twa USA cyane cyane Chicago. Trump yabwiye ABC News […]Irambuye

Mu minota 10 umwana aba ahitanywe n’inzara muri Yemen –

Umuryango Mpuzamahanga wita ku Bana, UNICEF watangaje ko nibura abana 462,000 bafite ikibazo cy’imirire mibi ikabije mu gihugu cya Yemen, naho abarenga miliyoni 2.2 bakeneye ubutabazi bwihuse. Ikibazo cy’inzara muri Yemen kimaze kugera ku rwego rwo hejuru aho bavuga ko abana barenga ibihumbi 462 bafite imirire mibi, kuva muri 2014 imibare yamutseho 200%. Raporo yatangajwe […]Irambuye

Hakozwe ‘amaraso mu ifu’ azunganira amaraso asanzwe aterwa abarwayi

Ubusanzwe amaraso ni urugingo nk’izindi zose zigize umubiri w’umuntu. Ashobora kurwara, akandura, akavurwa cyangwa indwara arwaye ikaba yanahitana umuntu, mu gihe abantu ari bo bitangaga amaraso akoreshwa kwa muganga, abahanga muri USA bakoze andi mu ifu yitwa “ErythroMer” azajya yunganira asanzwe. Abahanga bo muri Kaminuza ya Washington, St Louis, bakoze ifu irimo ibisanzwe bigize amaraso, […]Irambuye

Ubushakashatsi ku buryo urumogi rukorana n’ubwonko bwateye intambwe

Urumogi rugira ibinyabutabire byinshi (chemicals) bikora mu buryo butandukanye iyo bihuye n’amaraso cyane cyane ayo mu bwonko. Ibinyabitabire Tetrahydrocannabinol (THC) gituma uwanyoye urumogi yumva yameze amababa, abahanga bakaba biga uburyo urumogi rukorana n’ubwonko bikaba byafasha mu bushakashatsi ku muti w’igicuri n’indi ndwara. Tetrahydrocannabinol ariyo ‘molecule’ ikomeye kurusha izindi zigize urumogi, iyo igeze mu bwonko ihasanga […]Irambuye

en_USEnglish