Digiqole ad

Muhanga: Abikorera noneho bemeye gufatanya kubaka isoko

 Muhanga: Abikorera noneho bemeye gufatanya kubaka isoko

Imirimo yo kubaka isoko rigezweho rya Muhanga yatangiye.

Mu nama  yahuje  ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere, ubw’Akarere ka Muhanga, urugaga rw’abikorera  n’inzobere  ziturutse mu gihugu  cya Singapore, UWAMARIYA Béatrice umuyobozi w’Akarere ka Muhanga yatangaje ko  kuba abikorera bagiye gutangira imirimo yo kubaka isoko byerekana ko ubufatanye bw’abikorera bushoboka.

Imirimo yo kubaka isoko rya Muhanga yatangiye.
Imirimo yo kubaka isoko rigezweho rya Muhanga yatangiye.

Iyi nama yahuje izi nzego igamije kurebera hamwe  uko amahirwe  ari mu karere ka Muhanga aramutse akoreshejwe neza yateza imbere umujyi wa Muhanga ndetse n’Akarere muri rusange.

Muri yi nama kandi  abikorera babanje kwerekana  zimwe mu nzitizi  bagiye bahura nazo  zatumaga badatera imbere zirimo kudafatanya kw’abikorera ahubwo ugasanga bakora nka ba nyamwigendaho.

Uwamariya  Béatrice  avuga ko igihe kigeze  ngo noneho abikorera  bumve ko gukorera hamwe ari yo nzira yonyine izatuma  batera imbere bakanateza  imbere Akarere ka Muhanga batuyemo.

Uyu muyobozi avuga ko aba bikorera nibuzuza iri soko bizaba ari ikimenyetso cyiza cy’ubufatanye mu iterambere.

KIMONYO Juvénal, Perezida w’urugaga rw’abikorera mu karere ka Muhanga, avuga ko  imigabane bamwe mu bikorera bamaze gushyira mu bikorwa byo kubaka isoko  ari byo bizatuma  n’abimukira mu mujyi wa Kigali  baza gushora imari kubera ko ngo ari igikorwa cyunguka, akavuga ko  kuri ubu bari gukora ubukangurambaga  mu kumvikanisha  iterambere ry’Akarere n’uruhare abikorera bagomba kurigiramo baramutse bafatanyije.

Ambasaderi FATUMA Ndangiza umuyobozi wungirije w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere(RGB) avuga ko  kuba  Akarere ka Muhanga kari hafi y’umujyi wa Kigali bikwiye kubera amahirwe abahatuye yo kubaka ibikorwaremezo bigamije kureshya  abanyamahanga n’abandi bashoramari batandukanye  bo mu Rwanda ku buryo gukorera  muri uyu mujyi  byaborohera.

Amb Fatuma ati “Mu Rwanda  hari imiyoborere myiza, hari umutekano n’iyihe mpamvu yatuma  mudakora ngo muteze imbere Akarere kanyu   mugendeye kuri ayo mahirwe igihugu kibaha?»

Abikorera  40 bo mu karere  ka Muhanga bamaze gutanga miliyoni  ijana z’amafaranga y’u Rwanda zo kubaka isoko rya kijyambere.

KIMONYO akavuga ko  hari n’izindi miliyoni 50  Akarere ka Muhanga kagiye kubaha, akizera ko  mu gihe cya vuba  hari abandi bikorera bazaba batanze  andi mafaranga.

Inzobere  zo mu gihugu cya Singapore  zabwiye abitabiriye inama  ko  iterambere  rishoboka  mu gihe cyose  hari ubushake n’ubufatanye kandi u Rwanda rufite amahirwe menshi yo kubigeraho kubera imiyoborere myiza ikomeye cyane intego yo gutera imbere.

Aha inzobere zo muri Singapore mu matsinda ziragira inama abikorera uko bakora ngo barusheho kwiteza imbere banateza imbere Akarere kabo
Mu matsinda, aha inzobere zo muri Singapore ziragira inama abikorera uko bakora ngo barusheho kwiteza imbere banateza imbere Akarere kabo
Amb Fatuma ndangiza (uhagaze)   DEVADAS  Krishnadas wo muri Singapore na Meya UWAMARIYA  Béatrice.
Amb Fatuma ndangiza (uhagaze) DEVADAS Krishnadas wo muri Singapore na Meya UWAMARIYA Béatrice.

MUHIZI ELISEE
UM– USEKE.RW/Muhanga 

4 Comments

  • wenda ubwo haje ubuyobozi bushya bwumva abaturage bizashoboka

  • Mu by’ukuri u Rwanda rufite potentials nyinshi z’iterambere ariko ikomeye cyane kuruta izindi ni amahoro n’umutekano duhawe n’ubuyobozi bwiza.
    Business people nimuhaguruke duteze imbere u Rwanda

    • watangiye interuro yawe neza ariko urabyishe uri kurangiza.Ariko ikomeye cyane kuruta izindi.Ni demokarasi isesuye kuko ariyo musingi w’amahoro n’umutekano urambye.Uti kuki mvuze ibyo? Kadafi, Mobutu Habyarimana, Boigny, ntabwo bari barubatse bike ariko byose barabituriye kumanywa yihangu.

  • kbsa courage kuri madam mayor mushya nakomereze aho ateze umjjyi imbere twese cyane cyane mubikorwa remezo; kdi abikorera ubushobozi barabufite kbsa; nange ndateganya kuza kuhakorera

Comments are closed.

en_USEnglish