Tags : Inteko

Hari ibituma umuntu yibaza impamvu hari abakibaswe n’ingengabitekerezo- Hon Mukabalisa

*Hari hake urwishe ya nka rukiyirimo, abagishyira imbere iturufu y’amoko n’amacakubiri, *Ntawe ukwiye kwemererwa gusenya aho kubaka Ubunyarwanda, *Abadepite n’abandi bakozi b’Inteko bagize ikiganiro kuri ‘Ndi Umunyarwanda’ mu muhezo. Mu gutangiza ibiganiro kuri Ndi Umunyarwanda byahuje abagize Inteko Ishinga Amategeko n’abakozi batandukanye b’Inteko, kuri uyu wa gatatu Perezida w’Umutwe w’Abadepite Hon. Mukabalisa Donalite yavuze ko […]Irambuye

Hon Nyirarukundo yumva abashaka abakozi bakwiye kubashakisha muri Kaminuza aho

Iki gitekerezo kinyuranya n’icya Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage yagejeje ku Nteko Rusange y’Abadepite raporo isesengura raporo y’ibikorwa bya Komisiyo Ishinzwe Abakozi ba Leta y’umwaka wa 2015-2016 na gahunda y’ibikorwa by’umwaka wa 2016-2017, yo ibona ko hakwiye gushyirwa imbara mu gushyigikira uburyo bwo kubona akazi abantu bapiganwe, bikanozwa hakabamo umucyo kurushaho. Mu isesengura ryakozwe na Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage y’Inteko […]Irambuye

Raporo ku mikoreshereze y’inguzanyo n’impano Leta ihabwa n’amahanga ihishe byinshi

*Abadepite bavuga ko amafaranga y’inguzanyo Leta yaka akwiye gucungwa neza kuko azishyurwa, *Inzego z’ibanze ahenshi ntizimenya ibyo ba rwiyemezamirimo bumvikanye na Leta, *Raporo ya Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga yasize abadepite bibaza byinshi. *Umudepite ati “Umuturage umubaza iterambere yagezeho, ati ‘natanze mutuelle, najyanye abana mu ishuri’.” Kuri uyu wa gatanu, ubwo Inteko rusange y’Abadepite yakiraga raporo ya […]Irambuye

Abumva nabi Itorero nibo bagereranya Intore n’Interahamwe za Kinani –

Mu kiganiro n’Abasenateri ku bijyanye n’Akamaro Urwego rw’Itorero ry’Igihugu rufite mu kubaka ihame ry’Ubunyarwanda no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, Umutahira Mukuru yasabwe kugira icyo avuga kuri imwe mu myumvire iri mu bantu kuri gahunda z’itorero, aho bamwe barifata nk’umuyoboro w’icengezamatwara ya FPR, abandi ukundi, Rucagu avuga ko abumva nabi Itorero aribo bagereranya Intore n’Interahamwe za […]Irambuye

Kuva 2009 – 2015 Leta yaciwe miliyoni 820 na $

* Mu zashyizwe hanze harimo Minisiteri 3, ibigo 8, uturere 10……, *Impamvu zituma Leta itsindwa harimo kutubahiriza imyanzuro ya Komisiyo y’abakozi. Raporo y’ibikorwa bya Komisiyo y’Abakozi ba Leta umwaka wa 2015/16 yatangiye gusesengurwa na Komisiyo y’Abadepite ishinzwe imibereho myiza, kuri uyu wa gatatu igaragaza ko Leta ihomba amafaranga menshi icibwa mu nkiko kubera ihonyorwa ry’amategeko […]Irambuye

Hon Bamporiki arasaba ubushakashatsi bukomeye ku kibazo cy’ibiyobyabwenge

Kuri uyu wa kabiri mu kiganiro Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Musa Fazil Harerimana yagiranye na Komisiyo y’Abadepite ishinzwe uburenganzira bwa muntu, ikibazo cy’urubyiruko rwasaritswe n’ibiyobyabwenge rugenda ruba rwinshi mu bigo (Transit Centers) cyatumye Hon Bamporiki asaba ko habaho ubushakashatsi bwimbitse mu gushaka umuti. Abadepite babazaga Minisitiri Fazil ibibazo bitandukanye byagaragaye muri Raporo ya Komisiyo y’Uburenganzira […]Irambuye

Abacukuzi b’amabuye y’agaciro bananiwe no gukurikiza itegeko ry’ibidukikije

Komisiyo y’igihugu ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari ya Leta (PAC) yashyize ahagaragara raporo igaragaza ko abakora ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bananiwe guhuza ibikorwa byabo n’itegeko ryo kurengera ibidukikije mu Rwanda. Akajagari gakabije kavanze no kwirengagiza ubusugire bw’ibidukikije mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, biri muri bimwe mu bibazo byagaragajwe muri raporo yashyikirijwe Inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite kuri […]Irambuye

Min. Mukantabana yabwiye abadepite uko ubuzima bw’impunzi buhagaze

Minisitiri ufite impunzi n’ibiza mu nshingano, Mukantabana Seraphine yitabye Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside, kuri uyu wa mbere taliki 7 Werurwe, kugira ngo avuge kuri Raporo y‘ibikorwa bya Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu y’umwaka wa 2014-2015, yabwiye abadepite ko ibibazo byinshi impunzi zari zifite byabonewe umuti. Abadepite babazaga ibibazo byinshi bijyanye […]Irambuye

Inyungu kuri Bourse ni hafi 18% aho kuba 11% benshi

Mu mushinga w’itegeko rigenga itangwa ry’inguzanyo ‘Bourse’ ku banyeshuri ba Kaminuza mu Rwanda, hateganyijwemo ko umunyeshuri wagurijwe azishyura inyungu ya banki ingana na 17,5%, bamwe mu badepite babona inyungu izaba iri hejuru, Minisitiri w’Uburezi we akavuga ko inyungu itajya munsi kuko ari iyo bita ‘Simple interest’. Uyu mushinga w’itegeko wagejejwe imbere y’inteko rusange ku wa […]Irambuye

Hon Bamporiki afite icyizere ko Kagame atazanga ibyo Abaturage bamusaba

Mu gikorwa cyo kumva ibitekerezo by’abaturage ku bijyanye n’ingingo ya 101 y’itegeko nshinga kuri uyu wa 21 mu murenge wa Kimihurura abaturage basabye intumwa za rubanda ko bashyigikiye 100% ko ingingo ya 101 ihinduka Paul Kagame akazongera kwiyamamaza, gusa hari abagaragaje impungenge ko ashobora kuzabyanga, ariko Hon Bamporiki Edouard yabijeje ko Perezida Kagame atazanga ibyo […]Irambuye

en_USEnglish