Tags : Urubyiruko

Nyamirambo: Urubyiruko rubyuka rwicaye ku mihanda ruriyongera….

Mu kumurika imihigo y’Urubyiruko (2014/2015) mu cyumweru gishize Minisitiri warwo Jean Philbert Nsengimana yavuze ko “amafaranga atazabura ahantu hari igitekerezo kiza”. Umuseke wegereye bamwe mu rubyiruko rukunze kubyuka rwicaye ku muhanda mu Biryogo i Nyamirambo ya Kigali, bavuga ko ibitekerezo byiza babifite ariko ayo mafaranga batayabona kandi agashomeri kabamereye nabi. Uru rubyiruko rwiganjemo uruvuga ko […]Irambuye

Gitwe: Urubyiruko rwiga ubuvuzi rwafashije ababyeyi babiri batishoboye

Ruhango – Urubyiruko rw’u Rwanda nirwo rwagize uruhare mu kwica muri Jenoside yakorewe Abatutsi no gusenya igihugu, urubyiruko rw’u Rwanda kandi nirwo rwahagaritse ibi,  ubu kandi urubyiruko nirwo ruri kugira uruhare mu kubaka igihugu no guhoza abakibabaye. Urubyiruko rw’abakristu rwiga iby’ubuvuzi mu ishuri rikuru ry’i Gitwe kuri uyu wa gatatu rwakoze igikorwa cyo gusura, kurema […]Irambuye

Kugira urukundo, gusenga no kubaha nibyo Knowless asaba urubyiruko

Knowless Butera, umuhanzikazi umaze kugira izina rikomeye muri muzika nyarwanda, asanga bimwe mu bintu bishobora gufasha urubyiruko rw’iki gihe gukura neza ari uko rwagira urukundo, rugasenga ndetse rukanagira ikinyabupfura (kubaha). Nk’uko uyu muhanzikazi abitangaza, avuga ko mu gihe u Rwanda ruzaba rufite urubyiruko rwinshi rurangwa n’urukundo nta hantu na hamwe hashobora kuzongera guturuka amacakubiri. Knowless […]Irambuye

Urubyiruko mu cyaro: ngo inzira zo kwiteza imbere zifunze

* Kubona igishoro ntibyoroshye * Umugabane ababyeyi baduha ntacyo watumarira kubera ubwinshi bw’abana tuvukana * Uwageze ku kazi ntaba akikavuyeho * Udafite kivugira ntiwabona akazi * Amabanki ntatwizera Izo ngo ni zimwe mu mbogamizi za mbere urubyiruko rwo mu cyaro rugaragaza nk’imbogamizi yo kwiteze imbere nk’uko bitangazwa na bamwe mu rubyiruko rwo mu cyaro rwaganiriye […]Irambuye

Ibiyobyabwenge ntibyaba bishakirwa mu rubyiruko biri mu bakuze?

Ni koko Urubyiruko nirwo runywa ibiyobyabwenge cyane, Inama y’igihugu y’urubyiruko ndetse na Minisiteri y’Urubyiruko n’indi miryango ifite inshingano zo kwigisha kureka ibiyobyabwenge bamwe bibaza niba hari inyigisho abantu bakuru bavugwaho kuba aribo bacuruza ibi biyobyabwenge hari inyigisho zihariye bahabwa. Urubyiruko sirwo rwinjiza amatoni y’urumogi, siriduwire, n’ibindi biyobyabwenge bidakorerwa mu Rwanda, urubyiruko kandi sirwo rwenga Nyirantare, […]Irambuye

Rusororo: Umushinga wabambuye utwabo ubizeza kubigisha imyuga

Urubyiruko rubarirwa hagati ya 120 na 200 rwo mu karereka Gasabo Umurenge wa Rusororo mu kagari ka Gasagara rurashinja ubuhemu umushinga witwa Rwandans True Hope Organization wabasabye gutanga 3 000Rwf buri umwe ngo bigishwe imyuga ku buntu ariko nyuma y’igihe gito ibikorwa bitangiye bakabura abarimu bakabura n’abayobora uyu mushinga. Aya masomo yari yatangiye mu kwezi […]Irambuye

Gicumbi: Urubyiruko 130 rw’abasigajwe inyuma n’amateka ruri mu ngando

Imyumvire niyo ibanziriza imigirire, iyo umuntu afite imyumvire yo ku rwego rwo hasi aho kumufasha mu byo akora wabanza kumuhindura imyumvire, ni mu rwego nk’uru abasore n’inkumi 130 bo mu miryango y’abasigajwe inyuma n’amateka mu turere twa Gicumbi, Burera na Musanze bagenewe amahugurwa agamije guhindura imyumvire yabo, yatangiye kuri uyu wa 29 Nyakanga i Gicumbi. […]Irambuye

Murekezi yaba azita ku buhinzi n'ubworozi nk'uko yabibonaga?

Akiri Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’umurimo, Anastase Murekezi, ubu wagizwe Ministre w”intebe w’u Rwanda yagiranye ikiganiro kirambuye n’umunyamakuru w’Umuseke, ni mu kwezi kwa gatanu uyu mwaka. Iki gihe yabwiye Umuseke  ko ubuhinzi n’ubworozi arirwo rwego rukwiye guhabwa imbaraga kuko rutanga akazi kandi rugatuma n’inganda zirushaho gutera imbere n’imibereho y’abaturage ikazamuka. Muri iki kiganiro yagiranye n’Umuseke […]Irambuye

Mu ‘Urunana’ yitwa Patrick, asaba urubyiruko gukoresha neza impano rufite

 ‘Patrick Musonera’ umuhungu wa Ceciliya mu ikinamico ‘Urunana’ ica kuri Radio BBC, arasaba urubyiruko kudakurikiza ibyo akina ari umwana w’ikirara, ahubwo rugakurikiza inama nziza atanga cyane mu kubyaza umusaruro impano rufite. Amazina ye y’ukuri ni Sibomana Emmanuel, akomoka mu karere ka Nyanza, mu murenge wa Kigoma, mu kagari ka Gasoro mu mudugudu wa Kinene. Kuri […]Irambuye

Urubyiruko 802 barangije amahugurwa yo kwihangira imirimo

Kuri uyu wa 17 Nyakanga urubyiruko rugera kuri 802 nirwo rwashoje  amahugurwa y’ukwezi urubyiruko rugenerwa na Dot Rwanda ndetse n’inama y’igihugu y’urubyiruko (NYC)  bakaba bahabwa amasomo y’ikoranabuhanga,kwihangira imirimo n’ibindi. Nyuma yo guhugurwa basaba gukurikiranwa no gufashwa mu bikorwa byo kwiteza imbere. I Gikondo ku kigo cy’abagide aho bamwe mu barangije uyu munsi baherewe impamyabushobozi, abaganiriye […]Irambuye

en_USEnglish