Tags : Umuvunyi

Bwa mbere, hashyizweho umuhesha w’Inkiko ku rwego rw’Umuvunyi

Nyuma y’uko bigaragaye ko hari ibibazo byinshi mu kurangiza imanza Minisiteri y’Ubutabera n’Urwego rw’Umuvunyi bashyizeho umwanya utari usanzwe w’Umuhesha w’inkiko wo ku rwego rw’Umuvnyi ushinzwe gukurikirana ibibazo biba mu kurangiza imanza zakaswe n’inkiko hagamijwe kurwanya akarengane. Uyu yarahiriye imirimo ye kuri uyu wa kabiri hamwe n’abandi bahesha b’inkiko batari ab’umwuga bagera kuri 51 n’Abanoteri batandatu. […]Irambuye

Rwanda: Ruswa y’igitsina mu kazi n’ “akantu” mu itangwa ry’amasoko

Kuri uyu wa kane tariki 3 Ukuboza 2015 muri gahunda y’icyumweru cyahariwe ku rwanya ruswa, mu nama yahuje u rwego rw’abikorera n’ubuyobozi bw’Umuvunyi, abikorera basabwe kugira uruhare runini mu rugamba rwo gukumira no kurwanya ruswa dore ko aribo batungwa agatoki mu gusaba ruswa mu itangwa ry’akazi ahanini ishingiye ku gitsina. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, Umuvunyi […]Irambuye

Iburengerazuba: Abayobozi bihanangirijwe ku mico ijyanye na RUSWA

Cyane cyane muri gahunda ya ‘Gira Inka’ aho bubatse umuco mubi bise ‘ikiziriko’ aho umuturage ajya guhabwa inka akabanza guha umuyobozi ikiziriko. Kimwe n’indi mico irimo guha impano abayobozi n’ibindi byose biganisha kuri ruswa, Urwego rw’Umuvunyi wrabihannye abayobozi ku nzego zitandukanye Iburengerazuba bari baje i Karongi gutangiza icyumweru cyo kurwanya ruswa kuri uyu wa 01 […]Irambuye

Abaturage ntibemera imikireze y’imanza mu nkiko bigaha akazi kenshi Umuvunyi

Kuri uyu wa kabiri ubwo Urwego rw’Umuvunyi rwamurikaga raporo y’ibikorwa byo mu mwaka w’ingengo y’imari 2014/15, rwagaragaje ko ikibazo cy’imanza nyinshi zirugezwa ziba nta karengane kabaye mu mikirize yazo, ngo biterwa no kutemera imyanzuro y’inkiko ku bantu baba batsinzwe. Nkuko bitangazwa n’Umuvunyi Mukuru, Aloysie Cyanzayire ngo ubu bubasha bwahawe Urwego rw’Umuvunyi bwo kurenganura umuntu bigaragara […]Irambuye

Abafitiye Leta umwenda barasabwa kwishyura cyangwa bagakomanyirizwa

Mu kiganiro giheruka guhuza Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye n’abanyamakuru yavuze ko Leta yafashe ingamba zikomeye ku bantu batsinzwe imanza ariki bakaba batishyura amafaranga basabwa ndetse ngo mu minsi iri imbere barashyirwa mu kato. Iki kiganiro kibabaye hashize ibyumweru bibiri, Minisitiri Busingye yavuze ko mu rwego rwo kurangiza imanza Leta yatsinze, uwatsinzwe asabwa kwibwiriza agatanga amafaranga […]Irambuye

FARG yemeye raporo y’Umuvunyi ku mikoreshereze mibi y'inkunga ku barokotse

Raporo y’Umuvunyi  mu bushakashatsi yakoze muri 2012-2013 ,yagaragaje imikorere idahwitse y’Ikigega cya Leta gishinzwe gutera inkunga abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu       mwaka  wa 1994. Kuri uyu wa 26 Werurwe ubuyobozi bw’iki kigega buremeranya na bimwe mu bikubiye muri iyi raporo n’ubwo ngo byabaye mu myaka ya 2006-2006-2008, igihe cy’ubuyobozi butariho ubu. Theophile Ruberangeyo  umuyobozi […]Irambuye

FARG na MINALOC bavuguruje raporo y’Umuvunyi

Ubuyobozi bw’ikigega cy’igihugu gishinzwe gufasha abarokotse Jenoside batishoboye FARG  n’ubwa Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu MINALOC kuri uyu wa gatunu tariki ya 21 Werurwe ubwo bari imbere ya Komisiyo ya Politiki , uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo mu iterambere ry’igihugu bisobanura  ku mikoreshereze mibi y’umutungo wa Leta  nk’uko byagaragajwe na raporo y’Umuvunyi 2012-2013 bagaragaje ko batemera ibikubiye muri […]Irambuye

Gukora inyigo nabi kwa MININFRA byagushije Leta mu gihombo

Minisiteri y’ibikorwa remezo MININFRA yakoze inyigo nabi ku mishinga yo kubaka ingomero nto zirindwi (7) z’amashanyarazi maze bigwisha Leta mu gihombo cy’amadorali hafi miliyoni eshanu. Ni ibyagaragajwe kuri uyu wa 20 Werurwe ubwo iyi Minisiteri yari mu Nteko Ishinga Amategeko imbere  ya Komisiyo ya Politiki uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo mu iterambere ry’igihugu, yisobanura ku bijyanye […]Irambuye

en_USEnglish