Digiqole ad

Ndera: Imibereho ku gasanteri ko ku Gisima

 Ndera: Imibereho ku gasanteri ko ku Gisima

Umusaza Myasiro Zariyasi ngo buri uko ahinguye aza gusoma kuri aka gacupa kagura amafaranga y’u Rwanda 150 gusa.

Ku Gasima ni agasanteri ni agasanteri kari ku mbibe z’Umurenge wa Ndera n’uwa Bumbogo, mu Karere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali, hakaba ahantu hashyuha cyane ndetse harimo kugenda hatera imbere nubwo ari icyaro cy’umujyi.

Umusaza Myasiro Zariyasi ngo buri uko ahinguye aza gusoma kuri aka gacupa kagura amafaranga y'u Rwanda 150 gusa.
Umusaza Myasiro Zariyasi ngo buri uko ahinguye aza gusoma kuri aka gacupa kagura amafaranga y’u Rwanda 150 gusa.

Kuva i Remera muri Gare ugerayo na bus (bisi) rusange zitwara abagenzi ni amafaranga y’u Rwanda 300, bus zererezayo niho zikatira nubwo umuhanda waho utarashyirwamo kaburimbo.

Kegeranye na Seminari nto y’i Ndera, ibitaro, ibiro by’umurenge wa Ndera, amashuri, n’ibindi habikorwaremezo.

Abatuye aka gace bavuga ko barya bahashye kubera ko amasambu yaho yamaze kugurwa n’abakire bayashyizemo amafamu yo kororeramo, ahandi hakaba hari ibibanza bizubakwamo ku buryo ngo igice basigaranye cyo guhingamo ari gito cyane.

Agasanteri kari hirya gato y'Iseminari nto ya Ndera.
Agasanteri kari hirya gato y’Iseminari nto ya Ndera.

 

Agasoko bita aka “Musave”

Ukigera ku gasanteri, hari isoko rito riri mu mudugudu wa Rugezi bita irya “TV1” kuko ngo ariyo irimo kuribavugururira. Kugeza ubu iri soko rirema gatatu mu cyumweru (kuwa kabiri, kuwa kane no ku cyumweru), ubu riremera mu Mudugudu wa Runyonza, mu Kagari ka Kibenga.

Iri soko barikuwemo ngo mumpera z’umwaka wa 2014, babwirwa ko kwezi kwa Gicurasi 20015 bazaba baririmo, none kugeza n’ubu ntibaremererwa kurikoreramo.

Muhawenimana Providence, ucururiza isombe arangura Gikomero, avuga ko abasha kunguka kuko abona abakiliya bahagije kuko abantu bo muri aka gace bahaha cyane.

Abakorera muri iri soko rito ngo bahakura inyungu ituma bitunga.
Abakorera muri iri soko rito ngo bahakura inyungu ituma bitunga.

Abakorera muri iri soko ubu ricumbitse mu kibanza cy’Ababikira barasa gukurwa mu rujijo kuko ngo nyuma yo gukurwa aho bakoreraga mbere babwirwako bagiye kuvugururirwa isoko ngo bakazarigarukamo muri Gicurasi 2015, ubu ngo umwaka ugiye gushira batarasubizwa mu isoko.

Bubatse hariya turi hanze baravuga ngo reka butubakire tuzarijyemo, ejobundi babara ahazaca umuhanda twumva ko naho hatanzwe, ntituzi rero amaherezo, ikifuzo ni icyo kuduha isoko imvura yagwa tukugama kuko ubu iyo imvura iguye hano haruzura. Yaba izuba n’imvura bitwicira imyenda, bigatuma tutagera ku musaruro tuba twiteze.”

Kubona umurimo ntibyoroshye

Abatuye mu kagari ka Kibenga, ari naho igice kinini cy’agasanteri ko ku Gasima kibariza, bavuga ko kubona umurimo bitoroshye kuko ngo abafite imbaraga bajya gushaka imirimo mu gice cy’inganda begeranye, abatabishoboye bakora ubuhinzi, ubunyonzi, ubumotari, ubucuruzi, bagakora mu bwubatsi, n’indi mirimo ishamikiye ku gasanteri gahari, uretse ko hari n’abahataha bakora mu bindi bice by’Umujyi wa Kigali.

Aha ngo habarizwa urubyiruko rwinshi rudafite akazi, ndetse bamwe bakanakeka ko arirwo rwaba rwihishe inyuma y’ubujura bukunze kuhagaragara.

