Digiqole ad

Icyayi cya gisovu cyazanye umwanya wa mbere muri COMESSA

Mu  irushanwa  mpuzamahanga  ku  buryohe  bw’ icyayi  ryaberaga  mu mugi  wa Mbombasa  mu  gihugu  cya Kenya  icyayi  cya Gisovu  cyegukanye umwanya  wa mbere .

Umusaruzi w'icyayi i Gisovu/ Photo Archives

Iryo  rushanwa   rikaba  ryaritabiriwe n’  inganda  zigera  kuri 35 zikomoka  mu  bihugu   bigize umuryango wa  Comessa .

Kuba   icyayi  cya  Gisovu mu ntara y’ iburengerazuba, cyaregukanya  umwanya  wa  mbere  icya  Kitabi  kikegukana umwanya wa  gatatu  ngo  bituma icyayi  cy’ u  Rwanda  kimenyekana  cyane ku isi  kandi  bikanacyongerera  igiciro  ku   masoko  mpuzamahanga nkuko  bivugwa na  Kanyankore  Alexis  umuyobozi mukuru w’ ikigo  cy’  igihugu  gishinzwe  ibihingwa  byoherezwa mu mahanga.

« Dufashe n’ urugero nk’ icyo cyayi cy’ uruganda rwa Gisovu cyabaye icyambere, n’ ubundi niko bimeze kuko n’ ibiciro byacyo biri hejuru y’ ibindi byose kuri ririya soko rya Mombasa kandi hari inganda hafi 200 zihanyuza icyayi ».

Iyo  icyayi  kiguzwe neza  ngo ntibyungura uruganda  gusa  ahubwo ngo  n’ abaturage  bakorana  cyangwa  bashora  icyayi  kuri  urwo  ruganda  babyungukiramo  igiciro kikazamuka  kandi  bakazabona  n’ agahimbazamusyi.

Yagize ati : « ubundi uko inganda zikorana n’ abahinzi, usibye n’ igiciro baba babahaye bagura icyayi kibisi cyinjira mu ruganda, nyuma iyo inganda zunguse zitanga icyo bita bonus cyangwa agahimbaza musyi ».

Umusaruro  w’  icyayi  mu  Rda  ugera kuri Toni zikabakaba  ibihumbi 22   uyu mwaka   wa  2011 icyayi ngo kizinjiza agera kuri miliyoni  ziri   hagati ya 60 na 64  z’ amadolari  y’ amaerika.

JN Mugabo
Umuseke.com

1 Comment

  • nibyi icyayi cya Gisovu gifite akarusho muburyohe ariko rero munarebe uko mwakongerera umuhinzi wacyo agafaranga kuko iyo tubaze dusanga twe abahinzi mukiduhenda ntanyungu tuhakura

Comments are closed.

en_USEnglish