Digiqole ad

i Gabiro: Kagame asanga abiga mu mahanga bavanzwe n’abimbere bakuzuzanya   

 i Gabiro: Kagame asanga abiga mu mahanga bavanzwe n’abimbere bakuzuzanya   

Perezida Paul Kagame agira inama zitandukanye uru rubyiruko rwiga mu mahanga rurangije mu itorero

Kuri uyu wa gatandatu tariki 1/8/2015 Perezida Paul Kagame mu gusoza itorero ry’indangamirwa icyiciro cya 8, yasabye urubyiruko rwiga mu mahanga kujya rushyira imbere ibifite akamaro, ubumenyi buhaha bukaba bwo kububaka no kubaka igihugu cyabo, yanasabye abategura iri torero kureba uko bajya bavanga aba bana biga mu mahanga n’urubyiruko rw’imbere mu gihugu.

Perezida Paul Kagame agira inama zitandukanye uru rubyiruko rwiga mu mahanga rurangije mu itorero
Perezida Paul Kagame agira inama zitandukanye uru rubyiruko rwiga mu mahanga rurangije mu itorero

Iri torero ryatangiye guhera ku itariki 12/7/2015 i Gabiro, ryitabirwa n’urubyiruko rusaga 183 ruturutse mu bihugu 24 byo mu migabane yose ku Isi.

Perezida Paul Kagame yavuze ko kuba barahisemo kuza mu itorero bivuze ko bashaka kuba Abanyarwanda mbere y’ibindi byose, ibindi bikubakiraho.

Yabwiye abiga hanze ko bagiye guhaha  ubumenyi mu gushakira u Rwanda imbuto n’amaboko, abasaba gushyira imbere ibifite akamaro, bakajyanwa n’ibizima, bagahaha ibyubaka kandi byubaka n’igihugu cyabo.

Yagize ati “Kuyungurura ni ukugira ngo tuvunwe n’ibifite akamaro gusa, ibidafite akamaro bye kukuvuna, uba wagiye guhaha ubumenyi, haha ubumenyi bufite akamaro, haha ibintu bikubaka wowe, aho kugira ngo n’utaha numara kugera mu rugo utangire kunyura mu byo watahanye usange 50% utagomba kubyikorera, byakuvuniye iki?”

Kagame yakomeje avuga ko iki gikorwa cy’itorero  kigomba kunozwa kandi ko urubyiruko rwiga mu mahanga rugomba guhabwa amahugurwa ruri kumwe na bagenzi babo biga mu Rwanda kugira ngo ibyo bakora byuzuzanye.

Yaguze ati “Ikindi nagira ngo nibutse ni icyo nifuza ko tuzageraho, abana b’u Rwanda biga hanze mu bihugu byo hanze, ariko ngira ngo byaba byiza bagiye bakorera amahugurwa  na bamwe baba hano mu Rwanda. Naho iyo mubavanguye bakiga bonyine musa nk’aho mubagize abanyamahanga kandi ataribo, ubwo ubutaha byazategurwa neza, ku buryo bajya bavanga n’ababa mu gihugu.”

Mu mpanuro Perezida yagejeje kuri aba bana yabasabye kugira ikinyabupfura no kwirinda ibiyobyabwenge aho baba kuko nyine ngo ibiyobyabwenge byitwa ibiyobya ubwenge. Yavuze ko nta mpamvu yo kujya gushakira ibiyobyabwenge muri km 40 000, kuko ari uguta umwanya.

Kagame ahereye ku iterambere ry’aho ibindi bihugu by’ibihanganjye bigeze, yavuze ko icyabateje imbere ari ugukorera hamwe, asaba uru rubyiruko kwiyumvamo Abanyarwanda mbere y’ibindi byose.

Mu gihe cy’ibyumweru bitatu urubyiruko rwigishijwe byinshi harimo indangagaciro nyarwanda no gukunda igihugu, urubyiruko rwasoje itorerro ry’indangamirwa icyiciro cya 8, rwiyemeje gushishikariza urundi rubyiruko rw’abanyarwandsa rwiga mu mahanga kwitabira itorero rizakurikiraho.

Uru rubyiruko rwanahigiye imbere y’umukuru w’igihugu Paul Kagame kwimakaza gahunda ya Ndi Umunyarwanda bayisobanurira ababa mu mahanga, no kugaragariza abanyamahanga isura nyayo y’ u Rwanda mu rwego rwo kuhasura no kuhashora imari.

