Emmanuel Ruremesha watozaga Gicumbi FC, yamaze gutangazwa nk’umutoza mukuru wa Etincelles FC, asimbuye Innocent Seninga, none yasabwe gutwara kimwe mu bikombe bikinwa mu Rwanda. Mu ijoro ryo kuri uyu wa kane tariki 21 Nyakanga 2016 nibwo ubuyobozi bw’ikipe ya Etincelles FC bwakoze inama, bushimira umutoza Innocent Seninga wabafashije kutamanuka mu kiciro cya kabiri. Seninga yafashe […]Irambuye
Abatuye ku kirwa cya Nkombo mu karere ka Rusizi bababazwa no kuba haruzuye inzu yo kwakira abashyitsi (Guest House) yatwaye amafaranga arenge miliyoni 200 ariko kugeza ubu ikaba idakora ndetse iri kwangirika. Izi ni inyubako zari zagenewe kujya zakirirwamo abasura iki kirwa mu rwego rw’ubukerarugendo , ariko abaturage bavuga ko kuva zakuzura zabaye umutako gusa. […]Irambuye
Mu murenge wa Nyundo mu kagari ka Terimbere, hagati ya saa moya na saa mbili z’ijoro ryakeye abantu bataramenyekana bitwikiriye ijoro baraza bururutsa ibendera ry’igihugu bararitwara. Muri iki gitondo ubuyobozi bwite n’ubw’abashinzwe umutekano bwakoranyije inama y’igitaraganya y’abaturage barenge 3 000 ngo bavugane kuri iki kibazo. Anastaze Nizeyimana Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Terimbere yabwiye Umuseke ko […]Irambuye
Police y’u Rwanda kuri uyu wa kane yatashye inyubako nshya y’ibiro bya Police mu Ntara y’amajyepfo, igorofa izatangirwamo servisi zitandukanye za Police zikarushaho kuba nziza nk’uko byatangajwe n’abayobozi ba Police ku rwego rw’igihugu ndetse na Minisitiri w’umutekano ubwo bayitahaga. Minisitiri w’umutekano mu gihugu Sheikh Musa Fadhil Harerimana yavuze ko bitewe n’ubushobozi bw’igihugu Police y’u Rwanda […]Irambuye
*Umwana yaburiye ku Kicukiro nijoro, abamutoye bamujyanye mu Bugesera bukeye arabatoroka *Yatowe n’umusore wamwitayeho mu byumweru bibiri bishize ndetse aramurangisha *Umwana kuko yahoraga ashaka iwabo yakundaga gutoroka uyu musore ariko akamucungira hafi akamugarura Ku cyumweru tariki 03 Nyakanga 2016 nibwo umuryango wa Mathias Murwanashyaka wabuze umwana wabo w’imyaka itanu gusa wari wazanye na nyina i […]Irambuye
Karongi – Tariki 30/10/2014 imvura nyinshi n’umuyaga byashenye ibyumba bibiri by’ishuri ribanza rya Nyamugwagwa mu murenge wa Ruganda, tariki 03/09/2015 inkuba yakubise abana 40 kuri iri shuri batanu barapfa n’ibyumba by’amashuri bimwe birangirika, tariki 20/06/2016 Umuseke wasuye iri shuri usanga abana bamwe barigira mu rusengero no mu biro by’Akagari. Hagati muri uku kwezi kuri iri […]Irambuye
Ernest Uwimana Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinihira hamwe n’abandi bakozi muri uyu murenge no mu murenge wa Ntongwe batawe muri yombi kuri uyu wa 20 Nyakanga bashinjwa kunyereza amafaranga ya VUP n’uburiganya muri gahunda ya Gira Inka. CIP Andre Hakizimana Umuvugizi wa Police y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo yemereye Umuseke aya makuru ko aba bantu […]Irambuye
APR FC irashaka cyane abakinnyi babiri ba AS Kigali, barimo na Muhadjiri Hakizimana AS Kigali yaguze avuye muri Mukura VS. Uyu mwaka w’imikino wahiriye cyane umukinnyi wo hagati usatira, Muhadjiri Hakizimana. w’imyaka wa 21 wakiniraga Mukura VS, yarangije shampiyona ariwe ufite ibitego byinshi kurusha abandi (16). Mu minsi ya nyuma ya shampiyona uyu musore yatangiye […]Irambuye
Uru ruganda rufite ubushobozi bwo gutunganya 750Kg z’ibishishwa by’umuceri ku isaha bikavamo ibicanwa birengera ibidukikije, uru ruganda rushamikiye ku rundi ruganda rusanzwe rutunganya umuceri (Mukunguli Rice Mill) ruherereye mu murenge wa Mugina Akarere ka Kamonyi. Hashize ukwezi uru ruganda rutunganya ibisigazwa by’umuceri rutangiye, Uzziel Niyongira Umuyobozi Mukuru w’Uruganda rw’umuceri(Mukunguli Rice Mill) avuga ko basanze ibisigazwa […]Irambuye
Nyarugenge – Mu ijoro ryakeye ahagana saa saba z’igicuku kuri uyu wa 20 Nyakanga abajura bateye inyubako ikoreramo Kigali Solidarity for Vision Sacco yo mu murenge wa Kigali bafata abazamu babiri barabaniga umwe arapfa, undi amererwa nabi cyane. Gusa ntibabashije kugira icyo biba. Umuzamu witwaga Nsengiyumva Kasimu abajura bamunize kugeza ashizemo umwuka bahita bamwegeka mu […]Irambuye