Uwimana Jean Damascene, amaze imyaka itatu (3) akora umwuga wo gutwara abagenzi ku igare; Umwuga we ngo wagendaga neza taxi (tagisi) zitaratangira kuhakora ingendo na moto zitaraba nyinshi, ku buryo ngo yashoboraga nko kwinjiza amafaranga ibihumbi bitanu (frw 5 000) ku munsi.

Ati “Ubu ni ugutoraguriza, ukabona macye yo gutunga umuntu kugira ngo adasonza. Ubu ntawukirenza ibihumbi bitatu nabwo ku munsi w’isoko, ariko iyo byanze byibura utahana nk’igihumbi kimwe.”

Uwimana Jean Damascene
Uwimana Jean Damascene

Mu gihe amaze akora aka kazi, ngo bituma “atandagara, kutifuza ipantaro cyangwa isabune ngo ayibure. Mu by’ukuri karamvuna ariko karantunze, mbasha kubona icyo gihumbi nkagikuramo icyo kurya nta kibazo. Binyuze mu kimina mbamo nabashije no kwigurira ikibanza cy’ibihumbi 200.”

Uyu asaba urubyiruko rwize n’urutarize rugenzi rwe kwihangira imirimo, “bakagerageza umurimo uwo ariwo wose ntibavuge ngo umurimo uyu n’uyu uragayitse akawukora uko umeze kandi awukunze byabarinda gushomera/kubura imirimo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ndera, Ndanga Patrice avuga ko muri rusange bafite gahunda yo guhangira imirimo abaturage nk’uko bisanzwe muri gahunda za Leta.

Ati “Tugira n’amahirwe hari inganda zaje zikoramo 90% b’urubyiruko rwa hano muri Ndera,…hakora urubyiruko rwinshi cyane. Hari n’isoko ryuzuye ku Murindi rizaha imirimo imirimo inyuranye urubyiruko rutari munsi ya 400, hari abanyonzi, abamotari,…”

Imyidagaduro ku rubyiruko

Muri aka kagari ka Kibenga ngo nta kibuga cy’umupira w’amaguru, aho kubyinira, isomer, cyangwa ikindi gikorwa remezo icyo aricyo cyose cyabafasha kwidagadura.

Rwibuka Emmanuel, avuga ko urubyiruko rwinshi rwo ku gasanteri ko ku Gasima rushyira imbaraga ku gushaka amafaranga kuruta kwinezeza.

Ati “Inaha abakeneye kuryoshya bajya hirya Ndera (hegereye kaburimbo), Remera no mu Mujyi, kuko hano hari n’imodoka zijyayo.”

