Month: <span>April 2013</span>

Soma wumve uraseka

1.Abasinzi batatu bafashe taxi voiture, umu chauffeur aba yabibonye ko basinze. yatsa imodoka arongera arayizimya atavuye aho ari, nuko arababwira ati:”twahageze”. Umwe aramwishyura, undi aramubwira ngo urakoze, uwa gatatu we amuha urushyi rushyushye kw’itama. Umu chauffeur atekereza ko uwo yamuvumbuye aramubaza ati:” uru rushyi unkubise ni urwiki”? wamusinzi ati: “ ubutaha uzajye ugenda witonze dore […]Irambuye

Nzaririmba nanakine Cinema mbishobore – NPC

Nyuma y’igihe kitari gito umuhanzi w’indirimbo na Cinema mu Rwanda Niwe Paulin Camarade (NPC) atagaragaza inganzo ye mu ruhando rw’abahanzi ubu yemeza ko aje kongera kwiyereka abakunzi be. NPC yamenyekanye mu myaka ya 2007, 2008 ndetse na 2009 ari nabwo yahagaritse gukoresha imbaraga muri muzika akazishyira muri Cinema. Niwe Paulin azwiho kuririmba yihuta cyane k’uburyo […]Irambuye

Muhima: Abaturage baca itiyo ya EWSA ngo bavome amazi!!

Muri iki gihe cy’imvura ibice bimwe na bimwe bigenda bibura amazi n’amashanyarazi kubera impamvu zimwe na zimwe EWSA yatangaje, hari abaturage batabyihanganira nk’abatuye mu Muhima ahitwa De Bandi baca itiyo y’amazi ngo babashe kuvoma. Umunyamakuru w’Umuseke.com aherutse kuba agenda aho hafi kuwa gatandatu w’icyumweru gishize akubitana n’abaturage bari kuvoma ku itiyo y’amazi. Birashoboka ko itiyo […]Irambuye

Koreya ya ruguru yarakaje Amerika kubera ibya kirimbuzi

Koreya ya ruguru yarakaje amahanga cyane cyane Amerika (USA) nyuma yo gutangaza ko igiye gusubukura itunganywa ry’imbaraga za kirimbuzi yari yarahagaritse. Kim Jong-un uyobora iyi Koreya ya ruguru yavuze ko igihugu cye gishaka gukomeza imbaraga zayo za kirimbuzi. Igicaniro cy’izi mbaraga za kirimbuzi cy’ahitwa Yongbyon cyari cyarafunzwe mu mpeshyi ya 2007 kubera igitutu cy’amahanga n’amasezerano […]Irambuye

Wari uzi ko Yuda yihannye nubwo bitamuhiriye?

Maze Yuda wamugambaniye abonye ko urubanza rutsinze Yesu, aricuza asubiza abatambyi bakuru n’abakuru bya bice by’ifeza mirongo itatu ati : « Nakoze icyaha,kuko nagambaniye amaraso atariho urubanza. Ariko bo baramusubiza bati : biramaze, ni ibyawe.Ifeza azijugunya mu rusengero arasohoka, aragenda arimanika.( Matayo 27 : 3-5) Usomye mu mirongo yanyuma y’igice cya 26 aho muri Matayo […]Irambuye

RBC, Croix Rouge na CNLG bizafatanya kwita ku bahungabana

Kuri uyu wa kabiri ku kicaro gikuru cy’Ikigo cy’igihugu cy’Ubuzima (RBC) habaye ikiganiro n’itangazamakuru, cyayobowe n’abayobozi bakuru ba RBC,ibuka, ndetse na minaloc ku bijyanye no gutegura icyunamo kuko habonemo benshi bahura n’ibibazo by’ihungabana mu gihe cy’icyunamo. Bimwe mu byaganiweho nuko RBC igomba gufasha mu bijyanye n’ihungabana ry’ubuzima kimwe n’itegurwa ry’ibiganiro mu midugudu hose (ari naho […]Irambuye

Ku ncuro ya 2 Tumba College of Technology iratanga impamyabushobozi

Ni kuri uyu wa 5 Werurwe 2013, ubwo ishuri ry’ikoranabuhanga ryo mu ntara y’Amajyaruguru (IPRC-North/Tumba College of Technology), ritanga impamyabushobozi ku ncuro ya kabiri. Abanyeshuri 400 bazahabwa impamyabumenyi, baharangije mu mwaka w’2011 n’uwa 2012 bakaba barize amasomo y’ubumenyi mu by’ingufu (Alternative Energy), Ikoranabuhanga mu itumanaho (Electronics and Telecommunication) n’Ikoranuhanga mu isakazabumenyi (Information Technology). Kuva yatangira […]Irambuye

Mani Martin kuwa gatandatu azaririmbira i GOMA

Ku itariki ya 6 Mata i Goma muri Congo Kinshasa hazabera umuhango wo gufungura ku mugaragaro iserukiramuco rya muzika ryiswe AMANI Festival rizajya rihuza abahanzi baturuka mu bihugu byose byo ku isi bakora muzika nyafurika cyane yiganza mo ubutumwa bw’amahoro, Mani Martin ni umwe mu bazaserukira u Rwanda. Uyu musore yabwiye Umuseke.com ko azahaguruka kuwa […]Irambuye

Kiliziya Gatolika ntiyemera kurekura ku butaka ifite

Leta y’Urwanda ishishikajwe no gukemura ikibazo cy’abantu batagira ubutaka, hakorwa isaranganya ku bantu bose. Mu ntara y’Iburasirazuba, no ku gice cya Gishwati iyo gahunda yarakozwe. Mu 2008 habaye isaranganya ry’ubutaka mu ntara y’Iburasirazuba ubwo imiryango igera ku 1 000 yahawe ubutaka buturutse ku bantu bari bafite amahegitare menshi. Mu ntara y’Iburengerazuba ku ishyamba rya Gishwati, […]Irambuye

Paris: Simbikangwa yagejejwe imbere y’urukiko

Uyu mugabo wahoze afite ipeti rya kapiteni mu ngabo zahoze zitwa inzirabwoba kuri uyu wa kabiri yagejejwe imbere y’urukiko ‘Tribunal de grande instance (TGI) de Paris’ ngo asomerwe bimwe mu byaha aregwa. Iyi nkuru yatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru y’Ubufaransa, biyikesha inzego z’ubucamanza zo mu Bufaransa iravuga ko iburanishwa mu mizi ry’uyu mugabo rigiye kuba urubanza rwa […]Irambuye

en_USEnglish