Tags : Bernard Munyagishari

Bernard Munyagishari ahanishijwe gufungwa BURUNDU

Bernard Munyagishari wari umaze imyaka ine aburana ku byaha bya Jenoside yaregwaga, muri iki gitondo urugereko rw’urukiko rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga rwanzuye ko ahamwa n’icyaha cya Jenoside n’icyaha cyo kwica nk’icyaha kibasiye inyokomuntu bityo ahanishijwe gufungwa burundu. Urugereko rw’urukiko rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranga imbibi ruhamije Munyagishari Bernard icyaha cyo kwica nk’icyaha cya Jenoside, icyaha cyo kwica […]Irambuye

Mu rubanza rwa Munyagishari hakenewe miliyoni 7.6 zo kugera ku

Abunganira Bernard Munyagishari bagaragaje amafaranga bakeneye kuzifashisha mu kugera ku batangabuhamya  bashinjura bamwe bari muri gereza Mpanga,  Musanze na Nyakiriba ndetse n’abari Arusha muri Tanzania. Abunganira Munyagishari mu mategeko bavuga ko ayo mafaranga batse azabafasha mu rugendo rw’ibyumweru bitatu n’iminsi itandatu kugira ngo bagere kuri abo batangabuhamya bashinjira umukiliya wabo. Bavuga ko amafaranga miliyoni 1,5 […]Irambuye

Mu rw’Ikirenga, Munyagishari yikomye Ubushinjacyaha avuga ko bumubeshyera

*Mu rukiko Rukuru ari kuburanishwa adahari, Abatangabuhamya bari kumushinja, *Yajurirye icyemezo ku bavoka bivugwa ko bikuye mu rubanza, yanga kwisobanura, *Yasabaga ko yasemurirwa icyemezo yajuririye kuko cyanditse mu Kinyarwanda, ngo Ntakizi. Munyagishari Bernard ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi no gufata ku ngufu abagore, kuri uyu wa 04 Ukwakira yavuze ko atigeze yanga gusobanurira […]Irambuye

MDK yashinje Munyagishari kwica umuntu UMWE utarahigwaga

*MDK avuga ko Munyagishari yavugaga rikijyana, ngo yakumiriye igitero cyo kwica Abatutsi, *MDE we ngo abantu bishwe na Munyagishari ni batatu, ngo umwe ni we yiyiciye arashe. Umutangabuhamya watanzwe n’Ubushinjacyaha wahawe izina MDK yabwiye Urukiko ko uruhare azi kuri Munyagishari ku byaha bya Jenoside akekwaho ari urupfu rw’umuntu umwe wo mu bwoko butahigwaga. Undi mutangabuhamya […]Irambuye

Munyagishari yanze kwitaba Urukiko, ngo bashatse kumuzana ku ngufu birananirana

*Ku itariki ya 16 yandikiye Urukiko Rukuru arumenyesha ko yikuye (atozongera kwitaba) mu rubanza mu gihe kitazwi, *Muri iki gitondo, yategerejwe mu cyumba cy’Iburanisha arabura, Ubushinjacyaha busaba Urukiko gukomeza Urubanza *Munyagishari yajuririye Urukiko rw’Ikirenga avuga ko yarenganyijwe akamburwa abunganizi be. Mu rubanza Ubushinjacyaha bukurikiranyemo Bernard Munyagishari ibyaha bya Jenoside mu gitondo cyo kuri uyu wa […]Irambuye

Munyagishari uregwa Jenoside yavuze ko ari UmunyeCongo atari UmunyaRwanda

*Mu rukiko rw’Ikirenga Munyagishari arajuririra icyemezo cy’Abavoka bivugwa ko bikuye mu rubanza *Ngo arashaka kubanza gusemurirwa iki cyemezo yajuririye kuko cyanditse mu Kinyarwanda atumva *Ubushinjacyaha buvuga ko atari kunenga icyemezo atacyumvise kuko na Avoka we azi Ikinyarwanda, *Avoka wa Munyagishari (mu rukiko rw’Ikirenga) ati “Jye ndi Avoka sinshinzwe gusemurira Umukiliya wajye.” Bernard Munyagishari ukurikiranyweho ibyaha […]Irambuye

Ubushinjacyaha bwasobanuye imikorerwe y’ibyaha bushinja Munyagishari

*Ubushinjacyaha bwavuze ko Munyagishari ubwe yishe Abatutsi, *Munyagishari kandi ngo yashinze umutwe witwaga “Intarumikwa” wicaga, ugafata abagore n’abakobwa ku ngufu, ndetse ugasahura, *Munyagishari ngo yayoboye ibirero byahitanye benshi, ndetse akagenzura za bariyeri. Kuri uyu wa kane, mu rukiko rukuru, ubushinjacyaha bukuru bwasobanuye ibyaha bushinja Bernard Munyagishari ko yakoze muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Uyu […]Irambuye

Munyagishari “YIHANNYE” Umucamanza usanzwe umuburanisha

*Imvugo “Kwihana Avoka cyangwa Umucamanza” mu manza bivuga “Ukwanga” Bernard Munyagishari ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye Inyokomuntu; kuri uyu wa 15 Nyakanga yihannye (yanze) Umucamanza bituma iburanisha rihita rihagarara. Akinjira mu cyumba cy’Iburanisha; uyu mugabo uburana mu rufaransa (kuva urubanza rwe rwatangira) yinjiranye amahane cyane, abanza guhangana n’Umwanditsi w’Urukiko ubwo Munyagishari yigizagayo […]Irambuye

Ubushinjacyaha burashinja Munyagishari kwanga Abavoka yagenewe

Mu rubanza Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buregamo Bernard Munyagishari ibyaha birimo ibya Jenoside n’ibyibasiye Inyokomuntu; kuri uyu wa 08 Nyakanga; Ubushinjacyaha bwabwiye Urukiko ko kuba uregwa yaranze abunganizi bashya yagenewe bigaragaza ko adakeneye kunganirwa bityo ko Urukiko rukwiye gutegeka ko aburana atunganiwe, cyakora ngo Abavoka yahawe bakagaragara mu iburanisha ku nyungu z’Ubutabera. Nyuma y’aho Me Niyibizi […]Irambuye

Abavoka banze kunganira Munyagishari kuko umushahara bahawe bawugaye

Munyagishari ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi; kuri uyu wa 03 Kamena yasabye Urukiko gutumiza Minisiteri y’Ubutabera, Abamwunganira n’Urugaga rwabo mu Rwanda kugira ngo basobanure ibyavuye mu nama yahuje izi nzego. Abagombaga kunganira uyu mugabo barabyanze nyuma y’inama bagiranye n’abahagarariye ubutabera kuko ngo umushahara bahabwaga basanze ari muto. Yagaragaye mu iburanisha […]Irambuye

en_USEnglish