Ukwezi kw’Imiyoborere: Abayobozi bakirijwe ibibazo bitari gukemurwa

Mu murenge wa Shyira mu karere ka Nyabihu niho kuri uyu wa gatatu ikigo cy’igihugu cyo guteza imbere imiyoborere myiza, RGB, na Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu batangirije ukwezi kwahariwe imiyoborere, abayobozi bagejejweho ibibazo n’abaturage bavuga ko inzego z’ibanze n’inkiko batabibakemuriye mu gihe kinini gishize. Uku kwezi ngo kwitezweho gutanga umusaruro. Prof Shyaka Anastase uyobora RGB avuga […]Irambuye

Itegeko rishya risa n’iryoroheje “Gutanya abashakanye”

Igazeti ya Leta yo kuwa 12 Nzeri ikubiyemo n’ingingo nshya z’Itegeko Nº 32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu n’umuryango nko kwandikisha ry’umwana wavutse ku babyeyi batashyingiranywe, iby’ishyingirwa, ibyo gutesha agaciro ishyingirwa ndetse n’ibijyanye n’ubutane bw’abashyingiranywe. Aha harimo ingingo zisa n’izoroshya ibijyanye no gutanya abashyingiranywe. Ubu n’abakozi bo mu rugo bashobora gutanga ubuhamya mu rubanza rw’ubutane. […]Irambuye

Burundi: Umusirikare wari ufunze ngo yiyahuje grenade

Umuvugizi w’igipolisi cy’u Burundi Pierre Nkurikiye yatangaje ko ejo saa cyenda n’igice umusirikare witwa Adj Eddy Claude Nyongera  yiyahuye akoresheje grenade ubwo yari mu ibazwa mu rwego rw’igihugu rw’ubutasi. Pierre Nkurikiye yasobanuriye RFI ko uyu musirikare wari ufunze ngo yakekwagaho ibyaha byo guhungabanya umutekano. Avuga ko ubwo yari amaze kubazwa yagiye mu cyumba akabona grenade […]Irambuye

Abdoul Rwatubyaye yibereye i Nyamirambo, ashobora gusubira muri APR FC

Myugariro w’Amavubi Rwatubyaye Abdoul, wasinyiye Rayon sports avuye muri APR FC, biravugwa ko agiye kugurwa na APR FC, kandi ngo Rayon sports yiteguye gutangira ibiganiro. Uyu musore byavugwaga ko yagiye iburayi, ubu ngo ari i Nyamirambo. Tariki 28 Nyakanga 2016 nibwo inkuru itunguranye ivuga ko uyu myugariro witwaye neza mu mwaka ushize w’imikino yavuye muri […]Irambuye

Rulindo: Umukecuru n’umwuzukuru we biciwe mu buriri bajombaguwe ibyuma

Amajyaruguru – Mu ijoro ryo kuwa mbere rishyira kuwa kabiri mu Kagari ka Kamushenyi mu Murenge wa Kisaro mu Karere ka Rulindo, umukecuru n’umwuzukuru we w’imyaka 12 bishwe n’abagizi ba nabi babasanze mu buriri babajombagura ibyuma. Amakuru y’urupfu rwabo, abaturanyi bayamenye mu gitondo kuwa kabiri. Uwishwe ni umukecuru witwa Mukasingirankabo Meleciane n’umwuzukuru we Emelyne Muragijimana  bari […]Irambuye

Maj Dr Rugomwa yakatiwe gufungwa by’agateganyo iminsi 30

Nyamirambo – Umucamanza w’Urukiko rw’ibanze rwa gisirikare yemeje ko Maj Dr Aimable Rugomwa afungwa by’agateganyo iminsi 30. Uyu musirikare w’umuganga aregwa kwica umwana w’umunyeshuri amukubise kugeza apfuye, we ejo yahakanye icyaha avuga ko yarwanye n’umujura. Maj Dr Aimable Rugomwa umuganga mu bitaro bya gisirikare by’u Rwanda i Kanombe aregwanwa ubufatanyacyaha n’umuvandimwe we Mamerto Nsanzimfura. Nsanzimfura […]Irambuye

Ubu 10% by’ava mu bucukuzi azajya ateza imbere abaturiye ibirombe

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa kabiri yemeje uburyo bwo gukoresha igice kimwe cy’umutungo ukomoka ku mabuye y’agaciro mu guteza imbere abaturage baturiye aho acukurwa. Minisiteri y’umutungo kamere (MINIRENA) yatangaje kuri uyu wa gatatu ko bahereye ku 10% by’azajya ava muri ubu bucukuzi. Hamenyerewe 5% by’ava mu bukererugendo ashyirwa mu bikorwa biteza imbere abaturiye za […]Irambuye

Abadepite b’Abongereza baricuza guhirika Col Khadaffi, David Cameron ngo yarabaroshye

Ibihugu by’uburayi ubu byugarijwe n’iterabwoba, ubwoba buri hose hahurira abantu benshi ko Islamic State cyangwa abayishamikiyeho babakoraho amahano. Kuri uyu wa kabiri Abadepite mu Nteko y’Ubwongereza batangaje ko ‘igitekerezo gipfuye’ cya David Cameron cyo kohereza ingabo muri Libya cyavuyemo gusenya igihugu, bikurikirwa n’abimukira benshi no kugira imbaraga kw’iterabwoba na Islamic State. Mu magambo akomeye cyane, komite […]Irambuye

Abadepite ba EALA baje kwiga ku ngengabitekerezo ya Jenoside no

Itsinda ry’abadepite bo mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba ubu bari mu Rwanda aho baje kwiga ku bijyanye n’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibikorwa byo kuyihakana mu karere k’ibiyaga bigari. Iri tsinda rigizwe n’abadepite icyenda, kuri uyu wa kabiri basuye urwibutso ngo barebe amateka ya Jenoside, kuri uyu wa gatatu biteganyijwe ko bahura na zimwe […]Irambuye

en_USEnglish