Month: <span>August 2013</span>

Ray Music nyuma yo guhagarikwa n’ubuyobozi igiye kugaruka ihita ihindura

Inzu itunganya muzika izwi nka “Ray Music” yari imaze iminsi yarahagaritswe n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Rwezamenyo ikoreramo bayishinja guteza umutekano mucye cyane ko iteganye n’ibiro by’ubuyobozi bw’umurenge, igiye kongera kugaruka ariko izahita ihindura izina. Ray Music yarakorewemo indirimbo zitandukanye nka “Bagupfusha ubusa, Bibaye, Simubure” n’izindi zagiye zikundwa cyane hano mu Rwanda. Rugema Paul bakunzwe kwita Ray P ari […]Irambuye

Uganda: Gen Sejusa na Kizza Besigye bahuriye i London

Abakurikirana ibyo mu karere bazi neza ko aba bagabo bombi batumva ibintu kimwe na Perezida Museveni wa Uganda. Ikinyamakuru The Monitor cya Uganda kiravuga ko uyu muganga n’uyu musirikare baba bahuriye i London bakaganira. Aba bagabo bari hafi ya Museveni kuva mu 1986, ngo baherutse guhurira i Londres mu u Bwongereza nubwo ngo ibyo baganiriye […]Irambuye

Ibirarane byaba "Mentors" bikomeje kuba ikibazo

Nubwo abafasha b’ababarimu mu rurimi rw’icyongereza bazwi nka “Mentors” bagiye kujya bahembwa na MIFOTRA bityo bikazakemura ikibazo cyo kwishyurwa nabi bahoraga bijujutira, ngo n’ubundi bazishima ari uko bishyuwe ibirarane byabo by’amezi agera kuri atatu. Ubusanzwe “mentors” bagiranye amasezerano y’akazi n’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe uburezi (REB), mu kwezi gushize bari bagiye gutanga ikibazo cyabo muri Minisiteri […]Irambuye

Pre-Season: Mukura VS na Esperance FC zipimye

Ikipe ya Mukura Victor Sport nayo yatangiye imyitozo yo kwitegura shampionat  nk’andi ya Rayon Sports, Kiyovu Sports n’izindi. Mu rwego rwo kureba uko ihagaze yakinnye  umukino wa gicuti n’ikipe ya Esperence izamutse mu kiciro cya mbere uyu mwaka kuri uyu wa gatandatu. Mukura Victory Sport yakinnye n’ikipe ya Esperance kuri Stade Mumena i Nyamirambo, umukino […]Irambuye

Shampiyona mu Bwongereza, ubushobozi buke kuri Arsenal

Kuri uyu wa gatandatu ni bwo Shampiyona mu gihugu cy’Ubwongereza, English Premier League 2013-2014 yatangiye, amakipe amwe yitwaye neza, Liverpool na Manchester United zatsinze imikino yazo, Arsenal ku kibuga cyayo ihanyagirirwa ibitego 3-1 na Aston Villa. Ikipe yatunguwe, ikanatungura benshi ni ikipe y’Arsenal y’umutoza Arsène Wenger yatsinzwe na Aston Villa ku kibuga cyayo cya Emirates. […]Irambuye

Muhanga- Abana 3 000 babana n’ubumuga basubijwe mu ishuri

Umuyobozi w’umushinga ukorera ku mahame n’ibipimo by’uburezi budaheza muri Handicap International, yabitangarije mu nama yamuhuje n’abayobozi b’uburezi  mu turere twa Muhanga na Kamonyi. Murenzi Vincent umuyobozi w’umushinga yavuze ko iyi nama igamije kurebera hamwe ibyakozwe mu gihe cy’imyaka ine ishize, kuva gahunda itangiye mu turere twa Muhanga na Kamonyi. Inama yari igamije kurebera hamwe ibyiza […]Irambuye

Carmelo Flores ku myaka 123 ni we muntu ukuze cyane

Carmelo Flores Laura umusaza utuye mu misozi yo mu gihugu cya Volivia agomba kuba ariwe muntu ushyaje cyane ku si kuko ubuyobozi bwo mu gihugu cye  buvuga ko mu kwezi gushize kwa Nyakanga aribwo yujuje imyaka 123. Uyu musaza uvuka mu misozi ya Aymara, Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika AP byanditse ko nubwo ashaje cyane nta kibazo […]Irambuye

“Urarushya nka Save”, “Wumva nka Save” iyi mvugo yavuye he?

Save ni umusozi uherereye mu akarere ka Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo ubu. Save izwi cyane mu mateka y’ u Rwanda nk’agace katuwe n’abantu bahoraga mu mahane y’ urudaca ku buryo hahoraga  imirwano hagati y’abagatuye. Mu gihe  cy’ umwaduko w’abapadiri b’abamisiyoneri  umusozi wa Save niwo watanzwe n’umwami Musinga awuha abapadiri yanga ko batura mu gihugu rwagati. […]Irambuye

Kuringaniza urubyaro bigiye gukorerwa mu midugudu

Biratangazwa na Dr Kagabo Léonard, umuyobozi ushinzwe gahunda yo kuboneza urubyaro muri Minisiteri y’Ubuzima, mu nama yamuhuje n’inzego zitandukanye zikorera mu Karere ka Muhanga zifite aho zihurira n’ubuzima. Mu nama yateranye kuwa 16/08/2013 ,uyu muyobozi yavuze ko bagiye kwegereza abaturage bimwe mu bikorwa by’ubuzima byaberaga  mu bigo nderabuzima. Dr Kagabo yavuze ko impamvu nyamukuru yatumye […]Irambuye

Kuwa 17 Kanama 2013

Kubahiriza igihe bikomeje kuba ikibazo kuri benshi mu Rwanda, nubwo umubare munini w’abitwa ko basobanutse baba bambaye amasaha ku maboko yabo. Abayambara bayambaramo iki ko benshi batayubahiriza? Niba nawe ufite ifoto YAWE WIFATIYE ifite ubusobanuro ukaba ushaka kuyisangiza abasomyi b’umuseke.rw yohereze kuri [email protected] Photo/P Muzogeye UM– USEKE.RW  Irambuye

en_USEnglish