Month: <span>July 2015</span>

Perezida Kagame yasuye ishuri ribanza rya Gishambashayo

Gicumbi – Mbere gato yo kujya ahari hakoraniye abaturage n’abayobozi b’inzego zitangukanye ngo bizihize umunsi wo kwibohora, Perezida Kagame ari kumwe kandi n’abagize umuryango we, yabanje gusura hafi aho mu murenge wa Rubaya ishuri ribanza rya Gishambashayo rybatswe n’ingabo, kimwe n’ibindi bikorwa birimo isoko, ivuriro n’umuhanda wa Gatuna-Rubaya. Asura iri shuri ribanza Perezida Kagame yagaragaje […]Irambuye

Intambara y’amasasu yararangiye – Perezida Kagame

Mu ijambo ry’umunsi wo kwibohora Perezida Kagame yagejeje  ku banyarwanda no ku batuye Umurenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi by’ubwihariko, yavuze ko intambara y’amasasru yarangiye ariko intambara yo kwihesha agaciro no kubaka igihugu igikomeje. Aha muri aka gace niho ingabo za APR zamaze igihe ziba mu gihe cy’urugamba rwo kubohora u Rwanda no guhagarika […]Irambuye

Kamonyi: Abapfakazi biriwe ku gasozi bategereje abaje kubatera inkunga baraheba!

Bamwe mu bapfakazi barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, batuye mu mudugudu wa Nyarunyinya akagari ka Nkingo umurenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi,bavuga ko Unguka Bank yemeye kubatera inkunga ariko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge  yanga ko bayihabwa avuga ko bishoboye. Aba bapfakazi barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bavuze ko bahamagawe na Unguka Bank ikorera muri aka […]Irambuye

Classic Hotel yatanze ubufasha ku barokotse batishoboye ku Kicukiro

Ku gicamunsi cyo kuri  uyu wa gatanu ubuyobozi n’abakozi ba Classic Hotel iherereye mu karere ka Kicukiro mu murenge wa Kicukiro, batanze ubufasha ku barokotse Jenoside batishoboye bo mu murenge wa Kicukiro bugizwe n’ubwisungane mu kwivuza ku bantu 100 ndetse n’imifuka ya Ciment 100 yo gusana inzu zabo zangiritse. Usibye iyi nkunga ku batishoboye, Classic […]Irambuye

Riderman yemeje ko afite ubukwe ariko ahakana invitation yasohotse

Update: Umuhanzi Riderman yabwiye umunyamaku w’Umuseke ko iriya invitation bimaze iminsi bivugwa ko yasohowe na we atari iye. Yemeje ko afite ubukwe, ariko ahakana invitation yasohotse.   Nyuma y’inkuru y’Umuseke ya tariki 11/06/2015 ivuga iby’ubukwe bwa Riderman na Agasaro Farid Nadia uyu muhanzi akabihakana ariko nyuma gato akaza kuvuga ko igihe icyo aricyo cyose yasohora invitation, […]Irambuye

Ubushinjacyaha bugiye gukurikirana Abarundi bakoze Jenoside mu Rwanda

 Jean Bosco Siboyintore ushinzwe gukurikirana abakekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Bushinjacyaha bukuru bwa Repubulika  yabwiye abanyamakuru mu nama yabahuje ko hari kurebwa uburyo Abarundi bakekwaho gukora Jenoside bakurikiranwa. Ubu ngo hari gukusanywa imyirondoro yabo n’ibihamya bifatika byatuma iperereza ritangizwa neza. Siboyintore yasobanuraga icyo Ubushinjacyaha bukuru bwa Repubulika bukora ku byerekeranye no gukurikirana […]Irambuye

Umugabo yarantaye kugira ngo agaruke aransaba kwirukana umwuzukuru wacu

Bavandimwe basomyi ba Umuseke ndagira ngo mumfashe mumpe inama ku kibazo kinkomereye mu rugo rwanjye. Ndi umubyeyi mfite abana b’inkurikirane 8, umukuru muri bo, ni imfura yanjye y’umukobwa yabyariye mu rugo, ariko imyitwarire ye igiye gutuma nsenya. Ikibazo cy’iwanjye cyatangiye umukobwa wanjye aho yakoraga muri restora yabyaranye n’umuhungu udafite amikoro ahagije, yanga umwana bituma twiyemeza […]Irambuye

Musanze: Abasenyewe n’intambi mu myaka 5 ishize barimo abatarishyurwa

Imiryango 34 yiganjemo iri mu mudugudu wa Bwuzure mu kagari ka Cyabararika mu murenge wa Muhoza i Musanze bamwe mu bayigize babwiye Umuseke ko inzu zabo zangijwe n’intambi zaturitswaga bashaka amabuye yo gusana umuhanda Ruhengeri – Gisenyi zitishyuwe, ahubwo ngo hishyuwe inzu z’abifashije kuko ngo bashoboraga kubajyana mu nkiko. Ubuyobozi bwo buhakana ibi bukavuga ko […]Irambuye

en_USEnglish