Digiqole ad

Abubaka urugomero i Mushishiro bahawe ukwezi kumwe ko kurangiza

Mu ruzinduko  Minisitiri w’ibikorwa remezo, Prof Lwakabamba Silas   yakoreye   ku rugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo  ruherereye  mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga,  kuri uyu wa gatatu taliki ya 09/07/2014  yasabye  abashinzwe imirimo yo kubaka   uru rugomero  ko  bazaba  barangije bitarenze  uku kwezi kwa Nyakanga.

Min w'ibikorwa remezo Prof Rwakabamba, S.E Isumbingabo E. Francoise n'abashinzwe imirimo y'urugomero
Min w’ibikorwa remezo Prof Lwakabamba, S.E Isumbingabo E. Francoise (Inyuma ye) n’abashinzwe imirimo y’urugomero

Muri uru rugendo Minisitiri  w’ibikorwa remezo  Professeur  Lwakabamba, hamwe n’abandi bayobozi batandukanye barimo n’Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri  Isumbingabo Emma Francoise,  babanje gutambagizwa  imbere no mu mpande z’uru rugomero berekwa  aho imirimo igeze  kugira ngo urugomero rubashe gutanga ingufu z’amashanyarazi.

Mu kiganiro Umunyambanga wa Leta  Isumbingabo  Emma Francoise yagiranye n’umunyamakuru w’Umuseke,  yabajijwe niba ibyo  bemeranyijweho n’abakozi bashinzwe  imirimo y’urugomero bizaba yarangiranye n’ukwezi kwa Nyakanga, aha  Umunyamabanga  wa Leta yavuze ko   habayeho ubushake ku bubaka urugomero  imirimo yaba irangiye.

Mugabo Bosco ushinzwe  kugenzura imirimo y’urugomero avuga ko  hari ibyo batangiye  gukora  birimo kugomera amazi ku buryo bibaha icyizere ko  amazi aramutse  abaye menshi  urugomero rwatanga ingufu z’amashanyarazi  mu gihe cya vuba, gusa  uyu mugabo yirinze kugira icyo avuga  ku bijyanye n’igihe ntarengwa  bahawe  na Minisiteri.

Yagize ati: ” Tugiye gukora ibishoboka byose, turangize imirimo dusabwa, nihagira igihinduka tuzabivuganaho na Minisiteri  ifite ingufu  mu nshingano zayo.’’

Uwamariya Béatrice umunyamabanga Nshingwabikorwa  w’Umurenge wa Mushishiro,  ari  naho uru rugomero ruherereye,  avuga ko   imirimo nirangira  bazaha  amashanyarazi  abaturage  bo mu tugari dutanu  batari bayabona.

Yagize ati:  “Abaturage bacu bakomeje gutegereza ko  urugomero  rwuzura, kubera ko  akagari kamwe konyine ariko gafite amashanyarazi utundi dutanu dusigaye  turi mu bwigunge’’

Imirimo yo kubaka urugomero rwa Nyabarongo  ruri mu murenge wa Mushishiro yatangiye mu mwaka wa 2009,  Abayobozi  ba Minisiteri  y’ibikorwa remezo ndetse  n’aba EWSA bavugaga ko  ruzarangira  muri Mata  uyu mwaka.

Uru rugomero nirwuzura  ruzatanga  ingufu z’amashanyarazi za megawatt 28.  Ibura ry’umuriro w’amashanyarazi  ryateje  ibihombo  bikomeye  abacuruzi kubera ko mu minsi yashize washoboraga kubura umunsi wose i Muhanga.

Birashoboka ko  mu gihe uru rugomero ruzaba rwuzuye rushobora kuzatuma abashoramari n’abanyenganda biyongera ukurikije umuvuduko w’ibikorwa remezo bikomeje kwiyongera mu mujyi wa Muhanga..

Abashinzwe imirimo y'urugomero barereka Miin ibyo bamaze gukora
Abashinzwe imirimo y’urugomero barereka Minisitiri  ibyo bamaze gukora
Aha Minisitiri Prof Rwakabamba yasobanurirwaga aho imirimo y'urugomero igeze
Aha Minisitiri Prof Lwakabamba yasobanurirwaga aho imirimo y’urugomero igeze
Urugomero rwa Nyabarongo
Urugomero rwa Nyabarongo ruri mu murenge wa Mushishiro
Umugezi wa Nyabarongo   haruguru  y'urugomero
Umugezi wa Nyabarongo uru rugomero ruri kubakwaho

MUHIZI Elisee
ububiko.umusekehost.com/MUHANGA

0 Comment

  • Ngo ruzatanga MW 28? Isazi yarongoye urutare iti bizafata ntangara! Aha njye ndi Thomas kuko nirutanga na 14 MW bazaba babaye abagabo..Izi mpuguke zacu za MININFRA ziramenye Nyabarongo ntizabe nka Rukarara, n’izindi zitwara igihugu byinshi nyamara ntizishobore no gutanga 50% zibyo batwijeje mumushinga. Ese buriya koko Nyabarongo izatanga umuriro uruta utangwa na Mukungwa na Ntaruka biteranye? Reka tubitege amaso twe kwiheba ritararenga.

Comments are closed.

en_USEnglish