CID igiye kuva muri Police, ibe ikigo kigenga

Kuri uyu wa kane mu kiganiro n’abanyamakuru ku gusobanura imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yaraye itangajwe, ba Minisitiri Musa Fadhil w’umutekano mu gihugu, Johnston Busingye w’ubutabera na Stella Ford Mugabo minisitiri ushinzwe imirimo y’inama y’Abaminisitiri basobanuye uburyo ishami ry’ubugenzacyaha rya Police y’u Rwanda (CID) rigiye kugirwa ikigo kigenga gishinzwe iperereza gishyirwaho n’itegeko. Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye yavuze […]Irambuye

Kimihurura: Stock y’umushinga IFDC yafashwe n’inkongi ibyarimo birakongoka

Ku gasusuruko kuri uyu wa kane icyumba cy’inyuma mu gikari ku igorofa ikoreramo Librerie Ikirezi mu kagali ka Kamukina Umurenge wa Kimihurura yafashwe n’inkongi ibyari muri iki cyumba gikora nka Stock y’umushinga IFDC birashya cyane, gusa Police itabara kare uyu muriro ntiwakwira inyubako yose. Icyumba cyahiye cyarimo ibikoresho nka Stock y’umushinga IFDC  uri kurangiza imirimo […]Irambuye

Karongi: Urubanza rw’umunyemari Mugambira rwaburanishijwe mu muhezo…

Saa 9h45 z’igitondo kuri uyu wa kane nibwo Urukiko rw’ibanze rwa Bwishyurwa rwari rutangiye kuburanisha urubanza ruregwamo umunyemari Aphrodis Mugambira nyiri Hotel Golf Eden Rock. Nyuma y’akanya gato ariko abari barurimo basohowe byemezwa ko ruburanishwa mu muhezo. Mbere gato, Perezida w’Urukiko yabanje gusoma umwirondoro w’uregwa yasomewe icyaha aregwa cyo “Koshya no gushishikariza abantu ubashora mu […]Irambuye

Muhanga: Abagore 2 bishwe banizwe bajugunywa ahatandukanye mu kagali kamwe

Mu gitondo kare kuri uyu wa kane mu kagali ka Gahogo hatoraguwe imirambo y’abagore babiri bataramenyakana imyirondoro, umwe mu mudugudu wa Nyarucyamo III undi mu mudugudu wa Kavumu. Aba icyo bahuriyeho ni uko bishwe banizwe, birakekwaho ko baba bafitanye isano kuko ngo barajya gusa. Jean Claude Dukuzumuremyi umukuru w’Umudugudu wa Nyarucyamo III AKagali ka Gahogo […]Irambuye

Basketball: U Rwanda rwatsinze Tanzania

Mu mikino ya gisirikare iri kubera mu Rwanda, mu ijoro ryakeye ikipe ya gisirikare y’u Rwanda yatsinze iya Tanzania amanota 78 kuri 64, ikipe ya gisirikare yabifashijwemo cyane n’abasore bamenyerewe muri shampionat nka Shyaka Olivier, Ali Kazingufu, Aristide Mugabe, Elie Kaje n’abandi. Uyu niwo mukino wabanjirije indi muri Basketball ukurikirwa n’uwahuje Kenya yatsinze Uganda amanota […]Irambuye

I Gishamvu abandi bayobozi batatu mu murenge bafashwe

Nyuma yo gutabwa muri yombi k’Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishamvu mu karere ka Huye ashinjwa ibyaha byo kunyereza ibyagenewe gufasha abaturage batishoboye no kudindiza iterambere ry’abaturage uyu munsi hafashwe abandi bayobozi batatu bashinjwa ubufatanyacyaha n’uyu wari umuyobozi w’Umurenge. Abafashwe ni  Felicien Ndagano, Ntakirutimana Jean Boscon ushinzwe irangamimerere (Etat Civil) ndetse n’ushinzwe gucunga umutungo (Secretaire comptable) […]Irambuye

Statut yihariye ya mwalimu igiye gutuma nawe azajya azamuka mu

Rulindo – Kuri uyu wa kabiri ubwo  yatangizaga amahugurwa y’abalimu bashinzwe guhugura abandi mu bijyanye no kwigisha mu rurimi rw’icyongereza nk’ururimi rwigishwamo amasomo yose, Umuyobozi w’ikigo gishinzwe guteza imbere uburezi (REB) yabwiye abalimu ko status yihariye y’abalimu yamaze gusohoka igiye  gutuma mwalimu amera nk’abandi bakozi ba Leta mu kuzamurwa mu ntera no mu mushara hashingiwe […]Irambuye

Global African Investment Summit i Kigali; na Perezida Magufuli ashobora

Inama ya ‘Global African Investment Summit’ igiye guteranira i Kigali ku itariki 5 na 6/09/2016 biteganyijwe ko iyi nama izakirwa na Perezida Kagame muri Kigali Convention Center izitabirwa n’abantu bagera kuri 900 barimo abaperezida b’ibihugu babiri. Biravugwa ko abatumiwe bazaza ari Perezida John Pombe Magufuli wa Tanzania na Perezida Khama Ian Khama Seretse wa Botswana. […]Irambuye

Nyaruguru: Muri Gira Inka, hatanzwe 6 000 izigera ku 119

Francois Habitegeko, umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru avuga ko bamwe mu bayobozi ku nzego z’ibanze batawe muri yombi kubera kutagira ubunyangamugayo mu gishyira mu bikorwa gahunda za Leta nka Gira Inka, gusa yemeza ko nk’iyi gahunda yagenze neza ku kigero cya 99% kuko mu nka 6 000 batanze hanyerejwe 119 kandi ababikoze nabo ngo bari gukurikiranwa […]Irambuye

en_USEnglish