Digiqole ad

Igihe kirageze ngo duhane ababyeyi bata inshingano zabo – Min. Gasinzigwa

 Igihe kirageze ngo duhane ababyeyi bata inshingano zabo – Min. Gasinzigwa

Minisitiri Oda Gasinzigwa w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango mu murenge wa Nduba muri Gasabo ahizihirijwe umunsi mpuzamahanga w’umugore ku rwego rw’igihugu yatanze ubutumwa ku babyeyi bata inshingano zabo ko habayeho igihe cyo gufasha no guhendahenda ariko ubu igihe kigeze ngo batangire guhana ababyeyi bata inshingano zabo.

Min. Gasinzigwa yamurikiwe ibikorwa aba bgaore bakora ngo bibabesheho
Min. Gasinzigwa yamurikiwe ibikorwa aba bgaore bakora ngo bibabesheho

Minisitiri yagarukaga ku bibazo byugarije umuryango nyarwanda birimo abana batwara inda z’indaro bakiri bato, abana bata amashuri bakajya ku mihanda…ibi byose ngo usanga hari uruhare ruziguye cyangwa rutaziguye rw’ababyeyi babo.

Hon Oda Gasinzigwa yavuze ko ibyo kwegera ababyeyi no kubaganiriza ku nshingano zabo bitavuyeho ariko ko bagiye gutangira kujya bareba ba nyirabayazana b’ibibazo nka biriya b’ababyeyi bakaba babiryozwa, nubwo atavuze mu buryo burambuye uko bizakorwa.

Kuri uyu munsi abagore bafashe ijambo bagarutse ku ntambwe bateye bivana mu bukene babikesheje imiyoborere myiza.

Ubu ngo hari intambwe igaragara imaze guterwa mu buringanire bw’umugore n’umugabo mu miryango ngo nubwo hakiri ibyo gukorwa mu guhindura imyumvire ku batarumva neza ihame ry’uburinganire.

Mu iterambere ry’umugore, ubushakashatsi bwakozwe ngo bwerekana ko 40% by’abagoze amakoperative mu Rwanda ari abagore, naho abagore bangana na 63% bakaba bakorana n’ibigo by’imarimu. Imibare ngo ishimishije kubwa Minisitiri Gasinzigwa.

Kuri uyu wa 08 Werurwe mu Rwanda uyu munsi mpuzamahanga wizihijwe ku nshuro ya 41 ku nsanganyamatsiko igira iti «Twimakaze ihame ry’uburinganire, Turushaho guteza imbere Umugore »

Stephen Rwamurangwa, umuyobozi w’akarere ka Gasabo yavuze ko ihame ry’ uburinganire aka karere kazakomeza kuriteza imbere kuko abagore n’abakobwa bagira uruhare rukomeye cyane mu iterambere ry’ u Rwanda.

Umunsi mpuzamahanga w’ umugore washyizweho n’ Umuryango w’ abibumbye mu mwaka 1972, mu Rwanda ho watangiye kwizihizwa mu 1975.

Abagabo baherekeje abagore babo kuri uyu munsiAbagabo baherekeje abagore babo kuri uyu munsi
Abagabo baherekeje abagore babo kuri uyu munsi
Mayor wa Gasabo ari kumwe na Vice Mayor Judith Kazayire VC Mayor wungirije w'umugi wa kigali ushinzwe imibereho myiza
Mayor wa Gasabo ari kumwe na Vice Mayor Judith Kazayire VC Mayor wungirije w’umugi wa kigali ushinzwe imibereho myiza
Abayobozi munzego zitandukanye bari baje kwizihiza uyu munsi (2)
Abayobozi munzego zitandukanye bari baje kwizihiza uyu munsi
Minisitiri yashimiye umuryango watoranyijwe nk'intangarugero mu mibanire myiza, kwirinda no kurinda abandi amakimbirane
Umuryango wavuze umuvugo usuhuza Minisitiri
Abagore bahize imihigo bayishyikiriza Mayor w'Akarere ka Gasabo
Abagore bahize imihigo bayishyikiriza Mayor w’Akarere ka Gasabo
Nibatesa iyo mihigo ngo ntibazanywa ku nzoga y'abahizi yanyoye abahembwe uyu munsi
Nibatesa iyo mihigo ngo ntibazanywa ku nzoga y’abahizi
Tigo yiyemeje kuzamura umubare w’abagore bakoresha telefoni muri serivisi z’imari, bakava kuri 39 ku ijana bakagera kuri 45% mu mwaka wa 2020.
Tigo yiyemeje kuzamura umubare w’abagore bakoresha telefoni muri serivisi z’imari, bakava kuri 39 ku ijana bakagera kuri 45% mu mwaka wa 2020.
Tongai Maramba umuyobozi wa Tigo Rwanda (ibumoso) ari kumwe Chantal Umutoni Kagame
Tongai Maramba umuyobozi wa Tigo Rwanda (ibumoso) ari kumwe Chantal Umutoni Kagame
Byari ibyishimo kuri uyu munsi wabo
Byari ibyishimo kuri uyu munsi wabo
SSpt Muhabwa na Lt Col Ujeneza bahagagarariye ingabo na Police muri uyu muhango
SSpt Muhabwa na Lt Col Ujeneza bamwe mu baje bahagagarariye ingabo na Police muri uyu muhango
Minisitiri Gasinzigwa ageza ijambo ku baturage b'i Nduba bari baje muri uyu munsi
Minisitiri Gasinzigwa ageza ijambo ku baturage b’i Nduba bari baje muri uyu munsi
Nubwo hari haramutse imvura nyinshi ntibyabujije abasangwa kwitabira ari benshi
Nubwo hari haramutse imvura nyinshi ntibyabujije abasangwa kwitabira ari benshi
Mu bashyitsi harimo abaturutse mu ngabo na Police
Mu bashyitsi harimo abaturutse mu ngabo na Police
Insanganyamatsiko y'uyu munsi
Insanganyamatsiko y’uyu munsi

Photos/J Uwase/Umuseke

Joselyne UWASE
UM– USEKE.RW

2 Comments

  • nibyo rwose

  • Ni byiza rwose kubahana ariko na none n’abayobozi batita ku mibereho myiza yabo bayobora (ubuzima, uburezi n’izindi gahunda zibafasha kuva mu bukene). Kuko kuba ababyeyi batuzuza inshingano zabo n’imwe mu mpamvu nyinshi zugarije umuryango nyarwanda.

Comments are closed.

en_USEnglish