Kagame asuhuza umwe mu bana be bari bamaze ibyumweru bibiri mu itorero kimwe n'abandi IAN Kagameamushimira ko arangije neza
Kagame asuhuza umwe mu bana be bari bamaze ibyumweru bibiri mu itorero kimwe n’abandi IAN Kagameamushimira ko arangije neza
Indangamirwa icy'iciro cya 8 zitegereje ko HE Kagame ahagera agasoza itorero
Indangamirwa icy’iciro cya 8 zitegereje ko HE Kagame ahagera agasoza itorero
IAN Kagame warangije amasomo mu itorero ry'igihugu kimwe n'abandi biga hanze y'igihugu
IAN Kagame warangije amasomo mu itorero ry’igihugu kimwe n’abandi biga hanze y’igihugu
Minisitiri w'ingabo Gen James Kabarebe aganira na Col Twahirwa Dodo umuyobozi wa RFTC
Minisitiri w’ingabo Gen James Kabarebe aganira na Col Twahirwa Dodo umuyobozi wa RFTC
Minisitiri w'Urubyiruko n'ikoranabuhanga aganira na Minisitiri w'Uburezi Dr Musafiri Papias bose bafite aho bahurira n'urubyiruko
Minisitiri w’Urubyiruko n’ikoranabuhanga aganira na Minisitiri w’Uburezi Dr Musafiri Papias bose bafite aho bahurira n’urubyiruko
Dr. Vincent Biruta na we ari mu bayobozi bakuru bari bitabiriye iki gikorwa
Dr. Vincent Biruta na we ari mu bayobozi bakuru bari bitabiriye iki gikorwa
Minisitiri w'Ubutegetsi bw'igihugu Francis Kaboneka  na Minisitiri w'Umuco na Siporo Uwacu Julienne baganira
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka na Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne baganira
Perezida Kagame amaze kuhagera
Perezida Kagame amaze kuhagera
Indangamirwa zitangira kumwereka ibyo zize
Indangamirwa zitangira kumwereka ibyo zize
Abanyeshuri bize ibintu bitandukanye barabyerekana
Abanyeshuri bize ibintu bitandukanye barabyerekana
Aba bakobwa nabo barerekana ko igihe bamaze i Gabiro kitapfuye ubusa
Aba bakobwa nabo barerekana ko igihe bamaze i Gabiro kitapfuye ubusa
Indangamirwa ziyemeje kuba Abanyarwanda nyabo no gukora ubuvugizi mu mahanga aho biga
Indangamirwa ziyemeje kuba Abanyarwanda nyabo no gukora ubuvugizi mu mahanga aho biga
Ibyo bize harimo imyitozo myinshi
Ibyo bize harimo imyitozo myinshi
Bamwe mu babyeyi bari bitabiriye umuhango
Bamwe mu babyeyi bari bitabiriye umuhango
Bishimiye ko abana babo hari ibyo bize kandi bari kwerekana
Bishimiye ko abana babo hari ibyo bize kandi bari kwerekana
Intore zirareba ko ibyo zigishije bitabaye amasigara cyicaro
Intore zirareba ko ibyo zigishije bitabaye amasigara cyicaro
Umunyeshuri wiga mu mahanga arareba ko ibyo bagenzi be bakora ari ibyo bigishijwe
Umunyeshuri wiga mu mahanga arareba ko ibyo bagenzi be bakora ari ibyo bigishijwe
Rucagu Boniface, Umutahira mukuru yahawe umukoro wo kureba uko ubutaha abiga mu mahanga bazajya bakorana itorero n'ibimbere mu gihugu kuko ngo byarushaho gutanga umusaruro
Rucagu Boniface, Umutahira mukuru yahawe umukoro wo kureba uko ubutaha abiga mu mahanga bazajya bakorana itorero n’ibimbere mu gihugu kuko ngo byarushaho gutanga umusaruro
Perezida Paul Kagame mu ifoto y'urwibutso n'abanyeshuri barangije
Perezida Paul Kagame mu ifoto y’urwibutso n’abanyeshuri barangije
Kagame yifotoranyije n'abanyeshuri bose barangije itorero
Kagame yifotoranyije n’abanyeshuri bose barangije itorero

Amafoto/Rubangura Sadiki/UM– USEKE

Daddy Sadiki Rubangura
UM– USEKE.RW

3 Comments

  • Turashima umukuru wi Igihugu kko nkumuntu byongeye nku muyobozi mukuru ntako aba atagize gsa abitwa ko bafatikanyije ibikorwa harigihe bashyiramo icyintu na kwita nkubuswa nkakunda yuko Przd abibona ntabiceceke kko niba icyo Itorero ryimirije cyizwi , ntiharamenyekana icyimirijwe muguhitamo abarijyamo kko ijoro na mankwa hakorwa ubukangura mbaga bushishikariza abana bu Rwanda kuza mutorero baza bamwe bakabemerera abandi baka basubizayo hatitawe kumwanya abasubijweyo baba bataye ubuse kutajyira gahunda no kutijyiramo kunoza ku Torero ryitwa ko rimaze imyaka 8 byakwitwa icyi ? Abo ugiye kwigisha c ubugisha icyi mugihe inyungu zawe uzivana mukwangiza igihe cyabandi na byose tubyite ubu Tore ibi mbivugiye yuko harabana biga mu Mahanga basubijwe inyuma kuri Stade Amahoro abandi basuzwayo ubwo bari bageze Igabiro , ibaze nawe imikorere nkiyi ,ubuse konshimye ko harabo mwacyiye mukabatoza ubu Tore mudafite, ubwo abo mwasubijeyo mucyeka ko bajyanye iyihe nkuru imusozi .

  • @wowe wiyise ukuri nuko ibyo uvuze ntabwo byumvikana!
    None se abo banyeshuri bakubwiye cg wamenyeko basubirijweyo iki?

  • byaba bimeze neza cyane hagiyeho guhuza abava mu Rwanda ndetse naba baba mu mahanga maze bagasangira byinshi byanatuma itorero rigenda neza cyane. Icyo nkundira intore izirusha intambwe aba yabibonye

Comments are closed.

en_USEnglish