Tags : Johnston Busingye

ILPD yashimiye umushinga NICHE wayifashije gutanga ubumenyi mu mategeko

Kuri uyu wa mbere tariki ya 20 umushinga w’Abaholandi  witwa NICHE Project wari umaze imyaka itanu ukorana n’ishuri ry’igisha rikanateza imbere amategeko (ILPD) washoje imirimo yawo, ushimirwa umuganda wawo ku kibazo cy’ubutabera mu Rwanda ndetse ko usize hari intambwe igaragara itewe n’iri shuri mu kwigisha amategeko abanyamwuga. Johnston Busingye Minisitiri w’Ubutabera yashimiye cyane leta y’U […]Irambuye

Min. Businjye yasabye abayobozi b’Akarere kwita kuri stade ya Gicumbi

Mu gikorwa cy’umuganda wahariwe urubyiruko kuri uyu wa gatandatu, Johnston Busingye Minisitiri w’Ubutabera usanzwe ashinzwe no gukurikirana Akarere ka Gicumbi, yasabye abayobozi b’aka karere kureba uko ikibuga cy’iyi stade cyakwitabwaho kugira ngo abahakinira bakinire ahantu hakwiye. Yashishikarije kandi urubyiruko gukunda sport kugira ngo bagire ubuzima bwiza. Yagize “Mayor muzagerageze kwita kuri iyi stade, munubake ibibuga […]Irambuye

BREAKING NEWS: Lt Gen Karake yarekuwe by’agateganyo

Mu musaha ya nyuma ya saa 14h30 i Kigali nibwo Gen Karake yinjiye mu rukiko rw’i West Minster mu mujyi wa Londres aho yaburanaga kurekurwa cyangwa koherezwa muri Espagne. Urukiko rwaje gufata umwanzuro ko uyu muyobozi w’urwego rw’ubutasi bw’u Rwanda arekurwa by’agateganyo akaburana ari hanze. Mu mpaka ndende zabaye mu rukiko, umucamanza uhagarariye igihugu cya […]Irambuye

Mu itegeko ry’umuryango rishya umugore yarega asaba kwihakana umwana

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 8 Gicurasi, Abasenateri bagize Komisiyo ishinzwe imibereho myiza, uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage yasuzumye itegeko rishya ry’umuryango no kurinononsora basanga hari ingingo zikomeye zirengagijwe. Uyu mushinga w’itegeko rigenga umuryango, ni ivugurwa ry’itegeko ryariho ryashyizweho mu 1988. Komisiyo ishinzwe imibereho y’abaturage mu Nteko Nshingamategeko, umutwe w’abadepite bari barisuzumye mbere y’uko […]Irambuye

u Rwanda ntiruratunganya neza Raporo ku burenganzira bwa muntu isabwa

Kuri uyu wa kane, mu nama y’ibigo bifite uruhare mu kwimakaza uburenganzira bwa muntu na minisiteri zitandukanye, igamije gusuzuma imyanzuro u Rwanda rwahawe n’Umuryango w’Abibumbye (UN), Minisiteri y’ubutabera yavuze ko imyanzuro 12 itarabonerwa raporo kandi igihe ntarengwa ari ukugeza muri Kamena, gusa ngo bari burebere hamwe icyabiteye kugira ngo babashe kutarenza icyo gihe. Buri nyuma […]Irambuye

Imanza 10 762 za gacaca ntizirarangizwa, 2 400 bafunzwe bitemewe

Icyunamo cy’uyu mwaka wa 2015 kijyana no kwibuka ku nshuro ya 21 gisanze imanza 10 762 zaciwe n’inkiko gacaca zitararangizwa, mu gihe muri gereza zo mu Rwanda abafunzwe bitemewe n’amategeko bavuye ku 7 000, bakaba basigaye ari 2 400 nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ubutabera mu cyumweru gishize. Mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa kane w’icyumweru gishize, […]Irambuye

Busingye yavuze ko Leta yabonye imitego ifata ‘IBIFI BININI’ biyiba

Hashize iminsi havugwa abayobozi mu nzego z’ibanze bafatwa bakekwaho kurya cyangwa gukoresha nabi amafaranga ya Leta, abandi bagatabwa muri yombi bakekwaho kurya ruswa. Mu kiganiro n’abanyamakuru mu mpera z’icyumweru gishize, Minisitiri w’Ubutabera yavuze ko Leta yize amayeri mashya yo gufata abayobozi bakuru, iyo bari mumakosa bamwe bakunze kwita ‘ibifi binini” bakekwaho ibyo byaha. Ahanini, abaturage […]Irambuye

Sindandika mbisaba ariko ndi kumwe n’abasaba ko itegeko nshinga rihinduka

26 Werurwe 2015 – Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye kuri uyu wa kane yabwiye abanyamakuru ko ashyigikiye abasaba ko itegeko nshinga rihinduka nubwo atarandika abisaba, yabivuze nyuma y’umuhango wo kurahiza abahesha b’inkiko batari ab’umwuga. Mu kiganiro n’abanyamakuru cyakurikiye uyu muhango wo kurahiza abahesha b’inkiko 31 batari ab’umwuga, imihango yabereye kuri Minisiteri y’Ubutabera ku Kimihurura. Umwe mu banyamakuru yabajije […]Irambuye

Min. Busingye yafatanyije n’abaturage b’i Manyagiro gutera ingano

Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye ufite mu nshingano kureberera Akarere ka Gicumbi kuri uyu wa 10 Werurwe 2015 mu murenge w’Icyaro wa Manyagiro aho yafatanyije n’abaturage gutera ingano batangira igihembwe cya kabiri cy’ihinga. Yasabye abaturage by’umwihariko gushyira imbaraga mu buhinzi bakibeshaho badategereje ubufasha. Nyuma yo gutera ingano abaturage baganiriye na Minisitiri Busingye wababwiye ko badakwiye gukomeza […]Irambuye

Nta weguye kubera impamvu ze bwite, haba hari ibibazo badashobora

15 Mutarama 2015 – Mu kiganiro cya mbere n’abanyamakuru muri uyu mwaka wa 2015 Perezida Kagame yasubije ibibazo bitandukanye, ibya FDLR, iby’icyerekezo 2020, icy’iterabwoba riherutse mu Bufaransa, ndetse n’icyabayobozi b’uturere baherutse kwegura mu Rwanda ni bimwe mu byo yatinzeho. Kuri iki cyanyuma yavuze ko nta muyobozi wegura ku mapmvu ze bwite ahubwo hari ibibazo baba […]Irambuye

en_USEnglish