Kuri aka gasanteri ariko hanagaragara utubari tw’abifite bashobora kwisengerera ka rufuro (inzoga zipfundikiye). Hakaba ariko n’utubari ducuruza ibinyobwa by’abafite ubushobozi bucye nk’ikigage, urwagwa n’utuyoga duto duciriritse.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ndera, Ndanga Patrice arizeza urubyiruko ko hari amahirwe menshi abazanira imirimo arimo kuza.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ndera, Ndanga Patrice arizeza urubyiruko ko hari amahirwe menshi abazanira imirimo arimo kuza.
Umurenge wa Ndera ni umwe mu Mirenge y'Umujyi wa Kagali, ariko ifite igice kinini cy'icyaro.
Umurenge wa Ndera ni umwe mu Mirenge y’Umujyi wa Kagali, ariko ifite igice kinini cy’icyaro.
Mbere yo kugera ku gasanteri ko kugasima uca ku rusengero rwiza cyane.
Mbere yo kugera ku gasanteri ko kugasima uca ku rusengero rwiza cyane.
Agasoko (isoko rito) bita aka “Musave” kari ku ntangiriro z'agasanteri ko Kugasima.
Agasoko (isoko rito) bita aka “Musave” kari ku ntangiriro z’agasanteri ko Kugasima.
Abakorera muri aka gasoko ngo babangamirwa cyane n'imvura, n'izuba ryaba ryinshi rikabangiriza ibicuruzwa.
Abakorera muri aka gasoko ngo babangamirwa cyane n’imvura, n’izuba ryaba ryinshi rikabangiriza ibicuruzwa.
Bisunga imitaka kugira ngo bahangane n'izuba.
Bisunga imitaka kugira ngo bahangane n’izuba.
Iri soko rirema gatatu mu cyumweru ngo babonye isoko ryubakiye bajya bakora buri munsi.
Iri soko rirema gatatu mu cyumweru ngo babonye isoko ryubakiye bajya bakora buri munsi.
Isoko bita irya TV1 bamaze hafi umwaka bategereje kwemererwa kurikoreramo.
Isoko bita irya TV1 bamaze hafi umwaka bategereje kwemererwa kurikoreramo.
Abakorera kuri aka gasanteri bifuza umuhanda wa kaburimbo.
Abakorera kuri aka gasanteri bifuza umuhanda wa kaburimbo.
Kuri aka gasanteri haboneka ibicuruzwa hafi ya byose.
Kuri aka gasanteri haboneka ibicuruzwa hafi ya byose.
Imodoka nini n'into za Kompanyi itwara abagenzi ya KBS zikatira Kugasima.
Imodoka nini n’into za Kompanyi itwara abagenzi ya KBS zikatira Kugasima.
Ku gasanteri ukeneye icyo kurya, icyo nywa n'imiti nayo ntibigusaba kujya kure.
Ku gasanteri ukeneye icyo kurya, icyo nywa n’imiti nayo ntibigusaba kujya kure.
Hari akabari gaciriritse gacuruza ikigage n'urwaga, ku buryo n'abadafite ubushobozi bwo hejuru baticwa n'inyota.
Hari akabari gaciriritse gacuruza ikigage n’urwaga, ku buryo n’abadafite ubushobozi bwo hejuru baticwa n’inyota.
Aka kabari gaciritse nta zina kagira, ariko gafite ibibabi by'igiti cy'Umuhate kigaragaza ko bacuruza ikigage.
Aka kabari gaciritse nta zina kagira, ariko gafite ibibabi by’igiti cy’Umuhate kigaragaza ko bacuruza ikigage.
Aha n'ubwo hitiranwa na Studio ikora umuziki y'Umuhanzi Riderman, bo barafotora.
Aha n’ubwo hitiranwa na Studio ikora umuziki y’Umuhanzi Riderman, bo barafotora.
Abakuru n'abato mu kabari gaciritse basangira ku gacupa bita "Agashyinguracumu" kagura amafaranga 150.
Abakuru n’abato mu kabari gaciritse basangira ku gacupa bita “Agashyinguracumu” kagura amafaranga 150.
Ku gasanteri neza neza kandi hagaragara urusengero rw'Itorero rya ADEPR.
Ku gasanteri neza neza kandi hagaragara urusengero rw’Itorero rya ADEPR.
Rwibuka Emmanuel ukora ku bubiko bw'amakara ngo akora yizigamira kugira ngo azagire icyo yimarira mu gihe kiri imbere.
Rwibuka Emmanuel ukora ku bubiko bw’amakara ngo akora yizigamira kugira ngo azagire icyo yimarira mu gihe kiri imbere.
Ingabire Deborah, umugore umaze imyaka ITANDATU yogosha, nawe akorara muri Salon iri ku gasanteri neza neza.
Ingabire Deborah, umugore umaze imyaka ITANDATU yogosha, nawe akorara muri Salon iri ku gasanteri neza neza.
Salon Jean Claude Bigirimana n'umugore we Ingabire Deborah bakoreramo.
Salon Jean Claude Bigirimana n’umugore we Ingabire Deborah bakoreramo.
Uyu mwana w'umuhungu witwa Remmy atwaye ibigori ku modoka ye yikoreye.
Uyu mwana w’umuhungu witwa Remmy atwaye ibigori ku modoka ye yikoreye.
Ibigori yari agiye kotsa yari abitwaye ku modoka ye n'ibyishimo byinshi.
Ibigori yari agiye kotsa yari abitwaye ku modoka ye n’ibyishimo byinshi.

Vénuste KAMANZI
UM– USEKE.RW

6 Comments

  • good news!

  • Abantu bajyaga bavugako iyuvuye Kigali wibaza niba ukiri mu Rwanda none ndabyiboneye.Ngiyo vision 2020 mumyaka 3 tuzaba tugezemo.

  • Umuseke murakoze kujya mutugezaho amakuru yiwacu mu cyaro.

  • Dushakako zikomeza zikagera nokuyindi canter irihirya twabuze imodoka

  • Ahubwo mbona uyumwana ikimurimo kigaragara,mugihe abandi bateranya ibivuye japan nahandi nyamara Remmy akatangiye kwikorera iyebwite ahereye kukajirikan kabuto ni cuparyamavuta,ndetse iyurebyeneza ubona iyimodoka ya Remmy ifite ishusho yindege, rero nkunvako abana bagaraza ibibarimo bakwiye gukurikiranwa duhereye kubintu bito bakora.

  • Ibiro by’umurenge wa Ndera biherereye he? Mumfashe mundangire!

Comments are closed.

en_USEnglish