Israel mu kugabanya amabanga y’ubutasi iha USA kuko Trump ayamena

Abategetsi b’i Tel Aviv barakajwe n’uko Perezida Donald Trump aherutse, mu buryo bw’uburangare, kubwira Abarusiya amwe mu mabanga y’ubutasi US yahawe na Israel yerekeye uburyo Islamic State itegura kuzakoresha za mudasobwa mu bitero by’iterabwoba. Amakuru bivugwa ko Trump yahaye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burusiya Sergey Lavrov hamwe ana Ambasaderi w’u Burusiya i Washington Sergey Kislyak […]Irambuye

Nyabihu: 3 bararegwa kwica muramukazi wabo ngo bamuzungure

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu mu kagari ka Kalimbogo mu murenge wa Rurembo mu karere ka Nyabihu basanze umurambo wa Immaculée Bihoyiki ahitaruye mu mabuye y’ibitare. Abashinjwa kumwica ni baramu be batatu bari basangiye inzoga ejo. Birakekwaho ko bamwishe ngo bazasigarane imitungo y’iwabo kuko ari we gusa muzungura uhari nk’uko bivugwa n’ubuyobozi. Abaturage […]Irambuye

Ubuhanga inzuki zikoresha iyo zigiye guhagarara ku rurabo

Inzuki ni inyamaswa zo mu bwoko bw’inigwahabiri. Ku isi hari amoko y’inzuki 20 000 atuye cyane cyane ku migabane y’Africa na Aziya. Abahanga bemeza ko ubugenge inzuki zikoresha zihagarara ku ndabo iyo zihova biri mu bikorwa bitangaje ku nzuki. Uretse ubuhanga n’ingufu inzuki zikoresha zihova hirya no hino ibintu zikoramo ubuki, abahanga batangajwe n’uburyo zikoresha […]Irambuye

Rwamagana: Yishe umugabo we bapfuye urufunguzo

Philomenee Mukasanga wo mu mudugudu wa  Karama, Akagali ka Bicumbi mu Murenge wa Mwurire, Akarere ka Rwamagana yemereye ubuyobozi bw’Umurenge wa Mwurire ko yaraye yishe umugabo we witwa Abdu Ngendahimana amukubise ikibando mu mutwe nyuma yo gutongana bapfa urufunguzo bari bibagiriwe mu nzu mbere yo kujya gusangira inzoga mu kabari baturanye. Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa […]Irambuye

Donald Trump ari muri Israel kuganira na Netanyahu na Abbas

Kuri uyu wa Mbere nibwo Perezida wa USA Donald Trump yageze ku kibuga cy’indege Ben Gourion kiri Tel Aviv muri Israel aho aje mu rugendo azaganiriramo na Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamin Netanyahu kandi nyuma akazabonana na Perezida wa Palestine Muhammad Abbas. Nirwo ruzinduko rwa mbere akoze kuva yajya k’ubutegetsi muri Ugushyingo 2016 abakurikiranira ibintu […]Irambuye

Abamugaye bagiye kujya bagura Insimbura n’Inyunganira ngingo bifashishije ‘Mutuelle de

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga (NCPD) Emmanuel Ndayisaba yabwiye Umuseke ko vuba aha abafite ubumuga bagiye kujya bishyura insimbura n’inyunganirangingo bakoresheje ubwisungane mu kwivuza ‘Mutuelle de Santé’. Ubusanzwe abafite ubumuga bahuraga n’ikibazo cyo kwiyishyurira insimbura n’inyunganirangingo kubera igiciro cyabyo kiri hejuru. Umwaka ushizeUmunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho myiza muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yari yabwiye […]Irambuye

Ibiti bigufi baconga ni byo bitanga umwuka mwiza mu mijyi

Abahanga bandika mu kinyamakuru  Atmospheric Environment cyandika kuri science bemeza ko ibiti birebire biba bidakenewe cyane mu mijyi kuko birushaho gukora neza akazi ko gukurura umwuka wa carbone iyo biri ahantu hisanzuye hatari inzu nyinshi. Bemeza ko ibiti bigufi bikura bikegerena bikaba byacongwa ari byo bibasha gukurura umwuka mwinshi wanduye uturuka mu nyubako zigize imijyi […]Irambuye

Mu kwezi gutaha Apple irasohora ubwoko bushya bwa MacBooks Pro

MacBooks Pro na MacBooks Air ni ubwoko bwa Laptops bugezweho kubera uko bukoze n’ingufu zabwo mu ugukora akazi vuba. Ikigo gikora ibikoresho by’ikoranabuhanga Apple kirateganya gusohora ubwoko bushya bwa laptops zo mu bwoko bwa MacBooks Pro, ibi ikazabikorera mu imurikagurisha ryiswe Worldwide Developers Conference rizabera ahitwa San Jose muri Kamena, 2017. Bloomberg ivuga ko Apple […]Irambuye

Ibigori Kenya ihunitse ngo abaturage babirya rimwe bigahita bishira

Amakuru atangwa n’Ikigo cya Kenya gihunika kandi kigasaranganya ibinyampeke (National Cereals and Prodice Board) arameza ko mu bigega byabo basigaranye 5 000 090 kg  z’ibigori, ibi bikaba byagaburirwa abatuye kiriya gihugu inshuro imwe nk’manywa gusa bakabirya  bigahita bishira. Imibare yo muri 2015 yatangajwe n’Umuryango w’Abibumbye ivuga ko muri uriya mwaka Kenya yari ituwe n’abaturaga barenga […]Irambuye

Virus ya Wannacry yibasiye isi ngo yakorewe muri N.Korea

Itsinda ry’abahanga mu ikoranabuhanga muri USA, Israel n’u Burusiya kuri uyu wa Mbere basohoye raporo ivuga ko bamaze gusesengura aho virus ya mudasobwa yitwa Wannacry yaturutse bemeza ko yakozwe n’abahanga mu ikoranabuhanga rya mudasobwa bo muri Koreya ya ruguru. Iri tsinda ry’abahanga bo muri Koreya ngo rizwi ku izina rya Lazarus Group  rikorana bya bugufi […]Irambuye

en_USEnglish