Tags : EWSA

REG yahakanye ko abari abakozi ba EWSA birukanwe bitanyuze mu

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo kuri uyu wa gatanu tariki 4/12/2015, ikigo gishinzwe ingufu mu Rwanda (Rwanda Energy Group, REG), abayobozi bacyo bavuze ko amakuru avugwa n’abahoze ari abakozi bayo ko birukanwe bitanyuze mu mucyo atariyo. Ubuyobozi bwa REG buvuga ko kugeza ubu nta mukozi wirukanywe, gusa ngo icyabaye ni uguhagarika abakozi bagasubizwa Minisiteri y’abakozi (MIFOTRA), […]Irambuye

Kwitaba PAC batuzuye byatumye RSSB yangirwa kwisobanura

Kuri uyu wa mbere tariki ya 22 Kamena, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubwishingizi n’Ubwiteganyirize bw’abakozi (RSSB), abayobozi bacyo ntibabashije kwisobanura ku byo bavuzweho na Raporo y’Umugenzuzi w’Imari kuko uretse gukerereza Abadepite ba Komisiyo ishinzwe gukurikirana imari ya Leta (PAC), Umuyobozi wa RSSB, yitabye atari kumwe n’Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi, bityo babasubizayo. Umwe mu bakozi ba RSSB yabwiye […]Irambuye

Bamwe mu bari abakozi ba EWSA bagiye kuryozwa miliyari 50

Muri Raporo y’umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta ndetse n’ubugenzuzi buherutse gukorwa na Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta mu Nteko ishinga amategeko PAC, bigaragara ko icyari ikigo cy’igihugu cy’ingufu,amazi, isuku n’isukura “EWSA” hanyerereye imitungo ya Leta ibarirwa mu maliyari n’amamiliyari, amakuru atugeraho akaba avuga ko ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasabwe kwihutisha ikurikiranwa ry’abagize uruhare […]Irambuye

MININTER, MIDIMAR, EWSA na Police basobanuye iby’izi nkongi

Kuri iki cyumweru tariki 20 Nyakanga, ikiganiro cyatanzwe n’inzego za Leta zirimo Ministeri y’umutekano mu gihugu, Polisi y’igihugu, Ministeri ifite imicuringire y’ibiza mu nshingano basobanuye ko inkongi zimaze iminsi ziba ahatandukanye 60% byazo ziterwa n’umuriro w’amashanyarazi. Iki kiganiro kikirangira hahise humvikana inkongi y’umuriro mu gishanga cy’inganda i Gikondo. Ministre w’umutekano mu gihugu Sheikh Musa Fazil […]Irambuye

PAC isanga ibibazo by’ingufu biterwa n’uko EWSA iyoborwa nabi

17 Nyakanga – Ubwo yamurikiraga Inteko ishinga amategeko raporo ku igenzura yakoze ku kigo cy’Igihugu gishinzwe amazi, amashanyarazi, isuku n’isukura n’ibibazo umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta yagaragaje muri iki kigo, Komisiyo ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’umutungo wa Leta mu Nteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite (PAC) yagaragaje ko ibibazo byavuzwe muri EWSA ntacyigeze gihinduka kubera imiyoborere mibi […]Irambuye

Police, MININFRA, EWSA bashyizeho itsinda ryo guperereza ku nkongi

Nyuma y’inkongi z’umuriro zikomeje kwibasira inyubako zitandukanye mu mujyi wa Kigali ndetse no mu karere ka Rubavu aho yibasiye Gereza y’aka karere, itsinda ry’ibigo na minisiteri birebana n’iki kibazo ni ukuvuga Polisi y’u Rwanda, ikigo gishinzwe ingufu, amazi n’isukura ( EWSA), ikigo gishinzwe imyubakire n’imiturire ndetse na Minisiteri y’ibikorwa Remezo ( MININFRA), rirajwe inshinga no […]Irambuye

Abubaka urugomero i Mushishiro bahawe ukwezi kumwe ko kurangiza

Mu ruzinduko  Minisitiri w’ibikorwa remezo, Prof Lwakabamba Silas   yakoreye   ku rugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo  ruherereye  mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga,  kuri uyu wa gatatu taliki ya 09/07/2014  yasabye  abashinzwe imirimo yo kubaka   uru rugomero  ko  bazaba  barangije bitarenze  uku kwezi kwa Nyakanga. Muri uru rugendo Minisitiri  w’ibikorwa remezo  Professeur  Lwakabamba, hamwe n’abandi […]Irambuye

Isaranganywa ry’amazi mu Mujyi wa Kigali

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gitanga kandi kigakwirakwiza amazi n’amashanyarazi EWSA buramenyesha abafatabuguzi bacyo batuye cyangwa bakorera mu Mujyi wa Kigali ko muri iyi mpeshyi amazi azasaranganywa mu duce dutandukanye mu rwego rwo gusangira amazi make iki kigo gifite ubu. Kubera impamvu z’ubuke bw’aya mazi, iki Kigo cyirasaba Abanyarwanda muri rusange n’abatuye Umujyi wa Kigali by’umwihariko kwirinda […]Irambuye

Muhanga: Abikorera mu gihombo kubera ibura ry’amashanyarazi

Abikorera bo mu mujyi wa Muhanga, batangarije Umuseke ko bafite igihombo gikomeye bari guterwa n’ibura rya hato na hato ry’umuriro, rituma batabasha gukora cyane cyane mu masaha y’umugoroba, barasaba EWSA kugira icyo ibikoraho. Hashize ukwezi kurenga amashanyarazi muri uyu mujyi wa Muhanga ataboneka guhera saa kumi n’imwe (17h) z’umugoroba akagaruka ahagana saa ine za nijoro. […]Irambuye

“Inyerezwa ry’umutungo wa Leta riteye impungenge,” – Umugenzuzi w’Imari ya

Raporo ya 2012-2013 ku ikoreshwa ry’umutungo wa Leta, Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yashyikirije Inteko Nshingamategeko y’u Rwanda kuri uyu wa 26 Gicurasi 2014, EWSA iri ku isonga mu gukora amakosa menshi y’icungamutungo, naho ngo Inyerezwa ry’umutungo wa Leta riteye impungenge. Iyi raporo Umugenzuzi Mukuru w’imari ya Leta yagejeje mu Nteko Nshingamategeko guhera ku isaha […]Irambuye

en_USEnglish