Month: <span>July 2011</span>

Tom Close yashakiye amajwi muri UNR, udushya muri iki gitaramo

Ku isaa 9h05 z’ijoro ni bwo umuhanzi Muyombo Thomas (Tom Close) n’abahanzi biganjemo abakiri bato muri muzika y’u Rwanda, bari batangiye gushyushya y’abantu bagera ku 2000 bari buzuye inzu y’imyadagaduro ya Kaminuza. Muri iki gitaramo kwinjira byari amafaranga 65 y’ubutumwa bugufi, aho umuntu yasabwaga kohereza ubutumwa butora umuhanzi Tom, bigahita bimuhesha itiki yo kwinjira. Abahanzi […]Irambuye

Norvege: Imibare y’abishwe imaze kugera kuri 92

Nyuma y’amasaha abiri i Oslo muri Norvege haturikiye igisasu ku ngoro ya Ministre w’intebe kigahitana abantu bagera ku 10, ku kirwa cya Utoeya umugabo witwaje imbunda yarashe ahari hakambitse urubyiruko yica abarenga 84. Amagana y’urubyiruko yarashweho n’uyu mugabo ni ayari yitabiriye igiterane cy’urubyiruko cyateguwe n’ishyaka riri ku butegetsi muri Norvege rya Labour Party, bamwe bakaba barashwe […]Irambuye

PGGSS: Abarushanwa si Superstars ahubwo barigira bo

Mu Rwanda hamaze iminsi haba igikorwa cyateguwe n’urwengero rw’ibinyobwa bitandukanye mu gihugu BRALIRWA, igikorwa kiswe Gumaguma Super Star mu rwego rwo kumenya umuhanzi ukunzwe cyane mu gihugu. Muri iki gikorwa hari hatumiwemo abahanzi bagera ku 10 baririmba mu njyana zitandukanye, bakaba baragombaga gukora ibitaramo ahantu hatandukanye (live music). Mbere bitangira abantu bari baziko umuhanzi ushakwa […]Irambuye

Abahoze ari abarwanyi ba MAU MAU bakomeje gusaba impozamarira

Abahoze ari abarwanyi ba Mau Mau ariwo mutwe warwanyaga ubutegetsi bw’abakoloni babongereza muri Kenya, bakaba barashyize ahagaragara  uburyo bakorerwaga iyicarubozo n’abongereza ari nako basaba ko bahabwa impozamarira. Ubu bizeye ko bashobora gutsindira impozamarira basaba nyuma y’uko kuri uyu wa kane ubwongereza bwari bwahakanye ibi birego. Business dailyafrica ndetse na capital fm news dukesha iyi nkuru […]Irambuye

Icyayi cya gisovu cyazanye umwanya wa mbere muri COMESSA

Mu  irushanwa  mpuzamahanga  ku  buryohe  bw’ icyayi  ryaberaga  mu mugi  wa Mbombasa  mu  gihugu  cya Kenya  icyayi  cya Gisovu  cyegukanye umwanya  wa mbere . Iryo  rushanwa   rikaba  ryaritabiriwe n’  inganda  zigera  kuri 35 zikomoka  mu  bihugu   bigize umuryango wa  Comessa . Kuba   icyayi  cya  Gisovu mu ntara y’ iburengerazuba, cyaregukanya  umwanya  wa  mbere  icya  Kitabi  kikegukana […]Irambuye

Gako: Perezida Kagame yasuye abanyeshuli bari mu ngando

Kuri uyu wa gatanu ahagana saa tanu z’amanywa nibwo President Paul Kagame yagendereye abanyeshuri biga mu mahanga bari mu ngando  z’ikiciro cya gatandatu cy’intore z’Indangamirwa ziri  mu kigo cya gisirikare i Gako. Aba banyeshuri  317 biga hanze y’u Rwanda mu bihugu 19 bitandukanye, barimo kwigishwa ku bumwe n’ubwiyunge, no gutanga isura nyayo y’u Rwanda hanze […]Irambuye

Abasirikare 165 bazamuwe mu ntera mu gisirikari cy’u Rwanda

Nkuko twabibatangarije mu nkuru yacu ihereka, twabamenyesheje ko kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Nyakanga 2011, inama y’abaminisitiri yari iyobowe na Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo, yazamuye mu ntera abasirikare 165. Abasomyi bacu mwakomeje gusaba ko twabagezaho amazina y’abazamuwe mu ntera. Ibyivuzo byanyu basomyi nibyo dushyira imbere urutonde nguru […]Irambuye

Umutsima w’isabukuru ya Museveni, watwawe n’abasirikare

 Abari bitabiriye ibirori by’isabukuru y’amavuko ya perezida Museveni w’ubugande, batangajwe n’ukuntu umutsima yari azaniwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi  watwawe n’abasirikare bashinzwe kumurinda, ntiwagaruka. Nkuko bivugwa na Courrier International, museveni umaze imyaka 25 ayobora igihugu cy’ubugande, yijihije imyaka 67 y’amavuko ku itariki 30 Kamena, uyu mwaka, nubwo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda bo bemeza ko yabeshye imyaka, […]Irambuye

Umwami Albert yasabye abanyapolitiki kugira icyo bakora

Umwami Albert w’Ububiligi yayoboye imihango y’ umunsi w’igihugu(country’s National Day).  Ni umunsi wibutsa benshi igihe umwami Leopold yatangije itegeko nshinga hari mu 1931 muri icyo gihugu. Muri uyu mwaka, bihuriranye n’ umunsi wa 400 Ububiligi buri mu kibazo cya politiki, dore ko nta na guvernement bufite. Umwami Albert yibukije abanyapolitike ko bakoze amakosa, kuba nta […]Irambuye

en_USEnglish